Sunday, August 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Icyakurikiye ubwo basangaga mu nzu y’umuturage uwo batazi afite intwaro gakondo

radiotv10by radiotv10
01/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Icyakurikiye ubwo basangaga mu nzu y’umuturage uwo batazi afite intwaro gakondo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Kagari ka Cyangugu mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, abaturage basanze umuntu badasanzwe bazi muri ako gace, mu nzu ya mugenzi wabo, afite inyundo n’icyuma, bikekwa ko yari aje kwiba.

Uyu muturage wasanzwe mu nzu ahagana saa tatu z’ijoro zishyira saa yine kuri uyu wa 30 Mutarama 2023, yafashwe n’abaturage bo mu Mudugudu wa Ngoma mu Kagari ka Cyangugu mu Murenge wa Kamembe.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wageze ahari hafatiwe uyu mugabo, yasanze afite icyoba, avugana umushyitsi ururimi rutava mu kanwa, mu gihe abaturage bari bamufashe bo bavugaga ko yari aje kwiba.

Nyiri uru rugo bamusanzemo, yavuze ko na we yamenye ubu bujura ahurujwe n’abaturage akihutira kuza kureba uyu muturage bakekaho ubujura wari wamaze gufata ibikoresho byinshi ngo abyibe.

Ati “Ibi muri kubona hano ni bicye, yari yatwaye byinshi kuko n’uburiri yashatse gusohora matela iramunanira, kuko uko yari imeze si ko nyisanze.”

Umuturage wo muri aka gace wabonye bwa mbere uyu mugabo bakekaho ubujura, avuga ko yaje mu rugo rw’uyu wari wibwe, yasuhuza, akikirizwa n’undi.

Ati “Naje nje gusuhuza Gikwete [nyiri urugo rwari rwibwemo ibikoresho] mpamagaye Gikwete nti ‘yewe Gikwete’ numva hitabye umuntu ntazi ijwi rye, mbona arasohotse, ati ‘ni ibiki ni ibiki?’ mpita mbikeka ko ari igisambo.”

Uyu muturage avuga ko yabanje gufatana mu mashati n’uyu bakekaho ubujura, agahita atabaza n’abandi baturage bakihukira kuhagera, bagasanga ni ubwa mbere bamuciye iryera muri aka gace.

Umunyamakuru ubwo yagerega ahari hafatiwe uyu bita igisambo, yasuhuje uyu mugabo amusubizanya ubwoba bwinshi, yumvikana nk’uri gutegwa, ahita amubwira ko abaturage bamurenganyije.

Ati “Ni umuntu wari untumye, baba baramfashe barankubita ngo nari nje kwiba.”

Icyakoze aba baturage bavuga ko izi ngeso z’ubujura bumaze kokama muri aka gace, zitizwa umurindi no kuba abafashwe badafungwa ngo bamaremo kabiri, kuko ubuyobozi buhita bubarekura.

Umwe ati “Baragifata nk’uyu munsi, bakigeza kuri Polisi bakongera bakakirekura nta n’umwaka nibura kimazemo.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Mucyo Rukundo yamenyesheje RADIOTV10 ko abaturage benshi bakunze gufata ukekwaho ubujura ntibajye gutanga ikirego.

Mu butumwa bwanditse, CIP Mucyo Rukundo yagize ati “Nta muntu ufatwa ngo arekure, cyeretse iyo habuze ibimenyetso bihagije byo kumushinja, cyangwa se ashobora kurekurwa iyo yumvikanye n’uwo yahemukiye.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba avuga ko iyo umuntu yafatiwe mu cyuho yiba nka kuriya, uwo yibaga aba akwiye gukurikirana no mu butabera, akajya no kumushinja kugira ngo inzego z’ubutabera zisoze akazi kazo.

DORE UKO BYAGENZE MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + thirteen =

Previous Post

Inkuru nziza yerecyeye ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli

Next Post

Perezida Kagame na Madamu bahaye icyubahiro intwari z’u Rwanda zitanze zitizigama (AMAFOTO)

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

by radiotv10
09/08/2025
0

Abofisiye 163 n’abafite andi mapeti mu Ngabo z’u Rwanda mu mutwe ushinzwe imyitwarire (Military Police) barangije imyitozo bamazemo ibyumweru bitandatu,...

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

by radiotv10
09/08/2025
0

In the past, relationships often started with a letter, a meeting at church, or being introduced by a friend. Today,...

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

by radiotv10
09/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s rich cultural heritage lies a unique, geometric art form known as Imigongo. Imigongo is a...

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

by radiotv10
09/08/2025
0

Algorithm Inc, a regional tech company known for its innovative business software solutions, has launched a groundbreaking new platform called...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

09/08/2025
Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame na Madamu bahaye icyubahiro intwari z’u Rwanda zitanze zitizigama (AMAFOTO)

Perezida Kagame na Madamu bahaye icyubahiro intwari z’u Rwanda zitanze zitizigama (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.