Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi buri Munyarwanda akwiye kumenya mu mpinduka zakozwe muri Guverinoma

radiotv10by radiotv10
23/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi buri Munyarwanda akwiye kumenya mu mpinduka zakozwe muri Guverinoma
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mpinduka Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yakoze muri Guverinoma y’u Rwanda, hari Minisiteri yakuweho nyuma y’umwaka umwe gusa yari imaze ishyizweho, ndetse n’Umunyamabanga wa Leta mushya washyizweho, waje mu mwanya wigeze kubamo Hon. Edourad Bamporiki ubu ufungiye ibyaha yahamijwe.

Minisiteri ishinzwe Ishoramari rya Leta, yari yashyizweho tariki 30 Nyakanga 2022, ubwo Perezida wa Repubulika Paul Kagame nabwo yari yakoze impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda, agashyiraho Eric Rwigamba nka Minisitiri Ushinzwe Ishoramari rya Leta.

Mu mpinduka zakozwe mu ijoro ryacyeke, Perezida Paul Kagame yashyize mu myanya ya Guverinoma y’u Rwanda, abayobozi banyuranye barimo Eric Rwigamba wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi.

Ibi bivuze ko Minisiteri y’Ishoramari rya Leta yahise iseswa, inshingano zayo zikaba zimuriwe muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, zikazaba zishinzwe Jeannine Munyeshuli wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi.

Jeanine Munyeshuli ni we uzaba ashinzwe inshingano z’iyahoze ari Minisiteri y’Ishoramari rya Leta

Ibindi byo kumenya mu mpinduka zakozwe

Muri Minisiteri y’Uburezi, naho habaye impinduka, aho iyi Minisiteri ubu ifite Umunyamabanga wa Leta umwe, mu gihe yari isanzwe ifite babiri, ari bo Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, akaba yari Gaspard Twagirayezu, ari na we ubu wagizwe Minisitiri w’Uburezi.

Muri iyi Minisiteri kandi hari hasanzwe harimo Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ikoranabuhanga, Imyuga n’Ubumenyi Ngiro, wari usanzwe ufitwe na Irere Claudette, wagumye kuri uyu mwanya, ariko akaba ari Umunyamabanga wa Leta gusa.

Muri Minisiteri y’Urubyiruko, hinjijwemo amaraso mashya, aho iyi Minisiteri yahawe Umunyamabanga wa Leta, ari we Sandrine Umutoni.

Iyi Minisiteri imaze amezi atanu ivuguruwe kuko mbere yahoze ari Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, ikaba yaragizwe Minisiteri y’Urubyiruko mu mavugurura yabaye tariki 24 Werurwe 2023, aho Umuco wahise ujyanwa muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu.

Iyi Minisiteri yahawe Umunyamabanga wa Leta, nyuma y’igihe itamufite kuva ubwo Edouard Bamporiki yakurwaga kuri uyu mwanya muri Gicurasi umwaka ushize ubwo yari afite ibyo akurikiranyweho byanatumye akatirwa n’inkiko, ubu akaba afunze ngo arangize igihano yakatiwe.

Izindi mpinduka zabayeho muri iyi Guverinoma, ni Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, yazanywemo amaraso mashya, ihabwa Maj Gen Albert Murasira, wahoze ari Minisitiri w’Ingabo.

Maj Gen Albert Murasira, yasimbuye kuri uyu mwanya Solange Kayisire, wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu.

Umwanya wahozemo Bamporiki washyizwemo umushya
Sandrine Umutoni ni we waje muri uyu mwanya wahozemo Bamporiki
Eric Rwigamba wari Minisiteri w’Ishoramari rya Leta yahawe inshingano nshya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Andi mahirwe adasanzwe yaje aherekeje kimwe mu bisubizo by’ibibazo byakunze kuzamurwa n’Abamotari

Next Post

Zimbabwe: Haranugwanugwa ibidasanzwe mu matora ya Perezida ahanganyemo abakandida 11 barimo umugore 1

Related Posts

Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

by radiotv10
08/07/2025
0

Abantu batanu barimo umugore umwe baregwa kwica umugabo bamukase ijosi bamusanze mu rugo iwe mu Murenge wa Ngoma mu Karere...

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

by radiotv10
08/07/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, rwasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kurema umutwe...

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

by radiotv10
08/07/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire ku cyemezo cyo gufungwa by’agateganyo cyafatiwe Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uruhande rw’uregwa, rwagaragaje ibimenyetso buheraho...

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Eng.-Why is DRC bringing in more mercenaries, drones, and heavy weapons? Peace Deal raises concerns

Eng.-Why is DRC bringing in more mercenaries, drones, and heavy weapons? Peace Deal raises concerns

by radiotv10
08/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Olivier Nduhungirehe mentioned that even though Rwanda has a hope on the...

IZIHERUKA

Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we
MU RWANDA

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

by radiotv10
08/07/2025
0

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

08/07/2025
Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

08/07/2025
Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

08/07/2025
Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

08/07/2025
Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima

Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima

08/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Zimbabwe: Haranugwanugwa ibidasanzwe mu matora ya Perezida ahanganyemo abakandida 11 barimo umugore 1

Zimbabwe: Haranugwanugwa ibidasanzwe mu matora ya Perezida ahanganyemo abakandida 11 barimo umugore 1

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.