Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Bidasubirwaho hamenyekanye amakuru ashimangira ayavugwaga ku mutoza w’Amavubi

radiotv10by radiotv10
08/08/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Bidasubirwaho hamenyekanye amakuru ashimangira ayavugwaga ku mutoza w’Amavubi
Share on FacebookShare on Twitter

Carlos Alós Ferrer wari umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, yemeje ko yamaze gusezera kuri izi nshingano, mu rwandiko yageneyemo ubutumwa iyi kipe n’abakunzi ba ruhago mu Rwanda.

Byari bimaze iminsi bivugwa ko uyu mutoza yamaze gusaba Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) gusesa amasezerano.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Kanama 2023, amakuru yo kuba uyu mutoza yasezeye, ni bwo yamenyekanye, ari we uyitangarije mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram.

Carlos Alós Ferrer muri ubu butumwa bwe, yatangiye yifuriza ibyiza Amavubi ndetse n’abayobozi bashya binjiye mu ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru, abakinnyi b’Amavubi ndetse n’abakunzi ba ruhago mu Rwanda.

Ati “Ndabashimira kuba mwarampaye amahirwe yo gukorera mu Gihugu cy’akaraboneka, kandi nizeye ko hamwe n’abanyamuryango bashya ba FERWAFA hamwe n’Inkunga ya Minisiteri ya Siporo, bazagera ku byiza mu gihe cya vuba.”

Yavuze ko muri iki gihe cy’umwaka n’amezi macye yari amaze atoza Amavubi, yakinnye imikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika, ariko ko ubu igihe kigeze agatangira indi nzira.

Ati “Ubu ni igihe cyo gutangira umushinga mushya ku banyamuryango bashya ba Federasiyo, ariko no kuri njye ni igihe igihe cyo gutangira imishinga mishya.”

Carlos Alós Ferrer yasoje ubutumwa bwe yizeza ko azakomeza gushyigikira ikipe y’u Rwanda Amavubi, iteka ryose.

Uyu mugabo w’Umunya-Espagne yatangiye gutoza Amavubi kuva muri Werurwe 2022 ubwo yari yasinye amasezerano y’umwaka umwe, akaba yari amaze amezi ane yongereye amasezerano ubwo yari yasinye imyaka ibiri.

Mu gihe cy’umwaka n’igice yari amaze muri izi nshingano, yakinnye imikino 12, atsindwamo itandatu, anganya itanu, atsindamo umwe, yose irimo iya gicuti ndetse n’iy’amarushanwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − three =

Previous Post

Ibisobanuro bishidikanywaho by’uwafatanywe igikapu cy’urumogi yiyoberanyije nk’utwaye umuzigo usanzwe

Next Post

Umukecuru rukukuri yakoze ibidasanzwe bitapfa no gushoborwa n’inkumi n’abasore

Related Posts

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Muhammed Kagawa Ssenoga, rutahizamu uca ku ruhande wakiniraga Express yo muri Uganda na Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa ukomoka...

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

IZIHERUKA

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World
IMIBEREHO MYIZA

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

by radiotv10
18/12/2025
0

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

18/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

18/12/2025
Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukecuru rukukuri yakoze ibidasanzwe bitapfa no gushoborwa n’inkumi n’abasore

Umukecuru rukukuri yakoze ibidasanzwe bitapfa no gushoborwa n’inkumi n'abasore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.