• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

radiotv10by radiotv10
29/01/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho
Share on FacebookShare on Twitter

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri rizimuha ryasohotse ari mu modoka atashye, akabanza guhagarara kuko abantu bamuhamagaraga ku bwinshi.

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru wa kimwe mu bitangazamakuru bikorera mu Rwanda, izina rye ryasohotse mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu, mu bayobozi bashya bashyizwe mu nshingano.

Aganira n’igitangazamakuru SK FM yakoreraga yari anabereye umuyobozi, Jean Maurice yavuze ko itangazo ry’ibyemezo by’inama y’Abaminisitiri yamuhaye inshingano ryasohotse ari mu nzira ataha.

Ati “Nasomye Yellow Paper ngeze muri Kibagabaga hafi y’ibitaro bya Kibagabaga, nahise mparika aho ngaho, sinamenye ibindi byakurikiyeho kuko amatelefone yari menshi, ndabanza nshimira Imana n’Umukuru w’Igihugu ku bw’amahirwe mba mpawe yo kugaragaza ibyo nshoboye ariko hashize nk’amasaha atatu ntarumva uburemere bw’inshingano.”

Yakomeje agira ati “Nyine urumva ijoro ryose urumva ko nta bitotsi. Nabyutse ubu mvuye mu misozi hejuru Bumbogo ha handi nsanzwe njya muri siporo, nyuma y’ibirahure bitatu by’amazi ubu ni bwo ndi kumva noneho nanabavugisha.”

Uyu mugabo umaze imyaka irenga 14 akora umwuga w’Itangazamakuru, uzwiho kuganira cyane, yavuze ko nubwo yahawe izi nshingano ntakizamubuza kuzajya asura iki gitangazamakuru yakoreraga.

Ati “Aho ni mu rugo ntabwo nahacika […] muzajya muntumira nitabe kuko aho ni mu rugo.”

Avuga ko mu nshingano ze agiyemo, azashyira imbere inyungu z’umuturage. Ati “Kuva nageze aho bicomekeye, umuturage ari ku isonga.”

Ni na bwo butumwa yatanze akimara guhabwa izi nshingano, ashimira Perezida Paul Kagame wamugiriye icyizere, anamwizeza kuzashyira imbere inyungu za rubanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Next Post

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.