Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Abagore bahishuye icyatumye bahaguruka bakiyemeza gukora icyo batamenyereweho

radiotv10by radiotv10
08/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Abagore bahishuye icyatumye bahaguruka bakiyemeza gukora icyo batamenyereweho
Share on FacebookShare on Twitter

Abagore bo mu Muduguru umwe wo mu Murenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza, biyemeje kujya bakora irondo rya ku manywa, batangiye gukora bitwaje inkoni, kugira ngo bahangane n’ibisambo bimaze iminsi byarabazengereje.

Ni abagore bo mu Mudugudu w’Umuremampango mu Kagari ka Cyarubare mu Murenge wa Kabare, bavuga ko abajura basizoye bari bamaze iminsi babiba amatungo n’imyaka.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yageze muri uyu Mudugudu asanga abagore bahagaze ku murongo umwe bafite inkoni, abandi bari kugendagenda mu rusisiro, bagenzura ko hari uwabahungabanyiriza umutekano.

Gusa bavuga ko iri rondo ryabo rizajya riba ku manywa, kuva saa moya kugeza saa tanu z’amanywa, ubundi iry’ijoro rigakorwa n’abagabo babo na basaza babo.

Mukakimenyi Florence, uyobora uyu Mudugu w’Umuremampango yavuze icyatumye bafata iki cyemezo, ati “Twari dufite ubujura bukabije mu Mudugudu, wajya guhinga waza ugasanga urugi barwishe basahuye.”

Uyu muyobozi avuga ko abajura bari bamaze kubona ko mu ijoro haba hari irondo ry’abagabo, bakabyuririraho bakajya biba ku manywa, ariko abagore na bo babona batakomeza kurebera.

Ati “Twicaye mu Nteko y’Abaturage turavuga ngo dukore iki? Tujya inama n’abagabo, turangije turavuga tuti reka natwe abadamu dushyireho imbaraga zacu turebe.”

Avuga ko mu Masibo 12 yo muri uyu Mudugudu, biyemeje ko buri Sibo hazajya hasigara abagore babiri, ubundi bakajya bafatanya mu kwicungira umutekano, kandi ko kuva batangira biri gutanga umusaruro.

Ati “Bagenda bazenguruka bareba kwa runaka ko hari uwakurira igipangu cyangwa hari umuntu uri gucaracara. Iyo bamubonye baramuhagarika, bakareba aho ajya n’aho ava, barangiza bakamukurikiza ijisho kugira ngo barebe ko arenga mu Mudugudu ntacyo akoze.”

Aba bagore na bo bishimira iki cyemezo, ku buryo iri rondo barikora bumva bikorera, kuko bari abajura bari bamaze kubazengereza.

Tuyishime Anitha “Uje tutamuzi, turamuhagarika, tukamubaza ibyangombwa, tukamubaza aho ava n’aho ajya, yabitwereka tukamureka agakomeza urugendo.”

Aba bagore bavuga ko banifuza ko babona impuzankano bazajya bambara, ubundi ibitenge barikorana, bakajya babisiga mu ngo.

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi Jean Bosco, avuga ko iki gikorwa cy’aba baturage, ari urugero rwiza rwo kwishakamo ibisubizo, kandi ko bazabashyigikira.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 7 =

Previous Post

Nubwo dusezerewe ariko ntacyahungabanya Igihugu cyacu duhari- Gen (Rtd) Kabarebe

Next Post

Urubyiruko rwijanditse mu bujura rwagaragarijwe icyo rugomba kubusimbuza

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urubyiruko rwijanditse mu bujura rwagaragarijwe icyo rugomba kubusimbuza

Urubyiruko rwijanditse mu bujura rwagaragarijwe icyo rugomba kubusimbuza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.