• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uwahishuye amahano yavuzwe kuri Gitifu yakoreye umugabo ku bugabo bwe yavuze icyakurikiyeho

radiotv10by radiotv10
26/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uwahishuye amahano yavuzwe kuri Gitifu yakoreye umugabo ku bugabo bwe yavuze icyakurikiyeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Kagari ka Bunyoni mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, watanze amakuru ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari yaboheye umugabo mu Biro by’Akagari akanamukubita ku bugabo bwe, yahishuye ko byamubyariye amazi n’ibisusa, ubu akaba atagihabwa serivisi n’ubuyobozi.

Bugenimana Pelagie utuye mu Mudugudu wa Kabigabiro, Akagari ka Bunyoni mu Murenge wa Kivumu, avuga ko amaze iminsi asiragira ku buyobozo ngo bumusinyire ibyangombwa ashaka, ariko bukaba bwaramwimye iyi serivisi.

Avuga ko imvano y’ibi ari uko yigeze gutanga amakuru ku Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Bunyoni, wavuzweho kubohera umutura mu Biro by’akagari akanamukubita ku bugaboo.

Ati “Njyewe cyokora navuze ibyo nabonye maze kubivuga uko byagenze, nyuma y’aho umugabo wanjye byageze aho igihe yari atashye ahura n’inzego z’umutekano atashye baramufata baramujyana. Byabaye ngombwa ko bantuma igipapuro cyo kujya kumufunguza bamushyize mu nzererezi, baravuga ngo wowe ugende wandikishe igipapuro kigaragaza ko umugabo wawe nta cyaha yaba yarakoze, nyura ku nzego zo hasi baransinyira ngeze kwa Mudugudu ntiyansinyira, ni bwo yahise ahamagara Gitifu ati ‘ba bagore bavugiye kuri radiyo batangiye kudukenera bari gusaba ibyangombwa byo kujya gufunguza abagabo babo’.”

Yakomeje agira ati “Kuko biriya bintu bikimara kuba (Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Bunyoni bivugwa ko yaboheye umuturage mu Biro by’Akagari akanamukubita ku bugabo), abaturage bose bababitsemo ikintu cy’ubwoba.”

Umuyobozi w’Umudugudu yanze kumusinyira

Bamwe mu baturage bo muri aka gace, bavuga ko basigaye batinya gutanga ibitekerezo mu itangazamakuru kubera ingaruka zikunze kuba ku babitanga.

Ubwo umunyamakuru yegeraga umwe muri aba baturage, yagize ati “Oya njyewe ntihagire umbaza ikintu, kirazira nta n’ubwo nanabivuga, ntabwo nabivuga kuri radio ntibibaho.”

Undi ati “Natwe tunagira ikibazo cyo gutanga ibitekerezo byacu, ushobora kuvuga ijambo ukarizira rero twebwe turatinya.”

Umukuru w’Umudugudu wa Kabigabiro, Nyiransengimana Hillalie yanze kugira icyo avuga kuri iki kibazo cyangwa ibindi byagaragajwe na bamwe mu baturage bo muri uyu Mudugudu, ahubwo agahatira umunyamakuru kumubwira uwamuhamagaye mu Mudugudu we.

Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Rutsiro, Mulindwa Prosper avuga ko abaturage bafite uburenganzira bwo gutanga amakuru, bityo ko nta muyobozi ukwiye kubirengaho.

Ati “Umuturage rero kuba yakwimwa ibyangombwa kubera ko yavuganye n’itangazamakuru, ntaho byigeze biteganywa n’amategeko, kandi buri wese aba afite umukuriye mu buyobozi kandi tuba dushinzwe abari munsi yacu, ibyemezo bidafatiwe ku Murenge byafatwa n’Akarere, yewe natwe hari ibyo dukora nabi Guverineri akabikosora, ibyo rero njye navuga ko ari abantu ku giti cyabo, niba baratoteje cyangwa barabujije umuturage kwisanzura mu gutanga ibitekerezo bye ntabwo ari Leta yabatumye.”

Yakomeje agira ati “Nta muturage ukwiye kubuzwa gutanga ibitekerezo bye, ntawe ukwiye kubihorwa natwe abayobozi murabizi itangazamakuru rihora ritubaza, hari n’ibyo ritubaza twakoze nabi, hari ibyo ridufasha mu gushimira abaturage, mu gukora ubukangurambaga, itangazamakuru ririho kugira ngo ridufashe twese.”

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko mu gihe hari n’umuyobozi wakorera umuturage ibi, ubuyobozi bumushinzwe, bwabimuryoza.

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 2 =

Previous Post

Hamenyekanye icyatumye RIB yongera guhamagaza Ndimbati n’icyo akivugaho

Next Post

Imibare mishya y’imfungwa muri Gereza zo mu Rwanda ntihura n’ingamba zashyizweho

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Imibare mishya y’imfungwa muri Gereza zo mu Rwanda ntihura n’ingamba zashyizweho

Imibare mishya y’imfungwa muri Gereza zo mu Rwanda ntihura n’ingamba zashyizweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.