Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatangajwe icyemezo cyafashwe mu kwimura abaturage gitandukanye n’ikitishimirwaga na bamwe

radiotv10by radiotv10
03/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatangajwe icyemezo cyafashwe mu kwimura abaturage gitandukanye n’ikitishimirwaga na bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’iminsi micye mu Mujyi wa Kigali hakozwe igisa n’umukwabu wo kwimura igitaraganya abatuye ahashyira ubuzima bwabo mu kaga; Guverinoma y’u Rwanda yemeza ko byahagaritswe kubera ko hari hagaragayemo ibibazo. Ubu ngo bari kunozwa uburyo bwo gukiza amagara y’aba baturage bidateje ibindi bibazo.

Isura y’ubuzima bwa site zacumbikiwemo abagizweho ingaruka n’ibiza byibasiye uduce tumwe tw’Intara y’Iburengerazuba; byabaye imbarutso yo gushaka abatuye ahantu hafatwa nk’ahashobora guhitana ubuzima bw’abaturage. Ibyo ni ko byagenze mu Mujyi wa Kigali.

Icyakora abimurwa bakomeje kugaragaza imbogamizi z’aho berecyeza bo n’ababo.

Kanyemera Jean Bosco utuye mu Murenge wa Bumbogo, avuga ko ubuyobozi bwaje ari ku wa Gatandatu busaba abaturage ko ku munsi ukurikiyeho ngo babe bagiye ntibazabasange aho.

Ati “Ukibaza niba umuntu aba yagiye mu muhanda cyangwa muri kaburimbo, ugasanga ni ikibazo.”

Uwitwa Ntabezababiri Marthe we yumva ko hari impamvu yo kwimurwa, ariko na we asaba ko babanza kubereka iyo bajya.

Ati “Niba koko bibaye ngombwa ko abaturage batuye munsi y’umukingo bagomba kudupakira; ariko nibatwereke aho twerekeza ntacyo bitwaye aho kugira ngo ubugingo bwacu bubure. Rwose Leta yacu ni nziza iratureberera. Ariko nibatujyane batubwira aho twerecyera kugira ngo natwe tubashe gukiza amagara yacu.”

Uko kwimurwa igitaraganya; nk’impamvu inabatera kwibaza aho berecyeza, Nyamutera Innocent uyobora Umurenge wa Bumbogo aremera ko ari ko byagenze.

Ato “Ni byo kubera ko ibiza bidateguza, twabasabye kwimuka mu buryo bwihuse kugira ngo barengere ubuzima bwabo.”

N’ubwo ubwo buryo byakozwemo bwasize ibibazo; Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi Marie Solange Kayisire avuga ko inzego z’ibanze zitigeze zimura abantu zishingiye ku byo bareba n’amaso.

Yagize ati “Ntabwo dupimisha ijisho, hari ibigo byadufashije. Ntitubijyane tutabyumva kugira ngo bidatuma bumva ko barenganyijwe. Mwarabibonye iyo ibiza bije bitwara ibintu byose. Kandi haba harimo n’ishoramari rinini. Bamwe baba ari abacuruzi, ariko nubwo byaba inzu yawe biba bigusubije inyuma.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko ibyo bibazo byatumye bahagarika iki gikorwa kugeza igihe hazakorwa uburyo bunoze bwo kwimura aba baturage.

Yagize “Turi gukorana n’umujyi wa Kigali. Mu cyumweru gitaha tuzabaha amakuru arambuye ku birebana n’amanegeka mu Turere dutatu tw’Umujyi wa Kigali. Ntabwo ari uguhisha amakuru; nta n’ubwo dushaka gutanga amakuru adasobanutse, kuko barimuwe, ibabazo byarabonetse. Mu cyumweru gitaha tuzabaha amakuru, kandi niba unabyitegereza neza ntabo bakimura kubera ko hagomba kujyaho gahunda igaragara.”

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu igaragaza ko kugeza ubu mu gihugu hose bamaze kubarurwa inzu 3 088 zigomba kubakwa ahandi.  Izo zibarwa ko aho ziri hashobora guhitana abaturage mu bihe by’imvura. Abari bazituyemo ngo bazashaka aho bacumbika kugeza igihe zizubakirwa. Icyakora ngo baracyanoza umwihariko w’umujyi wa Kigali.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − four =

Previous Post

Icyizere gisendereye gitangwa n’ikipe y’u Rwanda iri mu irushanwa rigereranywa nk’Igikombe cy’Isi

Next Post

Hatahuwe amakuru y’umuhanzi ugezweho mu Rwanda wakoze ubukwe mu ibanga rikomeye

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatahuwe amakuru y’umuhanzi ugezweho mu Rwanda wakoze ubukwe mu ibanga rikomeye

Hatahuwe amakuru y’umuhanzi ugezweho mu Rwanda wakoze ubukwe mu ibanga rikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.