Friday, November 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yaramutse ikora ikindi gikorwa kigaragaza ko igikomeye imbere ya FARDC

radiotv10by radiotv10
23/02/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yaramutse ikora ikindi gikorwa kigaragaza ko igikomeye imbere ya FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 uhanganye n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) watangaje ko wafashe akandi gace kiyongera ku kandi yafashe kuri uyu wa Gatatu.

Agace kafashwe n’Umutwe wa M23 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 23 Gashyantare 2023, ni akitwa Kibarizo nkuko byemezwa n’uyu mutwe wa M23.

Amakuru dukesha imbuga zitambukaho amakuru ajyanye n’uru rugamba ruhanganishije M23 na FARDC, avuga ko aka gace ka Kibarizo kafashwe na M23 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, tariki 23 Gashyantare 2023 saa tatu na mirongo itanu (09:50’).

Aka gace kariyongera ku ka Mushaki kafashwe ejo hashize tariki 22 Gashyantare nyuma y’imirwano ikomeye yahuje uyu mutwe na FARDC imaze iminsi ifatanya n’imitwe irimo FDLR.

Uyu mutwe wa M23 utangaza ko wafashe akandi gace, kuri uyu wa Gatatu wanashyize hanze itangazo rimenyesha umuryango mpuzamahanga ko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje kurenga ku myanzuro yafatiwe mu nama zabaga zigamije gushaka amahoro mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Muri iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrance Kanyuka, rivuga ko FARDC ifanyine n’imitwe nka FDLR, Nyatura, APCLS, Mai-Mai ndetse n’abacanshuro bakomeje kugaba ibitero ku birindiro byose bya M23 biri mu duce twa Kalenga, Kitshanga, Rusekera, Kingi, Kausa na Kishishe.

Muri iri tangazo, M23 isoza ivuga ko nubwo ishyigikiye imyanzuro yafashwe n’Abakuru b’Ibihugu irimo guhagarika imirwano no kurekura ibice yafashe, inavuga ko izakomeza kwirwano no kurinda abaturage bari mu bice igenzura, igihe cyose byagabwaho ibitero.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 14 =

Previous Post

Uwabaye Umuyobozi mu Rwanda yahawe umwanya ukomeye na Perezida w’ikindi Gihugu

Next Post

Nyuma y’umunsi 1 afunguwe umuhanzi nyarwanda yahise asohora indirimbo ivuga ibyamubayeho

Related Posts

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

by radiotv10
13/11/2025
0

Ubwo urubyiruko rwinshi rwari ruteraniye kuri sitade El-Wak Sports Stadium i Accra  muri Ghana mu gikorwa cyo kureba abashaka kwinjira...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma yatangaje ibanga iri Huriro ryakoresheje kugira ngo ibice bigaruriye bibone ituze...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Eng.-Col.Willy Ngoma of M23 clarifies rumors, says FARDC did not retake even a single centimeter

by radiotv10
12/11/2025
0

The spokesperson of M23’s armed wing, Col. Willy Ngoma, revealed the strategy that the alliance used to stabilize areas it...

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

by radiotv10
12/11/2025
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, ryasabye ko hakorwa iperereza ku mpfu z’abantu amagana bivugwa ko bishwe n’inzego...

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

by radiotv10
13/11/2025
0

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa Ali Bongo Ondimba wahoze ari Perezida w'iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Umushoramari Eugene Nyagahene ufite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga
MU RWANDA

Umushoramari Eugene Nyagahene ufite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

14/11/2025
Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

14/11/2025
Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

14/11/2025
Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

14/11/2025
Hanga Pitchfest 2025: Rwanda’s Biggest Tech Event Returns to Spotlight Young Innovators

Hanga Pitchfest 2025: Rwanda’s Biggest Tech Event Returns to Spotlight Young Innovators

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’umunsi 1 afunguwe umuhanzi nyarwanda yahise asohora indirimbo ivuga ibyamubayeho

Nyuma y’umunsi 1 afunguwe umuhanzi nyarwanda yahise asohora indirimbo ivuga ibyamubayeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushoramari Eugene Nyagahene ufite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.