Monday, June 16, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Abagabo baratinyutse bavuga ibyo bakorerwa n’abagore mu ruhame bikabasigira ipfunwe

radiotv10by radiotv10
08/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Abagabo baratinyutse bavuga ibyo bakorerwa n’abagore mu ruhame bikabasigira ipfunwe

Ifoto yakuwe kuri internet

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagabo bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bavuga ko barembejwe n’inkoni z’abagore babo badatinya no kubakubitira mu ruhame, kandi bakaba batabihingutsa mu buyobozi kuko iyo bavuze ihohoterwa bakorerwa, birangira ari bo bafunzwe bityo bagahitamo guceceka ahubwo ngo bakagendana ipfunwe mu bandi ryo kwitwa inganzwa.

Nubwo imibare igaragaza ko ihohoterwa ryo mu ngo rikunze kwibasira abagore, hari bamwe mu bagabo bo mu Kagari ka Basa mu Murenge wa Rugerero bavuga ko abagore babo badatinya kubakubitira mu ruhame bityo bikabagiraho ingaruka mu buryo bw’imitekerereze n’imibanire n’abandi.

Bigirimana Prosper w’imyaka 29 utuye mu Mudugudu wa Buranga muri ako Kagari ka Basa, avuga ko asigaye agendana ipfunwe kuko aherutse gukubitwa n’uwo bashakanye amusanze mu kabari ari kumwe n’abandi.

Ati “Mu bandi bagabo nta jambo, ni ukubona akabari nkagatinya, ubu nameze nk’uwavuye ku kinyobwa bitewe n’uko nahawe nk’akato, nukumbona bakanoshana ngo dore akagabo k’inganzwa karatambutse.”

Kanzogera Isdore na we uvuga ko akubitwa n’umugore we, avuga ko adashobora kugira aho abihingutsa ngo abe yajya mu nzego kuvuga ako karengane yakorewe.

Ati “ubwo se wajya kurega umugore ngo wakubiswe uri umuntu w’umugabo? Iyo ugiye kurega ngo ni wowe wiyenjeje, bahita bakumanura ukajyamo. Nk’ubu mfite ikibazo gikomeye cyane ku mugore ariko sinakwirirwa nta ururimi kuko nzi ko bahita bamanura ku Murenge”.

Undi ati “Ko bavuga ngo ni uburinganire, tukumva ko ar ibo bakuru, waregera hehe? Uragenda ngo ariko se ngo koko umugabo nyamugabo akubitwa n’umugore? Ngo genda mujye kubirangiza.”

Abagore banenga bagenzi babo bakubita abagabo babo

Bamwe mu bagore bo muri aka gace, banenga bagenzi babo bakubita abo bashakanye ndetse bakavuga ko abenshi babikoreshwa n’uko bijanditse mu businzi bukabije.

Ayinkamiye Alphonsine ati “Ntabwo ari ibintu by’i Rwanda, nta mugore ungana kuriya wo kujya kwirirwa mu kabari ngo ajyane n’umwana yaramushyingiye ngo birirwe bari kunywa mu kabari.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, Nzabahimana Evariste avuga ko nta n’umwe mu bagize urugo ukwiye guhohoterwa, yaba umugore cyangwa umugabo, gusa ngo ubuyobozi ntibwari buzi iki kibazo.

Yagize ati “Ayo makuru ni mashya kuri njyewe, ariko ndaje mbikurikirane kuko erega umugore kuba ahohoterwa n’umugabo yahohoterwa! Itegeko rihana abantu bose kimwe ntabwo twakwemera ko umuturage wacu ahohoterwa, bisaba kwigisha turaza kubigisha tubabwire ko n’umugabo uhohotewe rwose na we afite uburenganzira bwo kurenganurwa, ubwo ni umukoro ukomeye biradusaba kwegera abaturage cyane tukabasobanurira itegeko rigendanye n’uburinganire icyo rivuga, kurinda umuryango ihohoterwa, itegeko ry’umuryango bakeneye kuryumva bakanarimenya rwose”.

Ikibazo nk’iki cy’abagabo bahohoterwa n’abagore babo bamwe mu bagabo bagishingiraho bagaragaza ko abigisha ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bagifite akazi gakomeye kuko hari abagore bumvise ko bagomba guhita basumba abagabo.

Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, yo muri 2020, yerekana ko hagati ya 2016 na 2019, abagabo 7 210 mu Gihugu cyose bakorewe ihohoterwa.

Abagabo bavuga ko gukubitwa n’abagore babo bibasigira ipfunwe

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 9 =

Previous Post

U Rwanda rwagaragarije Isi umuzigo uremereye ku Bihugu bikennye n’uburyo byawitura

Next Post

Hagiye hanze amakuru atunguranye kuri kizigenza Messi wakomangaga muri FC Barcelona

Related Posts

Amakuru mashya: Abandi basirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRCongo bongeye kunyuzwa mu Rwanda bataha

Amakuru mashya: Abandi basirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRCongo bongeye kunyuzwa mu Rwanda bataha

by radiotv10
16/06/2025
0

Ikindi cyiciro cy’Ingabo zari mu butumwa bw’Umuryango w'Ubukungu n'Iterambere rya Afurika y'Amajyepfo (SADC) zari mu butumwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi...

Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

More SADC troops returning from mission in DRC pass through Rwanda

by radiotv10
16/06/2025
0

Another group of troops from the Southern African Development Community (SADC), who had been on a mission in the Democratic...

Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

by radiotv10
16/06/2025
0

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kitazigurwa mu Murenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, ushinjwa n’abaturage ko abakubita inkoni akanabafungira mu...

Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

by radiotv10
16/06/2025
0

Kigali is a vibrant capital city of Rwanda, it is mostly known for its cleanliness, safety, growing cultural and social...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Umunyamakuru ibyangombwa bye byasanganywe umujura warashwe yavuze ibyamubaye

by radiotv10
16/06/2025
0

Umuturage ukekwaho ubujura warasiwe na Polisi mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro nyuma yo gushaka gutema umupolisi, yasanganywe...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Abandi basirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRCongo bongeye kunyuzwa mu Rwanda bataha
MU RWANDA

Amakuru mashya: Abandi basirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRCongo bongeye kunyuzwa mu Rwanda bataha

by radiotv10
16/06/2025
0

Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

More SADC troops returning from mission in DRC pass through Rwanda

16/06/2025
Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

16/06/2025
Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

Discover Kigali: Top five fun hobbies you must try in this vibrant city

16/06/2025
Hari icyabonetse mu iperereza ku mpanuka y’indege yahitanye abarenga 200

Hari icyabonetse mu iperereza ku mpanuka y’indege yahitanye abarenga 200

16/06/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Amakuru yamenyekanye ku modoka y’umunyamakurukazi yari yibwe muri Kigali

16/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagiye hanze amakuru atunguranye kuri kizigenza Messi wakomangaga muri FC Barcelona

Hagiye hanze amakuru atunguranye kuri kizigenza Messi wakomangaga muri FC Barcelona

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Amakuru mashya: Abandi basirikare ba SADC bari mu butumwa muri DRCongo bongeye kunyuzwa mu Rwanda bataha

More SADC troops returning from mission in DRC pass through Rwanda

Hafashwe icyemezo kuri Gitifu utungwa agatoki n’abaturage ko barambiwe inkoni ze no kubafungira mu bwiherero

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.