Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Muhanga: Amayobera ku musaza wararaga izamu ku ishuri basanze hafi yaryo yapfuye

radiotv10by radiotv10
31/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Muhanga: Amayobera ku musaza wararaga izamu ku ishuri basanze hafi yaryo yapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umusaza w’imyaka 62 wararaga izamu ku ishuri ribanza rya Biti riherereye mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, bamusanze hafi yaryo yapfuye, bikaba bikekwa ko yishwe n’abajura bamuteze bakanamwambura.

Umurambo wa nyakwigendera witwa Bizimana Sylvere wabonetse mu gitondo cya kare kuri uyu wa Kane tariki 30 Werurwe 2023 hafi y’iri Shuri Ribanza rya Biti ryo mu Mudugudu wa Biti mu Kagari ka Remera mu Murenge wa Nyamabuye.

Abaturage babonye uyu murambo wa nyakwigendera ubwo bahitaga bajya mu mirimo isanzwe, babwiye RADIOTV10 ko nta bikomere wari ufite ariko bakaba bakeka ko ashobora kuba yishwe n’abagizi ba nabi.

Nyiri urugo rwasanzweho uyu murambo imbere y’amarembo yarwo, yavuze ko na we yaje kureba ubwo yahuruzwaga n’abantu bamubaza niba yabonye uyu murambo.

Ati “Naje mpasanga abandi bantu, mbyakira gutyo nyine ntakindi nari kurenzaho kuko nari ntegereje kumenya nkuko abandi bategereje.”

Hari andi makuru avuga ko nyakwigendera atari yanaraye izamu kuko yari yahamagaye mugenzi we yagombaga gusimbura ku izamu, akamubwira ko aza kuhagera atinze ngo kuko hari uwari ugiye kumusengerera agacupa.

Undi muturage ati “Mugenzi we bakoraya yategereje araheba. Urwo ni rwo rupfu yapfuye ntabwo twamenye aho yapfiriye aho ari aho ndetse n’akabari yanywereyemo ntitwakamenye.”

Uyu muturage akomeza avuga ko bakeka ko ashobora kuba yishwe kuko “twasanze imifuka y’ipantalo basa nk’aho bamusatse, na hano hafi y’ugutwi hari uturaso.”

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa ku Bitaro bya Kabgayi kugira ngo ukorerwe isuzuma rya nyuma kugira ngo hamenyekane icyamuhitanye, mu gihe inzego zishinzwe iperereza na zo zahise ziritangira

Abatuye muri uyu Mudugudu, babwiye RADIOTV10 ko mu ijoro hakunze kugaragara abantu bagendagenda bafite n’intwaro gakondo.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 11 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragarije Minisitiri w’Urubyiruko mushya ibyo azashingiraho n’ibikidakwiye kwirengagizwa

Next Post

Inkuru ibabaje ku mugabo wasetsaga abantu ku mbuga nkoranyambaga

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe amabwiriza azagenderwaho n’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu cyumweru cy’irushanwa

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe amabwiriza azagenderwaho n’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu cyumweru cy’irushanwa

by radiotv10
19/09/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rwatangaje amabwiriza agenga ibikorwa by’ubucuruzi bujyanye no kwakira abantu, birimo utubari, utubyiniro na resitora,...

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

by radiotv10
19/09/2025
0

Kalisa Adolphe wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ukurikiranyweho ibyaha birimo kunyereza umutungo, bwa mbere agejejwe...

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

by radiotv10
19/09/2025
0

Ubuyobozi bwa Diviziyo ya gatanu y'Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’ubwa Burigade ya 202 y’iza Tanzania (TPDF), bwagiranye inama igamije imikoranire...

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Umwe mu banyamategeko bunganira abantu mu butabera, yagaragaje ko gusezeranya undi ko uzamushaka bidashyiraho umuntu inshingano zo kurushinga, ndetse ko...

Icyo Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ku izamuka ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryagaragaye

Icyo Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ku izamuka ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryagaragaye

by radiotv10
19/09/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko izamuka rya 7,2% ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryabayeho mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka,...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe amabwiriza azagenderwaho n’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu cyumweru cy’irushanwa
IMIBEREHO MYIZA

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe amabwiriza azagenderwaho n’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu cyumweru cy’irushanwa

by radiotv10
19/09/2025
0

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Hagaragajwe icyatumye kimwe mu byo AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bari bemeranyijweho kinanirana

19/09/2025
Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

19/09/2025
Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

19/09/2025
Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

19/09/2025
Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

19/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru ibabaje ku mugabo wasetsaga abantu ku mbuga nkoranyambaga

Inkuru ibabaje ku mugabo wasetsaga abantu ku mbuga nkoranyambaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe amabwiriza azagenderwaho n’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu cyumweru cy’irushanwa

Hagaragajwe icyatumye kimwe mu byo AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bari bemeranyijweho kinanirana

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.