Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hari umusozi wagaragayeho ibiteye urujijo

radiotv10by radiotv10
01/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Mu Rwanda hari umusozi wagaragayeho ibiteye urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Shangi mu Karere ka Nyamasheke, hari umusozi ukomeje kuvamo umuriro ntawawucanye nta n’igishirira cyahaguye, ku buryo byashyize mu rujijo abahatuye, bibaza icyabiteye kikabayobera, ariko bakagira n’ibyo bakeka.

Uyu musozi wa Nyakanigwa uherereye mu Mudugudu wa Nyakagano mu Kagari ka Buhimba muri uyu Murenge wa Shangi, umaze iminsi uvamo umuriro ariko bitazwi aho waturutse.

Abahaturiye bavuga ko uyu muriro watangiye kuhagaragara muri Gicurasi uyu mwaka ubwo Intara y’Iburengerazuba yibasirwaga n’ibiza by’inkangu n’imyuzure byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo ku ya 03 rishyira ku ya 04 Gicurasi 2023.

Bavuga ko uko iminsi yagiye ishira uyu muriro wagiye wiyongera kuko wabanje gutangira babona hari imyotsi yoroheje ariko uko iminsi yagiye ishira wagendaga wiyongera.

Dusingize Joseph usanzwe ashinzwe umutekano mu Mudugudu wa Nyakagano uherereyemo uyu musozi, avuga ko umuriro mwinshi watangiye kugaragara mu ntangiro z’uku kwezi, tariki 08 Nyakanga.

Ati “Twatangiye kubona muri urwo rutare hacucukamo umuriro mwinshi, ukagurumana hamwe n’icyotsi cyinshi. Abo hakurya y’Ikivu mu Murenge wa Bushekeri bakajya bawubona bakaduhamagara ngo dutabare.”

Ni mu gihe ugeze ahagaragara uyu muriro, atawubona ariko mu kanya kamwe ukongera ugacucukmukamo, unamenagura amabuye.

Aba baturage bavuga ko byabateye ikikango ku buryo n’abahingaga hafi y’ahaka uyu muriro, babihagaritse.

Ntabanganyimana Berthe ati “Nta mwana wahohereza, n’uwagucitse akajya gukinira ahandi usigarana umutima uhagaze, ugira ngo ni ho yagiye. Imirimo y’ubuhinzi hariya twarayihagaritse.”

Ndayisabye Joseph, uyobora by’agateganyo Umurenge wa Shangi, yagiriye inama abaturage batuye hafi y’uyu musozi, ko bakwiye kwitwararika.

Ati “Turabasaba kwirinda kujya kuri uriya musozi kuko bashobora kujyayo bazi ko bitari gutwika bagerayo bagasanga byahinduye isura bikaba byabateza ibyago.”

Bamwe mu baturage bakeka ko muri uyu musozi, hashobora kuba harimo imitungo kamere ituma hapfupfunukamo uyu muriro, nka peteroli cyangwa amabuye y’agaciro, bagasaba ko hakorwa ubushakashatsi ku cyaba gitera uyu muriro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 9 =

Previous Post

Inkuru nziza ku Baturarwanda bakunda Gospel

Next Post

Umunyabigwi muri ruhago nyarwanda yasezeye burundu

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyabigwi muri ruhago nyarwanda yasezeye burundu

Umunyabigwi muri ruhago nyarwanda yasezeye burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.