Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Urujijo ku murambo wabonetse umanitse ku kiraro mu gitondo cya kare

radiotv10by radiotv10
27/06/2023
in MU RWANDA
0
Kigali: Urujijo ku murambo wabonetse umanitse ku kiraro mu gitondo cya kare
Share on FacebookShare on Twitter

Ku kiraro cyambuka cyerekeza muri Gatsata ahazwi nka Nyabugogo mu Mujyi wa Kigali, hazindutse hagaragara umurambo w’umusore, aho bamwe mu bawubonye, bavuga ko ashobora kuba yiyahuye cyangwa yishwe n’abagizi ba nabi, bakaza kuhamumanika.

Uyu murambo wabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 27 Kamena 2023, ni uw’umusore uri mu kigero cy’imyaka 25 y’amavuko, waje no kumenyekana imyirondoro ye.

Ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze ndetse n’iz’Umutekano, bihutiye kuhagera, bemeje ko ibyangombwa bamusanganye, bigaragaza ko yavukiye mu Karere ka Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo.

Ibi byemejwe na Alphonsine Murebwayire uyobora Umurenge wa Gatsata, wavuze ko hagendewe kuri ibyo byangombwa, uyu musore afite imyaka 25 ndetse akaba yitwa Niyibizi.

Yagize ati “Gusa ntabwo twari twabasha kumenya aho yari avuye n’aho yari atuye.”

Umurambo wa nyakwigendera, ukimara kuboneka, hahise haza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwanatangiye gukora iperereza, ndetse umubiri we uhita ujyanwa ku Bitaro bya Kacyiru kugira ngo ukorerwe isuzuma rya nyuma.

Bamwe mu baturage bakunze gukorera muri aka gace, banahagenda cyane, bavuze ko badasanzwe bazi uyu musore, ariko ko na bo bagize urujijo ku rupfu rwe.

Umwe yagize ati “Dusanzwe tumenyereye ko mu biraro, muri za burodire; hararamo za mayibobo, birashoboka ko mayibobo zamubona wenda zimukekaho amafaranga simbizi, bakaba bahamwiciye ntawamenya. Hari igihe abagizi ba nabi bashobora kuba bahamumanitse, cyangwa se afite ibindi bibazo byatumye yiyahura ntawamenya.”

Undi muturage wabonye uyu murambo, avuga na we icyo akeka, yavuze ko bitumvikana uburyo wari uziritse mu buryo busa n’ubwakozwe n’abagizi ba nabi.

Ati “Bahamuziritse, nta muntu wiyahura kuriya. Yego hari abantu batagira ubwonko biyahura, ariko uriya muntu ntabwo yiyahuye, ni nk’abantu bahamuziritse.”

Hari n’abavuga ko uyu yari afite ibitaka ku ipantalo, ku buryo bakeka ko yishwe n’abantu babanje kugundagurana.

Gusa abandi bo bavuga ko uyu muntu yiyahuye. Umwe ati “Ni we wigobetse mu mugozi, yifashe ashyiramo ingobe, arimanika kuriya.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − six =

Previous Post

Ethiopia: Hamenyekanye icyemezo kitari kitezwe cyafashwe n’wayoboraga urwego rukomeye

Next Post

Hagiye gutangwa ibihembo byihariye mu myidagaduro bibaye bwa mbere mu Rwanda

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagiye gutangwa ibihembo byihariye mu myidagaduro bibaye bwa mbere mu Rwanda

Hagiye gutangwa ibihembo byihariye mu myidagaduro bibaye bwa mbere mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.