Friday, October 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyatumye isomwa ry’urubanza rwa Bamporiki risubikwa

radiotv10by radiotv10
16/01/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hamenyekanye icyatumye isomwa ry’urubanza rwa Bamporiki risubikwa
Share on FacebookShare on Twitter

Isomwa ry’urubanza rw’ubujurire ruregwamo Hon Bamporiki Edouard wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda ubu ukurikiranyweho ibyaha birimo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, ryasubitswe.

Isomwa ry’uru rubanza rw’ubujurire ryari riteganyijwe kuri uyu wa Mbere tariki 16 Mutarama 2023, saa munani ku cyicaro cy’Urukiko Rukuru rwaburanishije ubu bujurire.

Amakuru yamenyekanye muri aya masaha, ni uko isomwa ry’uru rubanza ryasubitswe rikimurirwa mu cyumweru gitaha tariki 23 Mutarama 2023.

Umuvugizi w’Inkiko zo mu Rwanda, Mutabazi Harrison yatangaje ko gusubika iri somwa, byaturutse ku kuba Inteko y’Urukiko yaburanishije uru rubanza itararangiza imirimo yo kurusuzuma.

Mu rubanza rw’ubujurire rwabaye tariki 19 Ukuboza 2022, Bamporiki yari yongeye gutakambira Urukiko Rukuru, arusaba imbabazi kuko ibyo yakoze yahemutse ntashyiremo ubushishozi, akemera kwakira inkonke y’amafaranga.

Yaburanaga ubujurire ku gihano cyo gufungwa imyaka ine no gutanga ihazabu ya miliyoni 60 Frw, yahanishijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, mu cyemezo cyarwo cyasomwe tariki 30 Nzeri 2022.

Uyu munyapolitiki wagize imyanya inyuranye mu buyobozi bukuru bw’u Rwanda, yabwiye Urukiko Rukuru ko nubwo yajuririye igihano yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, atari uko ari umwere ahubwo ko ari uko “nakiriye ibyo ntagombaga kwakira.”

Mu ijambo ryumvikanyemo guca bugufi, Bamporiki yavuze ko yakoze ikosa ryo kwakira amafaranga yitwaga ko ari inzoga bamuguriye kuko yari agiriye neza umuntu. Yari yagize ati “Ndasaba imbabazi kandi imbabazi zishobora kuba igishoro cyatuma ngira umumaro. Munyunamure ngire umumaro.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Umusore w’ibigango ucungira umutekano abasitari mu Rwanda yahuye n’isanganya

Next Post

Kayonza: Amayobera ku murambo w’umukobwa basanze mu muhanda bamwambuye imyenda

Related Posts

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

by radiotv10
31/10/2025
0

Bamwe mu bo mu Mirenge ya Murama na Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko amazi aturuka mu muhanda w'amakamyo...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

by radiotv10
30/10/2025
0

Komisiyo ishinzwe Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari Abasirikare, yatangaje ko mu myaka 24 (kuva muri 2001), abahoze...

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

by radiotv10
30/10/2025
0

The Rwanda Demobilization and Reintegration Commission (RDRC) has announced that over the past 24 years (since 2001), more than 12,000...

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

by radiotv10
30/10/2025
0

Bamwe mu barezi b’amarerero bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bavuga ko bamaze igihe bakora batabona agahimbazamusyi...

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

by radiotv10
30/10/2025
0

Every year, a big number of young Rwandans pack their bags to move to Kigali, drawn mostly by the promise...

IZIHERUKA

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara
IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

by radiotv10
31/10/2025
0

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

30/10/2025
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

30/10/2025
Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Amayobera ku murambo w’umukobwa basanze mu muhanda bamwambuye imyenda

Kayonza: Amayobera ku murambo w’umukobwa basanze mu muhanda bamwambuye imyenda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.