Thursday, August 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze kuri Tshisekedi watakiye Papa Francis noneho akagura ibirego

radiotv10by radiotv10
01/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwavuze kuri Tshisekedi watakiye Papa Francis noneho akagura ibirego
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi avugiye imbere y’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, ko Igihugu cye cyabuze amahoro kubera Ibihugu by’ibituranyi, Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko noneho asa n’uwateye intambwe akavuga abandi ashinja kuba inyuma y’ibirego yakunze gushinja u Rwanda.

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis kuva ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Mutarama 2023 ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho ari mu ruzinduko ari kugirira muri Afurika.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubwo yahaga ikaze uyu Mushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, yavuze ko ubusanzwe Igihugu cye gifite umuco wo kwakira neza abakigana ariko ko hari abakibuza amahoro.

Yavuze ko iki Gihugu cyazahajwe n’imitwe yitwaje intwaro iva mu Bihugu by’ibituranyi kandi ko iki kibazo kimaze igihe kinini.

Yagize ati “Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo imaze imyaka irenga mirongo itatu, yagiye ibamo amatage menshi ndetse n’ibikorwa bihungabanya amahoro n’umutekano bikozwe n’imitwe yitwara gisirikare, ndetse n’Ibihugu by’amahanga bifite umugambi wo kwiba umutungo w’Igihugu kandi bigafashwa n’u Rwanda.”

Tshisekedi yavuze ko ibi bibazo bishegesha Igihugu cye ndetse kikabihoramo ku buryo kitabasha kugera ku byo kiba kifuza kugeraho

Yavuze kandi ko ibi bibazo byagize ingaruka ku mibereho y’abanyekongo benshi, ku buryo abagera muri miliyoni 10 babayeho mu buzima bugoye, ndetse n’abanyantege nke bagakomeza kuhazaharira.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda mu butumwa yanyujije kuri Twitter, avuga ku byatangajwe na Tshisekedi, yavuze ko noneho Congo yabishyize ku rundi rwego.

Yagize ati “Cyera kabaye yamenye ko ikibazo cy’Uburasirazuba ari ikibazo cy’Isi noneho si icy’u Rwanda gusa! Ku nshuro ya mbere yemeye ko ikibazo cy’umutekano mucye giterwa bwa mbere n’Ibihugu by’Ibituranyi, bwa kabiri, imitwe yitwaje intwaro, bwa gatatu n’Ibihugu by’ibihanganje, nanone yongeraho u Rwanda.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yalonde Makolo na we yagize icyo avuga kuri ibi birego by’ibinyoma byongeye kuvugwa na Perezida Felix Tshisekedi abibwira Papa Francis.

Yolande Makoro yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters ko ibi birego bimenyerewe, atari bishya kuri Tshisekedi, kandi ko afite impamvu akomeje kubizamura.

Yagize ati “Yafashe inzira yo kwitwaza u Rwanda ku mpamvu z’ibyo ateganya mu matora ayobya uburari, ubundi abantu ntibite ku musaruro mucye wa Guverinoma ye ndetse no kudashobora inshingano zo kugeza ku baturage ibyo yabasezeranyije.”

Guverinoma ya Congo yakomeje gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo barwanira uburenganzira bw’ubwoko bw’Abatutsi b’Abanyekongo bakomeje gutotezwa no kwicwa.

U Rwanda rwakunze kwamagana ibi birego by’ibinyoma, rukagaragaza iri totezwa rikorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi bakomeje gukorerwa Jenoside kandi amahanga agakomeza kubirebera.

Papa Francis yageje ijambo ku bahagarariye imiryango itari iya leta
Tshisekedi yamugaragarije ibibazo
Umuhango warimo abashumba muri Kiliziya
Yamuhaye impano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 1 =

Previous Post

Perezida Kagame na Madamu bahaye icyubahiro intwari z’u Rwanda zitanze zitizigama (AMAFOTO)

Next Post

Batanu bakurikiranyweho igikorwa cy’ubunyamaswa bakoreye umugabo n’umugore we batangiye kubiryozwa

Related Posts

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

The Chief of Defence Staff (CDS) of the Rwanda Defence Force, General MK Mubarakh, today hosted a delegation from the...

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

by radiotv10
06/08/2025
0

Umuryango w’Abibumbye wavuze ko Ibihugu 32 birimo n’u Rwanda; bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro, bikwiye koroherezwa...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

by radiotv10
06/08/2025
0

Itsinda ry’intumwa z’Ingabo z’Igihugu cya Sri Lanka ziri mu ruzinduko mu Rwanda, ryakiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh...

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

by radiotv10
06/08/2025
0

Umwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Nyakabwende mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusisi, arashinja umuyobozi w’iri shuri ubuhemu...

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

by radiotv10
06/08/2025
0

The United Nations has reported that 32 countries, including Rwanda, possess wealth but lack the capacity to fully exploit it,...

IZIHERUKA

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka
MU RWANDA

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

06/08/2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

06/08/2025
Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Eng.-General Muhoozi sheds light on the enemies who recently entered the country

06/08/2025
Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

06/08/2025
U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi

U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi

06/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu bakurikiranyweho igikorwa cy’ubunyamaswa bakoreye umugabo n’umugore we batangiye kubiryozwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.