Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo cyatanzwe n’uwafashwe yambukiranya Intara ebyiri afite ubwoko bubiri bw’ibigize icyaha gikomeye

radiotv10by radiotv10
02/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Igisubizo cyatanzwe n’uwafashwe yambukiranya Intara ebyiri afite ubwoko bubiri bw’ibigize icyaha gikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 41 y’amavuko yafatiwe mu Karere ka Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru, yerecyeza mu Mujyi wa Kigali atwaye ubwoko bubiri bw’ibiyobyabwenge, ntiyagorana avuga ko yari agiye kubicururiza aho atuye.

Uyu mugabo yafashwe mu mpera z’icyumweru gishize, ku Cyumweru tariki 30 Mata ahagana saa tatu, ubwo yari ageze mu Mudugudu wa Remera mu Kagari ka Gasiza mu Murenge wa Bushoki.

Yafashwe yerecyeza mu Mujyi wa Kigali mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge aho asanzwe anatuye, yemerera Polisi ko yari agiye kubihacururiza.

Superintendent of Police (SP) Alex Ndayisenga, ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Amajyaruguru, yavuze ko uyu mugabo yafashwe n’Abapolisi bari mu kazi ko kurwanya ubucuruzi bwa magendu n’ibiyobyabwenge, babanje kumuhagarika.

Yagize ati “Barebye basanga umufuka yari ahetse urimo ibiyobyabwenge by’urumogi rupima Kgs10 na litiro ebyiri za Kanyanga zari mu isashe ni ko guhita afatwa.”
SP Alex Ndayisenga yavuze ko uyu mugabo akimara gufatwa yahise yemerera Abapolisi ko ibyo biyobyabwenge yari abikuye mu Murenge wa Gashenyi, agiye kubicururiza aho asanzwe atuye mu Mujyi wa Kigali.

Uyu mugabo yashyikirijwe urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Bushoki ngo hakomeze iperereza mu gihe hagishakishwa abarumugurishije.

Polisi y’u Rwanda yaboneyeho kuburira abakomeje kwishora muri ibi bikorwa by’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, ko Polisi izakomeza gukora imikwabu yo kubatahura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 8 =

Previous Post

Umuhanzi nyarwanda witabiriye ibirori mu ruhame yambaye bidasanzwe akomeje guca ibintu

Next Post

Amakuru mashya ku kirego cya Moses Turahirwa ushobora kwisanga imbere y’Urukiko vuba aha

Related Posts

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Uruganda rutanganya inzoga ruherereye mu Muerenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo gukoresha ibitoki mu gutunganya...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

by radiotv10
05/11/2025
0

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo Bideri, akaba umwana w’Umwami Yuhi V Musinga, uherutse kwitabira Imana muri Kenya aho yabaga, byemejwe ko azashyingurwa...

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Daughter of Rwanda’s former King passed away in Kenya, burial set in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

Princess Spéciose Mukabayojo Bideri, the daughter of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda, has passed away in Kenya,...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

by radiotv10
05/11/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi ukurikiranyweho gusambanya mu bihe bitandukanye umwana we w’imyaka itandatu, yemera...

IZIHERUKA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge
MU RWANDA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

05/11/2025
Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

05/11/2025
Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Moses Turahirwa watangaje ibyateje impaka yahamagajwe na RIB

Amakuru mashya ku kirego cya Moses Turahirwa ushobora kwisanga imbere y’Urukiko vuba aha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.