Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aimable Karasira byemejwe ko afite ibibazo bikomeye byo mu mutwe yakoze ibidasanzwe mu rukiko

radiotv10by radiotv10
15/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Aimable Karasira byemejwe ko afite ibibazo bikomeye byo mu mutwe yakoze ibidasanzwe mu rukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda ubu uri kuburana ku byaha ashinjwa, ndetse inzobere mu buzima bwo mu mutwe zikaba ziherutse kwemeza ko afite ibibazo byo mu mutwe bikomeye, ubwo yari mu rukiko, yakoze igisa no kwigaragambya asohoka mu Rukiko atabiherewe uruhushya.

Aimable Karasira ukurikiranyweho ibyaha birimo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, bishingiye ku byo yavugiraga mu biganiro yatangaga kuri YouTube, uyu munsi ku wa Mbere tariki 15 Gicurasi 2023 yagarutse imbere y’Urukiko.

Ni iburanisha ryabaye nyuma yuko hasohotse raporo y’inzobere mu buzima bwo mu mutwe mu Bitaro bya Caraes Ndera, zagaragaje ko Karasira afite ibibazo bikomeye byo mu mutwe.

Iri buranisha ryagombaga guhera ku kuganira kuri iyi raporo, kugira ngo izafatweho icyemezo n’Urukiko.

Ni na ko byagenze kuko impande zombi (Ubushinjacyaha n’uruhande rw’uregwa) batanze ibitekerezo kuri iyi raporo aho uruhande rw’uregwa rwakunze kuvuga ko adakwiye kuburanishwa kuko afite uburwayi bwo mu mutwe, bwongeye kubishimangira, mu gihe Ubushinjacyaha na bwo buvuga ko ikigero cy’ibibazo bya Karasira kitatuma ataryozwa icyaha.

Saa sita ziburaho iminota micye, ubwo Umushinjacyaha yatangaga ingingo ze, Karasira Aimable yahise ahaguruka kugira ngo asohoke, ariko Umucamanza amwibutsa ko uri mu cyumba cy’Urukiko adakora ibyo yishakiye, mu gihe we yavugaga ko akubwe ashaka kujya kwihagarika.

Umucamanza yakomeje gukomakoma, ariko Karasira, yerurira Urukiko ko adashaka gukomeza kumva ibyaburanwagaho, ahagurukana umujinya avuga ko iburanisha ryakomeza adahari.

Muri uko guhaguruka asohoka, Karasira Aimable wigishije muri Kaminuza y’u Rwanda, yasohotse yitotomba mu magambo yumvikanamo umujinya.

Me Kayitana Evode, umwe mu bunganira uregwa, yabajijwe n’umucamanza icyo avuga kuri iyi myitwarire idasanzwe y’umukiliya wabo, asubiza agira ati “Ibi akoze ntabwo ari we ubyikora, ahubwo ni uburwayi afite.”

Uyu munyamategeko yaboneyeho kongera gusubiramo icyifuzo bakunze guha Urukiko ko umukiliya wabo adakwiye kujyanwa muri Gereza ahubwo akwiye kuvuzwa indwara zo mu mutwe nkuko byanemejwe n’inzobere.

Abunganira uregwa ndetse na we ubwe, bakunze kuvuga ko ibibazo afite byo mu mutwe adakwiye kuburanishwa, bagatanga urugero rwa Barafinda Sekikubo Fred wigeze guhamagazwa na RIB ariko uru rwego rukaza kubona ko afite ibibazo byo mu mutwe, aho kumukoraho iperereza, rukamujyana kuvurizwa i Ndera mu bitaro bya Caraes.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − twelve =

Previous Post

Ibirambuye ku ifatwa ry’abakozi ba Leta bakekwaho kwiba imyenda yagenewe abashegeshwe n’ibiza

Next Post

Umuraperikazi utaragaragaye atwite yatunguranye agaragara afite umwana w’amezi

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperikazi utaragaragaye atwite yatunguranye agaragara afite umwana w’amezi

Umuraperikazi utaragaragaye atwite yatunguranye agaragara afite umwana w’amezi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.