Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwibuka29-Nyange: Hahishuwe ibindi bigaragaza urwango Padiri Seromba yangaga Abatutsi

radiotv10by radiotv10
18/04/2023
in MU RWANDA
0
Kwibuka29-Nyange: Hahishuwe ibindi bigaragaza urwango Padiri Seromba yangaga Abatutsi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwo hibukwaga inzirakarengane z’Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Nyange mu Karere ka Ngororero, bakayisenyerwaho, hongeye kugarukwa ku rwango Padiri Seromba Athanase yagiriraga Abatutsi, hahishurwa ko rwamuranze kuva cyera ndetse ko yabaye Padiri Mukuru abanje kwirukanisha uwari kuri uwo mwanya wari Umututsi. 

Tariki 16 Mata buri mwaka, hibukwa Abatutsi barenga 2 000 biciwe muri Kiliziya yari Paruwasi Gatulika ya Nyange, ku itegeko ryatanzwe na Padiri Seromba Athanase wari Padiri mukuru.

Ubwo hakorwa umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, kuri iyi Kiliziya, Rwamasirabo Aloys wari muri iyo kiliziya mbere y’iminsi ibiri ngo isenywe, avuga ko habanje gukoreshwa ibindi bitero ariko abari bahungiye mu kiliziya bakagerageza gusubiza inyuma abicanyi.

Yavuze ko nyuma abicanyi bagiye gutira imashini yakoraga umuhanda akaba ari yo bakoresha basenya inzu y’Imana yari yahungiyemo Abatutsi bagera ku 2000.

Agira ati “barabanje bateramo za gerenade, bazana esanse baratwika byanga gushya bazana ibyo bita dinamike baraturitsa, nabwo biranga bajya gutira imashini n’amakamyo byakoraga umuhanda, kuri 16 nyuma ya saa sita nibwo imashini yatangiye guhirika kiliziya, padiri Seromba yaravuze ngo bahere mu isakirisitiya.”

Kamanzi Inocent wabanye na Padiri Seromba mbere yo mu 1994, avuga ko na mbere uyu Musaseridoti yaranzwe no kwanga Abatutsi, kuko no kugira ngo abe Padiri mukuru yabanje kumenesha uwari umukuriye amuziza ko ari Umututsi.

Ati “Buriya mureba ntabwo padiri Seromba yari Padiri mukuru. Yabaye we kuko Padiri Karangwa Straton wari Padiri mukuru yamuhungiye ku Nyundo kwa Musenyeri kubera kumutoteza.”

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango, na we avuga ko mu mwaka wa 1973 ubwo Seromba yari mu iseminari ya Nyakibanda nabwo yaranzwe no gutoteza Abatutsi.

Ahari kiriziya yasenyeweho inzirakarengane zigera ku 2 000, ubu hubatse urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi, rushyinguyemo ruruhukiyemo inzirakarengane 7 856 zishwe muri Jenoside.

Padiri Seromba wagize uruhare rukomeye muri Jenoside, yaje guhungira mu Butaliyani akomeza ubupadiri nyuma yo guhindura amazina akiyita Atanasio Sumba bura, yaje guhamywa icyaha cya Jenoside n’Urukukiko Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, rumukatira igifungo ari kurangiriza mu Benin.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 11 =

Previous Post

Andi makuru yahise amenyekana ku itsinda ry’abagore b’ikimero ryanyeganyeje imbuga nkoranyambaga

Next Post

IFOTO: Perezida Ndayishimiye yasuye abahinzi yanga kugenda atabahaye umubyizi

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Perezida Ndayishimiye yasuye abahinzi yanga kugenda atabahaye umubyizi

IFOTO: Perezida Ndayishimiye yasuye abahinzi yanga kugenda atabahaye umubyizi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.