Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aimable Karasira byemejwe ko afite ibibazo bikomeye byo mu mutwe yakoze ibidasanzwe mu rukiko

radiotv10by radiotv10
15/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Aimable Karasira byemejwe ko afite ibibazo bikomeye byo mu mutwe yakoze ibidasanzwe mu rukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda ubu uri kuburana ku byaha ashinjwa, ndetse inzobere mu buzima bwo mu mutwe zikaba ziherutse kwemeza ko afite ibibazo byo mu mutwe bikomeye, ubwo yari mu rukiko, yakoze igisa no kwigaragambya asohoka mu Rukiko atabiherewe uruhushya.

Aimable Karasira ukurikiranyweho ibyaha birimo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, bishingiye ku byo yavugiraga mu biganiro yatangaga kuri YouTube, uyu munsi ku wa Mbere tariki 15 Gicurasi 2023 yagarutse imbere y’Urukiko.

Ni iburanisha ryabaye nyuma yuko hasohotse raporo y’inzobere mu buzima bwo mu mutwe mu Bitaro bya Caraes Ndera, zagaragaje ko Karasira afite ibibazo bikomeye byo mu mutwe.

Iri buranisha ryagombaga guhera ku kuganira kuri iyi raporo, kugira ngo izafatweho icyemezo n’Urukiko.

Ni na ko byagenze kuko impande zombi (Ubushinjacyaha n’uruhande rw’uregwa) batanze ibitekerezo kuri iyi raporo aho uruhande rw’uregwa rwakunze kuvuga ko adakwiye kuburanishwa kuko afite uburwayi bwo mu mutwe, bwongeye kubishimangira, mu gihe Ubushinjacyaha na bwo buvuga ko ikigero cy’ibibazo bya Karasira kitatuma ataryozwa icyaha.

Saa sita ziburaho iminota micye, ubwo Umushinjacyaha yatangaga ingingo ze, Karasira Aimable yahise ahaguruka kugira ngo asohoke, ariko Umucamanza amwibutsa ko uri mu cyumba cy’Urukiko adakora ibyo yishakiye, mu gihe we yavugaga ko akubwe ashaka kujya kwihagarika.

Umucamanza yakomeje gukomakoma, ariko Karasira, yerurira Urukiko ko adashaka gukomeza kumva ibyaburanwagaho, ahagurukana umujinya avuga ko iburanisha ryakomeza adahari.

Muri uko guhaguruka asohoka, Karasira Aimable wigishije muri Kaminuza y’u Rwanda, yasohotse yitotomba mu magambo yumvikanamo umujinya.

Me Kayitana Evode, umwe mu bunganira uregwa, yabajijwe n’umucamanza icyo avuga kuri iyi myitwarire idasanzwe y’umukiliya wabo, asubiza agira ati “Ibi akoze ntabwo ari we ubyikora, ahubwo ni uburwayi afite.”

Uyu munyamategeko yaboneyeho kongera gusubiramo icyifuzo bakunze guha Urukiko ko umukiliya wabo adakwiye kujyanwa muri Gereza ahubwo akwiye kuvuzwa indwara zo mu mutwe nkuko byanemejwe n’inzobere.

Abunganira uregwa ndetse na we ubwe, bakunze kuvuga ko ibibazo afite byo mu mutwe adakwiye kuburanishwa, bagatanga urugero rwa Barafinda Sekikubo Fred wigeze guhamagazwa na RIB ariko uru rwego rukaza kubona ko afite ibibazo byo mu mutwe, aho kumukoraho iperereza, rukamujyana kuvurizwa i Ndera mu bitaro bya Caraes.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − twelve =

Previous Post

Ibirambuye ku ifatwa ry’abakozi ba Leta bakekwaho kwiba imyenda yagenewe abashegeshwe n’ibiza

Next Post

Umuraperikazi utaragaragaye atwite yatunguranye agaragara afite umwana w’amezi

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperikazi utaragaragaye atwite yatunguranye agaragara afite umwana w’amezi

Umuraperikazi utaragaragaye atwite yatunguranye agaragara afite umwana w’amezi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.