Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TOKYO 2020: Richard Carapaz yatwaye isiganwa ry’imikino Olempike, Mugisha Moise arakomereka

radiotv10by radiotv10
24/07/2021
in SIPORO
0
TOKYO 2020: Richard Carapaz yatwaye isiganwa ry’imikino Olempike, Mugisha Moise arakomereka
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Equador, Richard Antonio Carapaz w’imyaka 28 niwe watwaye intera ya kilometero 234 (234 Km) mu mikino Olempike ya 2020 iri kubera i Tokyo mu Buyapani akoresheje 6h05’26” mu gihe Wout Van Aert (Belgium) yakoresheje 6h06’33” ku mwanya wa kabiri naho Tadej Pogacar (Slovania) aba uwa gatatu kuko yakoresheje ibihe bimwe na Van Aert.

Tokyo Olympics: Richard Carapaz beats Tour de France champ Tadej Pogacar  for gold - Sports Illustrated

Richard Antonio Carapaz atsinda ibilometero 234 bya Tokyo 2020

Amakuru ava i Tokyo avuga ko Mugisha Moise utabashije gusoza isiganwa rya kilometero 234 yahuye n’impanuka ubwo yari amaze kugenda kilometero 140 aragwa. Uyu musore yakomeretse ku mutwe ku buryo byabaye ngombwa ko bamudoda.

Bigendanye n’uburyo isiganwa ryasorejwe muri sprint, abakinnyi umunani baje inyuma ya Richard Carapaz bose baje banganya ibihe (6h06’33”).

Mugisha Moise mbere y’uko isiganwa ritangira

Ni isiganwa ryatangiye abakinnyi badacungana kuko abakinnyi batanu barimo; Aular, Dlamini, Grosu, Kukrle na Peter Sagan bari imbere kuva isiganwa rigihaguruka kugeza ubwo byaje guhinduka basigaje ibilometero 32 aribwo abakinnyi barimo; Tadej Pogacar, Bettiol, McNulty, Uran, Woods na Kwiatkowski bahise bafata urugendo bayoboye.

Habura ibilometero 12 nibwo Wout Van Aert yakoze ukwataka gukomeye ashaka kwigobotora ngo agende wenyine abigeraho ajya imbere.

Habura ibilometero bitandatu, Richard Carapaz nawe yahise afata icyemezo akora ubusatirizi (attack) byatumye McNulty asigara bituma Richard Carapaz na Tadej Pogacar basigarana imbere bihanganiye ukwabo.

Habura ikilometero kimwe n’igice (1,5 Km) nibwo Richard Antonio Carapaz yigaranzuye Tadej Pogacar arinda amutanga ku murongo. Richard Carapaz atsinda isiganwa riba rikomeye cyane nyuma yo kuba yaratwaye Giro d’Italia ya 2019.

Isiganwa ryaranzwe na sprint mu musozo waryo

Muri iri siganwa ry’imikino iri gukinwa ku nshuro ya 32, u Rwanda rwari rufitemo Mugisha Moïse, umukinnyi rukumbi usiganwa ku magare uri mu Banyarwanda batanu bitabiriye Imikino Olempike ya Tokyo 2020. Gusa, uyu musore w’imyaka 23 ntiyahiriwe kuko ari mu bakinnyi 41 batasoje isiganwa nyuma yo gukora impanuka nk’uko byagenze no ku bandi barimo Umwongereza Geraint Thomas n’Umubiligi Greg Van Avermaet watwaye umudali wa Zahabu mu 2016.

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + six =

Previous Post

MADGASCAR: Batandatu bacyekwaho kugerageza kwica perezida bamenyekanye

Next Post

Jamel Eddine Neffati yagizwe umutoza wungirije muri APR FC asimbura Paul Pablo Morchón

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Jamel Eddine Neffati yagizwe umutoza wungirije muri APR FC asimbura Paul Pablo Morchón

Jamel Eddine Neffati yagizwe umutoza wungirije muri APR FC asimbura Paul Pablo Morchón

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.