Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Bahuye n’uruva gusenya: Ibyari ugutara amakuru byavuyemo gushwekura

radiotv10by radiotv10
18/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Bahuye n’uruva gusenya: Ibyari ugutara amakuru byavuyemo gushwekura
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamakuru b’ibitangazamakuru bitandukanye bagiye gutara amakuru y’imyigaragambyo yabereye mu mujyi wa Goma, basanze amazi atari ya yandi, polisi irasa amasasu mu kirere n’ibyuka biryana mu maso, bakizwa n’amaguru, bamwe muri bo baranahakomerekera, abandi barafatwa batabwa muri yombi.

Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Mutarama 2023 ubwo mu mujyi wa Goma hongeraga kuba imyigaragambyo yo kwamagana ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Aba bigaragambyaga biganjemo abasore batagira icyo bakora, bamagana izi ngabo za EAC bashinja gukorana na M23, bakazisaba kuva mu Gihugu cyabo kuko zananiwe kugaba ibitero kuri uyu mutwe mu gihe bari bazi ko ari byo bizizanye.

Ku rundi ruhande, Polisi yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na yo yahanganye n’aba bigaragambyaga kuko iyi myigaragambyo itari yemewe ndetse n’ubuyobozi bw’umujyi wa Goma bwari buherutse kuyihakanira sosiyete sivile yayiteguye.

Muri aba banyamakuru bahuye n’isanganya harimo Justin Kabumba ukorera France 24 ukunze kugaragara ahengamiye ku ruhande rwa Guverinoma ya DRC ariko na we uyu munsi ntiyahiriwe kuko yatawe muri yombi.

Gusa nyuma yaje gutangaza ko yarekuwe nyuma y’amasaha macye abazwa ibyo kujya gutara amakuru y’iyi myigaragambyo itari yemewe.

Abandi banyamakuru muri aba bari bagiye gutara amakuru y’iyi myigaragambyo bo bakomeretse nyuma yuko Polisi irashe ibyuka biryana mu maso ndetse n’amasasu mu kirere, bakiruka bakiza amagara.

Aya masasu yarashwe na Polisi y’I Goma ubwo abigaragambyaga bashakaga gusagarira inzego z’ubuyobozi bazisanga mu biro byazo.

Amakuru avuga ko mu bakomeretse harimo Heritier Munyafura ukorera Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP, hakaba n’uwitwa Ali Asanka Darius uhagarariye Ijwi rya America muri DRC.

Harashwe ibyuka bakizwa n’amaguru

Bamwe bakomeretse

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 3 =

Previous Post

Ukraine: Indege yarimo abayobozi bakuru yakoze impanuka irasandara ihitana abarimo Minisitiri

Next Post

Aho yubatse abwirwa ko bataberanye yarasenyewe ariko abona hari umunyabubasha abiri inyuma

Related Posts

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

by radiotv10
01/07/2025
0

The President of the Democratic Republic of Congo, Félix Tshisekedi, stated that the peace agreement his country signed with Rwanda...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Aho yubatse abwirwa ko bataberanye yarasenyewe ariko abona hari umunyabubasha abiri inyuma

Aho yubatse abwirwa ko bataberanye yarasenyewe ariko abona hari umunyabubasha abiri inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.