Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwahishuye amahano yavuzwe kuri Gitifu yakoreye umugabo ku bugabo bwe yavuze icyakurikiyeho

radiotv10by radiotv10
26/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uwahishuye amahano yavuzwe kuri Gitifu yakoreye umugabo ku bugabo bwe yavuze icyakurikiyeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Kagari ka Bunyoni mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, watanze amakuru ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari yaboheye umugabo mu Biro by’Akagari akanamukubita ku bugabo bwe, yahishuye ko byamubyariye amazi n’ibisusa, ubu akaba atagihabwa serivisi n’ubuyobozi.

Bugenimana Pelagie utuye mu Mudugudu wa Kabigabiro, Akagari ka Bunyoni mu Murenge wa Kivumu, avuga ko amaze iminsi asiragira ku buyobozo ngo bumusinyire ibyangombwa ashaka, ariko bukaba bwaramwimye iyi serivisi.

Avuga ko imvano y’ibi ari uko yigeze gutanga amakuru ku Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Bunyoni, wavuzweho kubohera umutura mu Biro by’akagari akanamukubita ku bugaboo.

Ati “Njyewe cyokora navuze ibyo nabonye maze kubivuga uko byagenze, nyuma y’aho umugabo wanjye byageze aho igihe yari atashye ahura n’inzego z’umutekano atashye baramufata baramujyana. Byabaye ngombwa ko bantuma igipapuro cyo kujya kumufunguza bamushyize mu nzererezi, baravuga ngo wowe ugende wandikishe igipapuro kigaragaza ko umugabo wawe nta cyaha yaba yarakoze, nyura ku nzego zo hasi baransinyira ngeze kwa Mudugudu ntiyansinyira, ni bwo yahise ahamagara Gitifu ati ‘ba bagore bavugiye kuri radiyo batangiye kudukenera bari gusaba ibyangombwa byo kujya gufunguza abagabo babo’.”

Yakomeje agira ati “Kuko biriya bintu bikimara kuba (Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Bunyoni bivugwa ko yaboheye umuturage mu Biro by’Akagari akanamukubita ku bugabo), abaturage bose bababitsemo ikintu cy’ubwoba.”

Umuyobozi w’Umudugudu yanze kumusinyira

Bamwe mu baturage bo muri aka gace, bavuga ko basigaye batinya gutanga ibitekerezo mu itangazamakuru kubera ingaruka zikunze kuba ku babitanga.

Ubwo umunyamakuru yegeraga umwe muri aba baturage, yagize ati “Oya njyewe ntihagire umbaza ikintu, kirazira nta n’ubwo nanabivuga, ntabwo nabivuga kuri radio ntibibaho.”

Undi ati “Natwe tunagira ikibazo cyo gutanga ibitekerezo byacu, ushobora kuvuga ijambo ukarizira rero twebwe turatinya.”

Umukuru w’Umudugudu wa Kabigabiro, Nyiransengimana Hillalie yanze kugira icyo avuga kuri iki kibazo cyangwa ibindi byagaragajwe na bamwe mu baturage bo muri uyu Mudugudu, ahubwo agahatira umunyamakuru kumubwira uwamuhamagaye mu Mudugudu we.

Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Rutsiro, Mulindwa Prosper avuga ko abaturage bafite uburenganzira bwo gutanga amakuru, bityo ko nta muyobozi ukwiye kubirengaho.

Ati “Umuturage rero kuba yakwimwa ibyangombwa kubera ko yavuganye n’itangazamakuru, ntaho byigeze biteganywa n’amategeko, kandi buri wese aba afite umukuriye mu buyobozi kandi tuba dushinzwe abari munsi yacu, ibyemezo bidafatiwe ku Murenge byafatwa n’Akarere, yewe natwe hari ibyo dukora nabi Guverineri akabikosora, ibyo rero njye navuga ko ari abantu ku giti cyabo, niba baratoteje cyangwa barabujije umuturage kwisanzura mu gutanga ibitekerezo bye ntabwo ari Leta yabatumye.”

Yakomeje agira ati “Nta muturage ukwiye kubuzwa gutanga ibitekerezo bye, ntawe ukwiye kubihorwa natwe abayobozi murabizi itangazamakuru rihora ritubaza, hari n’ibyo ritubaza twakoze nabi, hari ibyo ridufasha mu gushimira abaturage, mu gukora ubukangurambaga, itangazamakuru ririho kugira ngo ridufashe twese.”

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko mu gihe hari n’umuyobozi wakorera umuturage ibi, ubuyobozi bumushinzwe, bwabimuryoza.

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + five =

Previous Post

Hamenyekanye icyatumye RIB yongera guhamagaza Ndimbati n’icyo akivugaho

Next Post

Imibare mishya y’imfungwa muri Gereza zo mu Rwanda ntihura n’ingamba zashyizweho

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imibare mishya y’imfungwa muri Gereza zo mu Rwanda ntihura n’ingamba zashyizweho

Imibare mishya y’imfungwa muri Gereza zo mu Rwanda ntihura n’ingamba zashyizweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.