Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ingeso idakwiye ivugwa ku mugabo yatumye arebana ikijisho n’umugore we

radiotv10by radiotv10
15/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ingeso idakwiye ivugwa ku mugabo yatumye arebana ikijisho n’umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wo Murenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango, uravugwamo amakimbirane ashyamiranyije umugore n’umubabo we, aho umwe ashinja undi kumushakiraho inshoreke, kandi uru rugo rw’ubuharike rukaba ruri mu marembo y’urugo rukuru, mu gihe umugabo abihakana yivuye inyuma.

Iki kibazo kivugwa muri uyu muryango wo mu Mudugudu wa Bweramana mu Kagari ka Nyakogo muri uyu Murenge wa Kinihira, kivugwa n’umugore witwa Tuyishime Mathilde.

Mathilde avuga ko umugabo we yamutaye we n’abana babyaranye, ariko ko ikibabaje ari uko yanagiye asahuye urugo, none byatumye bakena.

Ati “Twari dufite imashini hano (imashini idoda) ajya kuyirya n’umugore we dore bacumbitse hano n’ubu musanze bamaze kugenda.”

Akomeza agaragaza ingaruka z’ubukene batewe n’ibi bibazo, birimo kuba batagipfa kubona icyo barya, ndetse no kuba abana batakibona amafaranga y’ishuri n’ibindi bikenerwa.

Uyu mugore avuga kandi ko umugabo we yahoze mu itsinda ryitwa ‘Inshuti z’Umuryango’ zifasha mu kunga imiryango ifitanye ibibazo, akibaza impanuro atanga mu gihe na we zamunaniye.

Ati “Njyewe ikibazo ngira ni iki ‘umuntu azajya kunga gute ingo z’ahandi, na we iwe atabanye neza n’uwo bashakanye cyangwa abana be mu rugo?”

Tuyiringire Jean Pierre uvugwaho izi ngeso, azihakana yivuye inyuma, avuga ko uwo bamushinjaho kuba yaragize inshoreke, ari umunyeshuri we.

Ati “Ntabwo nataye urugo rwanjye, nta n’ubuharike mfite habe na bucye. Gusa njye ndi umudozi nkorera haruguru y’urugo rwanjye nkaba mfite n’umunyeshuri nigisha kudoda, abantu bakavuga ngo naramuharitse, abantu bakajya mu matwi umudamu wanjye.”

Uyu mugabo uvuga ko ataharika umugore we ngo narangiza ajye kubikorera hafi y’urugo rwe, avuga ko n’uwo avuga ko yagize umugore wa kabiri, asanzwe ari umugore ufite umugabo kandi ko aza kumusura aha amwigishiriza.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Lionel Messi yongeye guhabwa urw’amenyo

Next Post

Icyabaye ku mukinnyi w’umuhanga udasiba kuvunika cyatumye hibazwa byinshi

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyabaye ku mukinnyi w’umuhanga udasiba kuvunika cyatumye hibazwa byinshi

Icyabaye ku mukinnyi w’umuhanga udasiba kuvunika cyatumye hibazwa byinshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.