Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hahishuwe icyafashije Korali ikomeye mu Rwanda gushikamana igikundiro mu myaka 50 imaze

radiotv10by radiotv10
02/06/2023
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Hahishuwe icyafashije Korali ikomeye mu Rwanda gushikamana igikundiro mu myaka 50 imaze
Share on FacebookShare on Twitter

Korali Hoziyana imaze imyaka irenga 50 yo mu itorero rya ADEPR-Nyarugenge, ni imwe mu zakomeje gukundwa na benshi. Ubuyobozi bwayo bwahishuye ko mwuka wera ari we washoboje iyi kolari guhorana igikundiro.

Iyi korali yo mu Itorero rya Pantekote, yatangiye mu mwaka w’ 1968 mu Mujyi wa Kigali, ariko ihabwa izina mu 1980, ubwo yitwaga Hoziyana.

Iyi ni Korali izwi n’abantu b’ingeri zose, yaba abato n’abakuze, kubera indirimbo zayo zigera ku mitima ya buri wese zikayiturisha.

Abantu bakunze kuvuga ko baririmba nk’abo mu itorero ry’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi kubera uburyo baririmba batuje, bitandukanye n’andi makorali yo muri ADEPR.

Hari n’abavuga ko ibi ari wo mwihariko w’iyi kolori wanatumye ikomeza gukundwa, gusa umuyobozi wayo, Emmanuel Nsabiyumva yavuze icyatumye iyi kolari ikomeza kwigarurira imitima ya benshi.

Yagize ati “Nubwo abantu benshi bibwira ko umwihariko wacu ari indirimbo zituje, ariko uwo siwo mwihariko wacu ahubwo iyo umwuka wera atugezeho akatwemeza ko twahimbara, turahimbara ariko ntabwo twishakamo guhimbarwa.”

Nanone kandi undi mwihariko w’iyi Korali, ni uko ifite igitabo cy’indirimbo zabo. Izo ndirimbo abandi bantu bemerewe kuzikoresha mu materaniro no mu masengesho.

Muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abaririmbyi batari bacye ba Hoziana barishwe, ariko nyuma bongeye kwiyuburura, bongera kuyishinga.

Mu myaka 55 iyi kolari imaze, hasigayemo umuntu umwe watangiranye na yo ari we Mukandoli Charlotte.

Undi mwiharikoutangaje wibazwaho na benshi ni uburyo iyi korali iyo bateguye igitaramo nta wundi muhanzi cyangwa indi korali ijya ku cyapa (affiche) kicyamamaza nkuko abandi babigenza bararika abantu kuzaza mu gitaramo.

Emmanuel asobanura impamvu yabyo, yagize ati “Iyo umunshyitsi ahageze uramwakira ntabwo utangariza abantu ko umushyitsi azaza kuko aramutse ataje, bakubaza ngo byagenze bite, bijya bibaho murabizi hari aho bibaho bakabura uwo batangarije abantu gusa si cyo twabihereyeho.”

Hoziyana ifite album 12, ikaba iri gutegura igitaramo kiswe ‘TUGUMANE LIVE CONCERT’ kizaba tariki 10 Kamena 2023 mu mujyi wa Kigali ku cyicaro cya ADEPR-Nyarugenge bazanafatiramo amashusho ya zimwe mu ndirimbo zabo.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + ten =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku kizakoreshwa amafaranga y’abantu bitanze ngo azafashe abagizweho ingaruka n’ibiza

Next Post

Hari amakuru mashya ku bakinnyi ba Rayon bari banze kujyana na bagenzi babo

Related Posts

Small Health Habits That Are Quietly Costing You More Than You Think

Small Health Habits That Are Quietly Costing You More Than You Think

by radiotv10
25/05/2026
0

Most people think about health and money as two separate conversations. Health is about what you eat, how much you...

DJ Pinky wagaragaye mu ifoto nkorano ateruye abanyamakuru KNC na Mutabaruka yasekewe n’amahirwe

DJ Pinky wagaragaye mu ifoto nkorano ateruye abanyamakuru KNC na Mutabaruka yasekewe n’amahirwe

by radiotv10
23/05/2026
0

Umuvangamiziki DJ Pinky uri mu bagezweho mu Rwanda, nyuma yo kugaragara mu ifoto nkorano ateruye abanyamakuru KNC na Mutabaruka, yagizwe...

The Difference Between Resting and Wasting Your Weekend

The Difference Between Resting and Wasting Your Weekend

by radiotv10
23/05/2026
0

Not all time off is rest. Sometimes a whole weekend passes, and you still feel tired, not because you were...

Emelyne wamamaye ku mbuga nkoranyambaga yeruriye abantu ingeso zari zaramubase

Emelyne wamamaye ku mbuga nkoranyambaga yeruriye abantu ingeso zari zaramubase

by radiotv10
22/05/2026
0

Kwizera Emelyne wamamaye nka ‘Ishanga’ wamenyekanye cyane ku mbuga nkoranyambaga, yatangaje ko yari yarabaswe n’ingeso zirimo ubusambanyi, ariko ubu yamaze...

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

Impamvu urubanza rwa Eric Semuhungu rwashyizwe mu muhezo

by radiotv10
21/05/2026
0

Urubanza rw’ubujurire ku ifungwa rya Eric Semuhungu ukurikiranyweho ibyaha bishingiye ku gusambanya abahungu bagenzi be, rwashyizwe mu muhezo ku mpamvu...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari amakuru mashya ku bakinnyi ba Rayon bari banze kujyana na bagenzi babo

Hari amakuru mashya ku bakinnyi ba Rayon bari banze kujyana na bagenzi babo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.