Saturday, November 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje igisobanuro cy’ibyakozwe na FARDC byatumye irasana na RDF

radiotv10by radiotv10
16/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Rwanda rwagaragaje igisobanuro cy’ibyakozwe na FARDC byatumye irasana na RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko bamwe mu basirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakoze igisa nk’igitero, cyatumye bakozanyaho na RDF ku mupaka uhuza iki Gihugu n’u Rwanda i Rusizi, Guverinoma y’u Rwanda irahumuriza Abaturarwanda ko nta ntambara “yeruye ihari” ahubwo ko ibi byakozwe na FARDC ari ubushotoranyi bwakunze gukorwa na Congo yifuza gushora u Rwanda mu ntambara.

Mu gitondo cya kare kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Gashyantare 2023, itsinda ry’abasirikare ba FARDC babarirwa hagati ya 12 na 14 binjiye mu gice cy’ubutaka budafite Igihugu bubarizwamo hagati y’u Rwanda na DRC, barasa ku gice cy’u Rwanda.

Ibi byatumye ingabo z’u Rwanda na zo zisubiza FARDC, habaho kurasana kwakurikiwe no kuba abo basirikare ba FARDC barahise bahindukira bagasubira mu Gihugu cyabo.

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje iby’uku kurasana hagati ya RDF na FARDC, bwasabye ko hakorwa iperereza kuri ibi bikorwa by’ubushotoranyi bidasiba gukorwa n’igisirikare cya Congo.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yahumurije Abanyarwanda ko nubwo habayeho iki gikorwa ariko umutekano w’u Rwanda ugihagaze bwuma, bityo ko nta muntu ukwiye gutekereza ko intamba yakunze kuvugwa na Congo Kinshasa yaba yaratangiye.

Yagize ati “Nta ntambara yeruye ihari. Mbere na mbere u Rwanda nta ntambara rushaka, rwarabivuze ruzabisubiramo, rwemera ko iki kibazo kizakemuka mu nzira z’imishyikirano.”

Akomeza asubiramo ibyakunze kuvugwa n’u Rwanda ko “Niba rutewe ruzitabara, niba rushowe mu ntambara, ruzayirwana, niba rushotowe ni ibindi. Biriya rero ni ubushotoranyi bukomeje bwa Guverinoma ya Congo, bigaragaza ko idashaka ko iki kibazo cyo mu burasirazuba bwa Congo kibonerwa umuti.”

Alain Mukuralinda avuga ko ubu bushake bucye bukomeje kugaragazwa na Guverinoma ya Congo, idahwema no kubugaragariza mu myitwarire yayo yo kwanga gushyira mu bikorwa ibyo yagiye isabwa byose.

Ati “Niba rero ntabyo ikoze, ikabona ntagihinduka, iragerageza kongera gushotora kuko kohereza abasirikare bagera muri cumi na bangahe nubwo bari muri zone itagira nyirayo ariko barashe berecyeza mu Rwanda. Ibyo rero ni ubushotoranyi nkuko mwabibonye kuri za ndege zazaga zikarenga inkiko z’u Rwanda zikinjira mu Rwanda, ni ubushotoranyi ku bisasu mwabonye mu mezi atandatu barasa mu Rwanda.”

Avuga ko ubu bushotoranyi bwose bukorwa na Guverinoma ya Congo bugamije gushora u Rwanda mu mirwano kugira ngo babone uruvugiro rw’ibirego by’ibinyoma bakunze kurushinja ko rufasha M23, ko ruteza umutekano mucye muri Congo n’ibindi byinshi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Igisubizo gitunguranye cya M23 ku kuba ingabo za EAC zishobora kubarasaho

Next Post

Umujenerali wa FARDC uvugwaho ikosa rikomeye yafatiwe icyemezo kihuse

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Gen Júlio dos Santos Jane wasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa wa...

IZIHERUKA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda
AMAHANGA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

01/11/2025
Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umujenerali wa FARDC uvugwaho ikosa rikomeye yafatiwe icyemezo kihuse

Umujenerali wa FARDC uvugwaho ikosa rikomeye yafatiwe icyemezo kihuse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.