Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Abagabo baratinyutse bavuga ibyo bakorerwa n’abagore mu ruhame bikabasigira ipfunwe

radiotv10by radiotv10
08/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Abagabo baratinyutse bavuga ibyo bakorerwa n’abagore mu ruhame bikabasigira ipfunwe

Ifoto yakuwe kuri internet

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagabo bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bavuga ko barembejwe n’inkoni z’abagore babo badatinya no kubakubitira mu ruhame, kandi bakaba batabihingutsa mu buyobozi kuko iyo bavuze ihohoterwa bakorerwa, birangira ari bo bafunzwe bityo bagahitamo guceceka ahubwo ngo bakagendana ipfunwe mu bandi ryo kwitwa inganzwa.

Nubwo imibare igaragaza ko ihohoterwa ryo mu ngo rikunze kwibasira abagore, hari bamwe mu bagabo bo mu Kagari ka Basa mu Murenge wa Rugerero bavuga ko abagore babo badatinya kubakubitira mu ruhame bityo bikabagiraho ingaruka mu buryo bw’imitekerereze n’imibanire n’abandi.

Bigirimana Prosper w’imyaka 29 utuye mu Mudugudu wa Buranga muri ako Kagari ka Basa, avuga ko asigaye agendana ipfunwe kuko aherutse gukubitwa n’uwo bashakanye amusanze mu kabari ari kumwe n’abandi.

Ati “Mu bandi bagabo nta jambo, ni ukubona akabari nkagatinya, ubu nameze nk’uwavuye ku kinyobwa bitewe n’uko nahawe nk’akato, nukumbona bakanoshana ngo dore akagabo k’inganzwa karatambutse.”

Kanzogera Isdore na we uvuga ko akubitwa n’umugore we, avuga ko adashobora kugira aho abihingutsa ngo abe yajya mu nzego kuvuga ako karengane yakorewe.

Ati “ubwo se wajya kurega umugore ngo wakubiswe uri umuntu w’umugabo? Iyo ugiye kurega ngo ni wowe wiyenjeje, bahita bakumanura ukajyamo. Nk’ubu mfite ikibazo gikomeye cyane ku mugore ariko sinakwirirwa nta ururimi kuko nzi ko bahita bamanura ku Murenge”.

Undi ati “Ko bavuga ngo ni uburinganire, tukumva ko ar ibo bakuru, waregera hehe? Uragenda ngo ariko se ngo koko umugabo nyamugabo akubitwa n’umugore? Ngo genda mujye kubirangiza.”

Abagore banenga bagenzi babo bakubita abagabo babo

Bamwe mu bagore bo muri aka gace, banenga bagenzi babo bakubita abo bashakanye ndetse bakavuga ko abenshi babikoreshwa n’uko bijanditse mu businzi bukabije.

Ayinkamiye Alphonsine ati “Ntabwo ari ibintu by’i Rwanda, nta mugore ungana kuriya wo kujya kwirirwa mu kabari ngo ajyane n’umwana yaramushyingiye ngo birirwe bari kunywa mu kabari.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, Nzabahimana Evariste avuga ko nta n’umwe mu bagize urugo ukwiye guhohoterwa, yaba umugore cyangwa umugabo, gusa ngo ubuyobozi ntibwari buzi iki kibazo.

Yagize ati “Ayo makuru ni mashya kuri njyewe, ariko ndaje mbikurikirane kuko erega umugore kuba ahohoterwa n’umugabo yahohoterwa! Itegeko rihana abantu bose kimwe ntabwo twakwemera ko umuturage wacu ahohoterwa, bisaba kwigisha turaza kubigisha tubabwire ko n’umugabo uhohotewe rwose na we afite uburenganzira bwo kurenganurwa, ubwo ni umukoro ukomeye biradusaba kwegera abaturage cyane tukabasobanurira itegeko rigendanye n’uburinganire icyo rivuga, kurinda umuryango ihohoterwa, itegeko ry’umuryango bakeneye kuryumva bakanarimenya rwose”.

Ikibazo nk’iki cy’abagabo bahohoterwa n’abagore babo bamwe mu bagabo bagishingiraho bagaragaza ko abigisha ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bagifite akazi gakomeye kuko hari abagore bumvise ko bagomba guhita basumba abagabo.

Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, yo muri 2020, yerekana ko hagati ya 2016 na 2019, abagabo 7 210 mu Gihugu cyose bakorewe ihohoterwa.

Abagabo bavuga ko gukubitwa n’abagore babo bibasigira ipfunwe

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − two =

Previous Post

U Rwanda rwagaragarije Isi umuzigo uremereye ku Bihugu bikennye n’uburyo byawitura

Next Post

Hagiye hanze amakuru atunguranye kuri kizigenza Messi wakomangaga muri FC Barcelona

Related Posts

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Igikomangomakazi Spéciose Mukabayojo, umukobwa w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda hagati y’ 1896 n’ 1931, yitabiye Imana muri Kenya...

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

by radiotv10
28/10/2025
0

Inzego z’iperereza mu Rwanda zemeje ko nyiri uruganda rukora inzoga izwi nka ‘Be One Gin’ ari mu maboko y’inzego z’ubutabera,...

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

by radiotv10
28/10/2025
0

Princess Spéciose Mukabayojo, the daughter of King Yuhi V Musinga who ruled Rwanda between 1896 and 1931, has passed away...

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

by radiotv10
28/10/2025
0

The Government of Rwanda has announced that the new digital national ID project, estimated to cost over Rwf 100 billion,...

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

by radiotv10
28/10/2025
0

Umugabo w’Umunyarwanda w’imyaka 39 y’amavuko, arakekwaho kwicisha icyuma umugore we na we w’Umunyarwandakazi w’imyaka 38, babanaga mu Bufaransa, ubwo yahengeraga...

IZIHERUKA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana
MU RWANDA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

28/10/2025
Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

28/10/2025
Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

28/10/2025
Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagiye hanze amakuru atunguranye kuri kizigenza Messi wakomangaga muri FC Barcelona

Hagiye hanze amakuru atunguranye kuri kizigenza Messi wakomangaga muri FC Barcelona

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.