Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

France: Urupfu rw’imbwa rwatumye umugabo n’umugore bisanga imbere y’inkiko

radiotv10by radiotv10
08/09/2023
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
France: Urupfu rw’imbwa rwatumye umugabo n’umugore bisanga imbere y’inkiko
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo n’umugore we batuye i Wasquehal mu majyaruguru y’u Bufaransa, bageze imbere y’urukiko kugira ngo bisobanure ku rupfu rw’imbwa yabo, yishwe n’ubushyuhe bukabije, ubwo bayifungiranaga mu gasanduku.

Uyu mugabo n’umugore we, bitabye Urukiko mpanabyaha rw’i Lille mu Bufaransa, bakekwaho icyaha cy’uburangare bwatumye imbwa ipfa, aho yanatoraguwe n’abapolisi tariki 12 Nyakanga umwaka ushize wa 2022.

Eric Marouani, Perezida w’Ishyirahamwe rishinzwe, ibyo gucirira imbwa rizwi nka Association Rottweiller Adoption, avuga ko uyu muryango ugomba kubazwa iby’urupfu rw’iyi mbwa.

Yagize ati “Kuki baciririye imbwa yo gufata nabi? Ntabwo mbyiyumvisha […] nta kindi gihe nigeze mbibona mu myaka 16 maze nkora izi nshingano, no mu nyamaswa ibihumbi namenye.”

Eric Marouani akomeza avuga ko “Iriya mbwa ntiyagiraga imyitwarie mibi” ku buryo atumva icyatumye uyu muryango ukorera igikorwa cy’ubugome iriya mbwa.

Akomeza avuga ko bagiye bakira ubuhamya ndetse n’amashusho agaragaza uburyo iyi mbwa yafatwaga nabi, arimo agaragaza ko hari igihe bajyaga bayijugunya ku ibaraza ry’inyubako babamo.

Yagize ati “Muri videwo imwe, twabonye umugore ayikubita umugeri ari kwinjira mu nzu. Mu yindi tubona imbwa ifungiranye mu gasanduku, yababaye, byongeyeho kandi yavuye amaraso. Ni ku munsi wa tariki 12 Nyakanga yanapfiriyeho.”

Me Alexandre Demeyere-Honoré wunganira uyu muryango, avuga ko nta kimenyetso na kimwe kigaragaza ko iriya mbwa bayifashe nabi.

Yagize ati “Yego rwose ntabwo uriya muryango waciririye imbwa kugira ngo bayifate nabi. Kandi nta gikomere yigeze isanganwa. Ubwo bayisigaga ku ibaraza nta bushake bari bafite bwo kuyibabaza.”

Uyu munyamategeko avuga ko kuba iriya mbwa yarapfuye, ari ibyago, kandi ko urupfu rwayo rwashenguye uyu muryango wari warayiciririye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + twelve =

Previous Post

Urubyiruko rwijanditse mu bujura rwagaragarijwe icyo rugomba kubusimbuza

Next Post

Uganda yatsinze umukino nk’uwitegurwa n’Amavubi ariko ntibyagira icyo biyimarira

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda yatsinze umukino nk’uwitegurwa n’Amavubi ariko ntibyagira icyo biyimarira

Uganda yatsinze umukino nk’uwitegurwa n’Amavubi ariko ntibyagira icyo biyimarira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.