Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyumweru kirihiritse nta kanunu k’abagwiriye n’ikirombe cy’ibanga: Burya harimo abavandimwe

radiotv10by radiotv10
28/04/2023
in MU RWANDA
0
Icyumweru kirihiritse nta kanunu k’abagwiriye n’ikirombe cy’ibanga: Burya harimo abavandimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu miryango y’abantu batandatu barimo babiri bafitanye isano bari n’abanyeshuri, bagwiriwe n’ikirombe cyacukurwagamo amabuye y’agaciro mu buryo butari buzwi, giherereye mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, basaba Imana ko nibura imibiri yabo yaboneka bakabashyingura kuko icyizere cyo kuba bakiriho, cyayoyotse burundu.

Inkuru y’iki kirombe cyagwiriye abantu batandatu yamenyekanye mu cyumweru gishize, bivugwa ko cyaridutse tariki 19 Mata 2023, kikagwira abantu batandatu barimo abanyeshuri bigaga mu mashuri yisumbuye.

Kuva icyo gihe, hahise hatangira imirimo yo gushakisha aba bantu, kugeza ubu bakaba bataraboneka, ndetse n’icyizere cyo kuba bakiriho cyari gifitwe na bamwe kikaba cyararangiye.

Umubyeyi w’umwe mu bagwiririwe n’iki kirombe, avuga ko umwana we yitwa Nibayisenge Samuel ndetse n’undi witwa Irumva Moïse wa mukuru we.

Ati “Cyagwiriye abana banjye babiri, kuko umwe ni uwanjye, undi ni uwa mukuru wanjye. Twagize ikibazo kuko abo bana ni abanyeshuri bigaga mu wa gatandatu w’amashuri yisumbuye.”

Uyu mubyeyi avuga ko nta cyizere cyo kuba bakiriho, ariko ko nibura n’iyo imibiri yabo yaboneka, bakayishyingura kuko no kuba itaboneka na byo birushaho kubashengura.

Ati “Nta cyizere ko bafite ubuzima, ariko nibura tugashyingura, kandi n’ababikoze bagakurikiranwa bagahanwa kuko birababaje. Kugeza kuri iyi tariki ntabwo nakubwira ngo icyo nifuza ni amafaranga, kuko amafaranga yari kuzampa ni menshi nta n’ayo nabona, ahubwo ni ukubanza nkamubona nkamushyingura, ibindi bikazaba nyuma.”

Aba baturage bashyize imbere kuba babona abantu babo bakabashyingura, bavuga ko nibiba ngombwa bazahabwa n’impozamarira.

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange avuga ko ubu igishyizwe imbere ari ibikorwa by’ubutazi, byarangira hakazakurikiraho iby’impozamarira.

Ati “Reka tubanze turangize ibi. Andi makuru yaboneka nyuma y’ibyo bikorwa by’ubutabazi, twiteguye kuyibamenyesha.”

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 19 =

Previous Post

Irushanwa ryo kumurika imideri ryari rimaze imyaka itanu ritaba mu Rwanda riragarutse

Next Post

UNHCR yagize icyo isaba Ibihugu bituranye n’Igihugu cyugarijwe n’intambara

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
UNHCR yagize icyo isaba Ibihugu bituranye n’Igihugu cyugarijwe n’intambara

UNHCR yagize icyo isaba Ibihugu bituranye n’Igihugu cyugarijwe n’intambara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.