Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Andi mahirwe adasanzwe yaje aherekeje kimwe mu bisubizo by’ibibazo byakunze kuzamurwa n’Abamotari

radiotv10by radiotv10
23/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Andi mahirwe adasanzwe yaje aherekeje kimwe mu bisubizo by’ibibazo byakunze kuzamurwa n’Abamotari
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Itumanaho, MTN Rwanda yahaye imyambaro abakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto bo mu Mujyi wa Kigali, nyuma y’igihe bagaragaza ko uwo bari basanganywe washaje bikabije. Abamotari kandi banahawe amahirwe yo kuba baba aba-Agents ba MTN, bakaba bacuruza ama-unites.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Kanama 2023, muri Sitade ya Kigali, Kigali Pele Stadium i Nyamirambo, ahari hateraniye abamotari ibihumbi bari bakereye kuza gufata uyu mwambaro.

Uyu mwambaro watanzwe na MTN Rwanda, ugaragaraho uburyo abakoresha umurongo w’iyi sosiyete bakomeza gukoresha serivisi zayo nko kugura Pack za 4G aho abantu bashobora gukanda *182*2*1# ubundi bagakurikiza amabwiriza.

Ni umwambaro watanzwe ku bufatanye bwa MTN Rwanda ibinyujije muri Kompanyi yayo ya Mobile Money Rwanda Limited (Mobile Money Rwanda), aho abamotari kandi bazagira amahirwe yo kuba banatanga serivisi serivisi za MTN.

Abamotari bazahabwa kandi Coce ya MoMoPay mu rwego rwo kugira ngo bajye babasha kwishyurwa n’abagenzi bazajya batwara, ndetse no bakabasha no gucuruza ama-unite.

Umuyobozi Mukuru wa Mobile Money Rwanda Limited, Chantal Kagame, yashimye ubu bufatanye n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali.

Yagize ati “Guha umwambaro mushya abamotari bo muri Kigali, ntabwo ari ibyo kwamamaza gusa, ahubwo ni no mu buryo bwo kubafasha gukomeza koroherwa na serivisi z’itumanaho. Mu gukoresha MoMoPay, abamotari ntabwo bazaba bari gufasha kugera ku ntego y’Igihugu yo kwishyurarana hadakoreshejwe amafaranga yo mu ntoki, ahubwo ni no kuzana ibisubizo by’ikoranabuhanga mu kwishyurana.”

Buri mwambaro w’umumotari kandi uzaba uriho nimero ye, kugira ngo n’abo bazajya batwara bazajye babasha kubamenya ku buryo bagize n’ikibazo bamenya, uko babageraho.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe avuga ko iki gikorwa bakoze ari indi ntambwe itewe mu gukomeza gufasha umuryango mugari w’u Rwanda kugera ku ntego zo guhanga udushya mu ikoranabuhanga.

Ati “Iyi gahunda ntabwo ari iyo kuzana ibisubizo mu guhanga udushya gusa, ahubwo ije no kungerera ingufu intego yacu yo gufasha umuryango mugari kugera ku mibereho myiza.”

Yavuze kandi ko ibindi biri muri aya masezerano ya MTN n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bizajya bifasha abatwara abagenzi kuri moto kwiteza imbere kuko bazabasha kubona izindi nzira zabafasha kwinjiza amafaranga.

Ubufatanye bwa MTN n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatumye abamotari babona umwambaro mushya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Perezida Kagame, Inshuti y’urubyiruko rwamwakiranye morali yo hejuru

Next Post

Iby’ingenzi buri Munyarwanda akwiye kumenya mu mpinduka zakozwe muri Guverinoma

Related Posts

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

by radiotv10
23/12/2025
0

There’s a competition happening among young people today, quiet, invisible, and rarely admitted. No one announces it. No one sets...

IZIHERUKA

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze
MU RWANDA

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

23/12/2025
The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

The Silent Competition Among Friends: How Youth Compare Progress Without Saying It

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi buri Munyarwanda akwiye kumenya mu mpinduka zakozwe muri Guverinoma

Iby’ingenzi buri Munyarwanda akwiye kumenya mu mpinduka zakozwe muri Guverinoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.