Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye isezerano rikomeye Tshisekedi yemereye mu nama y’i Bujumbura

radiotv10by radiotv10
06/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye isezerano rikomeye Tshisekedi yemereye mu nama y’i Bujumbura
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yabereye i Burundi mu cyumweru twaraye dusoje, byamenyekanye ko Perezida Felix Tshisekedi yemereye bagenzi be ko Guverinoma ye izagirana ibiganiro na M23.

Iyi nama yabaye ku wa Gatandatu w’Icyumweru twaraye dusoje, tariki 04 Gashyantare 2023, yitabiriwe na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Felix Tshisekedi wa DRC, Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Madamu Samia Suluhu Hasan wa Tanzania, William Ruto wa Kenya na Evariste Ndayishimiye w’u Burundi wanayiyoboye kuko ari we uyoboye akanama k’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC.

Muri iyi nama kandi, hari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Sudani y’Epfo ushinzwe Ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Deng Kuol wari uhagarariye Perezida Salva Kiir.

Mu bayobozi bari kumwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, barimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Prof Nshuti Manasseh.

Prof Nshuti Manasseh yavuze bimwe mu byaganiriweho muri iyi nama yasoje ifatiwemo imyanzuro irimo iyongeye gusaba Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugirana ibiganiro n’imitwe yose irimo na M23 yari yaranze kuganira na wo.

Prof Nshuti Manasseh yabwiye ikinyamakuru Igihe ko Perezida Tshisekedi ubwe yemeye ko Guverinoma y’Igihugu cye igiye kuganira na M23.

Yagize ati “Yarabyemeye, erega urumva ni ukumvikana nk’akarere icyakorwa. Guhagarika imirwano, gusubira inyuma ariko byose bikajyana n’ibiganiro.”

Prof Manasseh yavuze ko Guverinoma ya DRC yemeye kuganira na M23 nyuma yuko ibisabiwe muri iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu.

Ati “Twababwiye ko bavugana, kandi kuri iyi nshuro twemeranyije ko bagiye kuvugana na bo.”

Uyu munyapolitiki yavuze ko ntayindi nzira nziza yatanga igisubizo kiboneye, atari ibiganiro kandi ko ari yo yakunze kugaragazwa n’akarere.

Yagize ati “Icyo twumvikanyeho nk’akarere kandi dutekereza ko ari cyo gisubizo cyiza kuri iki kibazo, nta kintu gisumba kuvugana.”

Yanagarutse ku byo kuba Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ikomeje kwifuza ko ingabo ziri mu butumwa bw’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba zakwinjira mu rugamba rwo guhashya umutwe wa M23, avuga ko ibi bitari mu byajyanye izi ngabo.

Yagize ati “Icyo basabwe ni uguhagarika imirwano hanyuma bagasubira inyuma ariko baganira. Ibyo kuvuga ko ingabo za EAC zabarasa, ntabyavuzwe mu biganiro.”

Muri iyi nama y’i Bujumbura, Abakuru b’Ibihugu bemeranyijwe ko Ibihugu byose bigize uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba byohereza ingabo muri Congo nkuko byemeranyijweho ariko kugeza ubu hakaba hari ibitarazoherezayo.

Prof Nshuti Manasseh yakomeje atsindagira ko izi ngabo z’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba zifite inshingano zo gutanga ubufasha mu nzira yo gushaka amahoro aho kuba ari ukurwana.

Yagize ati “Si ukubafasha kurwana cyangwa gufasha Tshisekedi ngo tumututize ingufu zo kurwana, oya, ni ibiganiro bya politiki.”

Izi ngabo ziyobowe n’iza Kenya, zagiye zigaragara mu bikorwa byo kuganira na M23 ndetse uyu mutwe wagiye urekura bimwe mu bice wari warafashe, ukabisiga mu maboko yazo.

Tshisekedi mu cyumba cyabereyemo iyi nama
Inama yayobowe na Evariste Ndayishimiye
Yarimo abandi bakuru b’Ibihugu bya EAC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + nineteen =

Previous Post

Eddy Kenzo yagaragaje agahinda ko kuba Guverinoma ya Uganda yaramuteye umugongo

Next Post

Agahinda kari kose mu muhango wo gushyingura abishwe n’mpanuka idasanzwe witabiriye n’uhagariye Guverinoma

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Agahinda kari kose mu muhango wo gushyingura abishwe n’mpanuka idasanzwe witabiriye n’uhagariye Guverinoma

Agahinda kari kose mu muhango wo gushyingura abishwe n’mpanuka idasanzwe witabiriye n’uhagariye Guverinoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.