Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abagabo banze gukomeza kubihishira bavuga ingeso abagore babo badukanye ngo idakwiye Umunyarwandakazi

radiotv10by radiotv10
24/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abagabo banze gukomeza kubihishira bavuga ingeso abagore babo badukanye ngo idakwiye Umunyarwandakazi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagabo bo mu Murenge wa Rubona mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko abagore babo badukanye ingeso yabatunguye, yo gutaha mu gicuku cy’ijoro, kandi ko baba bavuye mu kabari, bakavuga ko ibi bitahozeho.

Umuturage witwa Kayibanda Augustin utuye muri aka gace, avuga ko hari abagore batagitinya gutaha saa yine z’ijoro, nyamara bitarigeze bibaho mu mateka yo mu Rwanda.

Ati “Wajya kubona ukabona saa tatu [z’ijoro] bicaye mu kabari. Nkabaza nti ‘ese mwa bagore mwe ko mwicaye mu kabari ubu abagabo banyu muragenda mubakinguze?’”

Uyu mugabo avuga ko iki kibazo akunze kubaza abo bagore cyari kigiye kumukoraho. Ati “Ejondi hari abari bagiye kunkubita babiri bakavuga ngo tuzagukubita.”

Havugimana Alphonse avuga ko nta mugore ukwiye gutaha ariya masaha, kuko byica byinshi bijyanye n’imiberego y’imiryango.

Ati “Iyo umugore atashye nijoro, ibintu byose biba byapfuye, nta wundi muntu wabikoze kuko ari we wari kubikora. Iyo atashye saa yine nabwo biba bibangamye.”

Ibi kandi binagarukwaho na bamwe mu bagore banenga bagenzi babo bajya mu tubari bagacyurwa n’ijoro, bakavuga ko uyu muco udakwiye, bityo ko inzego zikwiye kugira icyo zikora.

Ndacyayisenga Francoise yagize ati “Barazinywa bakageza na sa tanu ahubwo. Hari n’abararamo. Ntabwo bikwiye, uwo muco ni mubi.”

Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Rwamgana, Dr.Rangira Lambert avuga ko bazakomeza gukora ubukangurambaga kugira ngo ingeso nk’izi zicike kuko zishobora kuba intandaro y’amakimbirane yo mu miryango, nubwo bikorwa na bamwe.

Ati “Byagaragaye ko atari bose. Aba umwe agatukisha bose, ariko igishimishije ni uko hari ababashije kugaya abakora ibyo bikorwa, natwe tukaba twumva icyo kibazo mu Karere ka Rwamagana kitaduhangayikishije.”

Yakomeje agira ati “Bacye bakora ibyo si abo gushimwa tukaba twabonye ko ari ikintu cyo kugaya.”

INKURU MU MASHUSHO

Yussouf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Tunisia: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bahagurukanye Perezida

Next Post

Isomo ry’ubuzima rya Miss Jolly yagaruyemo ijambo ryigeze gutuma bamuhagurukana

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Isomo ry’ubuzima rya Miss Jolly yagaruyemo ijambo ryigeze gutuma bamuhagurukana

Isomo ry’ubuzima rya Miss Jolly yagaruyemo ijambo ryigeze gutuma bamuhagurukana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.