• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

radiotv10by radiotv10
29/01/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no gukoresha ibiyobyabwenge.

Uyu mugabo yafatiwe mu Mudugudu wa Masambu mu Kagari ka Rubona, Umurenge wa Bweramana mu ijoro ryo kuri uyu wa 28 rishyira 29 Mutarama 2026,

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amjyepfo, CIP Hassan Kamanzi yavuze ko “Polisi yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no gukoresha ibiyobyabwenge. Yafatanywe ibilo birenga bibiri (2) by’urumogi.”

Uyu mugabo wafashwe, ubu afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kabagali, mu gihe Ubugenzacyaha bwatangiye iperereza ku byaha akekwaho.

Polisi, ku bufatanye n’izindi nzego, ikomeje ubukangurambaga bugenewe abaturage, by’umwihariko urubyiruko, bugamije gukumira ibyaha, cyane cyane ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’igikwangari (inzoga zitemewe), kuko byangiza ubuzima bw’Abanyarwanda, by’umwihariko urubyiruko.

Polisi ikomeje gushimira abaturage bakomeje kurangwa n’umuco mwiza wo kumenya ko umutekano ari inshingano rusange, aho bagira uruhare rufatika mu gutanga amakuru ku gihe kandi vuba, bigamije gukumira no kurwanya ibyaha.

Polisi kandi irasaba buri wese kwirinda gukora ibinyuranyije n’amategeko, by’umwihariko gucuruza, gukwirakwiza, gutunda no kunywa urumogi, kuko ari icyaha gihanwa n’amategeko.

CIP Hassan Kamanzi, yavuze kandi Polisi yibutsa ko itazigera yihanganira uwo ari we wese uzakora ibinyuranyije n’amategeko, kuko amayeri yose akoreshwa akomeje gutahurwa, kandi uzabifatirwamo azafatwa ashyikirizwe Ubugenzacyaha kugira ngo amategeko yubahirizwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + fifteen =

Previous Post

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Next Post

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.