• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

France: Urupfu rw’imbwa rwatumye umugabo n’umugore bisanga imbere y’inkiko

radiotv10by radiotv10
08/09/2023
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
France: Urupfu rw’imbwa rwatumye umugabo n’umugore bisanga imbere y’inkiko
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo n’umugore we batuye i Wasquehal mu majyaruguru y’u Bufaransa, bageze imbere y’urukiko kugira ngo bisobanure ku rupfu rw’imbwa yabo, yishwe n’ubushyuhe bukabije, ubwo bayifungiranaga mu gasanduku.

Uyu mugabo n’umugore we, bitabye Urukiko mpanabyaha rw’i Lille mu Bufaransa, bakekwaho icyaha cy’uburangare bwatumye imbwa ipfa, aho yanatoraguwe n’abapolisi tariki 12 Nyakanga umwaka ushize wa 2022.

Eric Marouani, Perezida w’Ishyirahamwe rishinzwe, ibyo gucirira imbwa rizwi nka Association Rottweiller Adoption, avuga ko uyu muryango ugomba kubazwa iby’urupfu rw’iyi mbwa.

Yagize ati “Kuki baciririye imbwa yo gufata nabi? Ntabwo mbyiyumvisha […] nta kindi gihe nigeze mbibona mu myaka 16 maze nkora izi nshingano, no mu nyamaswa ibihumbi namenye.”

Eric Marouani akomeza avuga ko “Iriya mbwa ntiyagiraga imyitwarie mibi” ku buryo atumva icyatumye uyu muryango ukorera igikorwa cy’ubugome iriya mbwa.

Akomeza avuga ko bagiye bakira ubuhamya ndetse n’amashusho agaragaza uburyo iyi mbwa yafatwaga nabi, arimo agaragaza ko hari igihe bajyaga bayijugunya ku ibaraza ry’inyubako babamo.

Yagize ati “Muri videwo imwe, twabonye umugore ayikubita umugeri ari kwinjira mu nzu. Mu yindi tubona imbwa ifungiranye mu gasanduku, yababaye, byongeyeho kandi yavuye amaraso. Ni ku munsi wa tariki 12 Nyakanga yanapfiriyeho.”

Me Alexandre Demeyere-Honoré wunganira uyu muryango, avuga ko nta kimenyetso na kimwe kigaragaza ko iriya mbwa bayifashe nabi.

Yagize ati “Yego rwose ntabwo uriya muryango waciririye imbwa kugira ngo bayifate nabi. Kandi nta gikomere yigeze isanganwa. Ubwo bayisigaga ku ibaraza nta bushake bari bafite bwo kuyibabaza.”

Uyu munyamategeko avuga ko kuba iriya mbwa yarapfuye, ari ibyago, kandi ko urupfu rwayo rwashenguye uyu muryango wari warayiciririye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − six =

Previous Post

Urubyiruko rwijanditse mu bujura rwagaragarijwe icyo rugomba kubusimbuza

Next Post

Uganda yatsinze umukino nk’uwitegurwa n’Amavubi ariko ntibyagira icyo biyimarira

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Uganda yatsinze umukino nk’uwitegurwa n’Amavubi ariko ntibyagira icyo biyimarira

Uganda yatsinze umukino nk’uwitegurwa n’Amavubi ariko ntibyagira icyo biyimarira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.