Wednesday, August 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nubwo dusezerewe ariko ntacyahungabanya Igihugu cyacu duhari- Gen (Rtd) Kabarebe

radiotv10by radiotv10
07/09/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Ubutumwa bukomeye bwa Gen Kabarebe kuri RDF ubwo yasezerwagaho
Share on FacebookShare on Twitter

General (Rtd) James Kabarebe uri mu basirikare bo hejuru baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Abajenerali bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora Igihugu, yahaye isezerano Abanyarwanda ko nubwo basezerewe ariko ntagishobora guhungabanya umutekano w’u Rwanda bahari.

Ni ijambo rya Gen (Rtd) James Kabarebe ubwo habaga umuhango wa RDF wo gusezerera aba basirikare barimo Gen (Rtd) Fred Ibingira.

Hasezerewe kandi Lt Gen (Rtd) Charles Kayonga, Lt Gen (Rtd) Frank Mushyo Kamanzi, Maj Gen (Rtd) Martin Nzaramba, Maj Gen (Rtd) Eric Murokore, Maj Gen (Rtd) Augustin Turagara, Maj Gen (Rtd) Charles Karamba, Maj Gen (Rtd) Albert Murasira, Brig Gen (Rtd) Chris Murari, Brig Gen (Rtd) Didace Ndahiro na Brig Gen (Rtd) Emmanuel Ndahiro.

Gen (Rtd) James Kabarebe, watanze ubutumwa mu izina rya bagenzi be, yavuze ko bamwe mu basezerewe bamaze igihe kinini mu gisirikare ndetse ko banarwanye urugamba rwo kubohora u Rwanda.

Avuga ko bishimira kuba barakoranye na Perezida Paul Kagame wayoboye uru rugamba, ndetse bakanakorana na nyuma ari Umukuru w’Igihugu.

Ati “Ni amahirwe adasanzwe, kubera ko ni umuntu udasanzwe. Uko turi hano, abenshi ni abantu babaye mu rugamba rwo kubohora Igihugu cyacu ari bato kuva rutangira, bazi agaciro duha nyakubahwa, bazi aho yadukuye hatoroshye.”

Yakomeje avuga ko Perezida Kagame yubatse RDF kuva kuri RPA, kandi ko aho igeze ubu, ari igisirikare gikomeye, gitera ishema ukirimo, utakirimo ndetse n’ugisezerewemo.

Ati “Turahamya ko uwasezera mu ngabo wese ari natwe tugiye uyu munsi, dufite icyizere kidakuka ko Igihugu cyacu gihagaze neza mu buryo bw’ubwirinzi.”

Avuga ko gusezererwa muri RDF, ari umuco kugira ngo n’abakiri bato babone amahirwe yo gukorera igisirikare n’Igihugu, ariko ko ababa bagiye n’ubundi bakomeza kubaba hafi.

Ati “Gusezererwa mu gisirikare, ntabwo bivuze ko umuntu aretse igisirikare. Igisirikare wakivamo ariko cyo ntabwo cyakuvamo. Ni ukuvuga ko n’abasezerewe uyu munsi, igisirikare ntikizigera kibavamo.”

Akomeza agira ati “Aho bagiye, ubumenyi bafite, ubunararibonye bajyanye, ubushake, ubwitange, urukundo rw’Igihugu, icyaba icyo ari cyo cyose isaha iyo ari yo yose [usibye ko batanagiye kure, bari hafi y’ingabo] ntacyashobora guhungabanya umutekano w’Igihugu cyacu aba bagabo bose bahari.”

Gen (Rtd) James Kabarebe yavuze ko uretse n’ibyo kandi, uko igisirikare cy’u Rwanda gihagaze ubu, gitanga icyizere ko Igihugu kirinzwe no mu myaka myinshi iri imbere.

Ubwo Gen [Rtd] James Kabarebe yasezerwagaho
Gen (Rtd) Fred Ibingira na we yarasezerewe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − three =

Previous Post

SG wa FERWACY ushinjwa gutekinikira umugore we akagenda muri delegasiyo y’u Rwanda yabyisobanuyeho

Next Post

Kayonza: Abagore bahishuye icyatumye bahaguruka bakiyemeza gukora icyo batamenyereweho

Related Posts

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

The Chief of Defence Staff (CDS) of the Rwanda Defence Force, General MK Mubarakh, today hosted a delegation from the...

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

by radiotv10
06/08/2025
0

Umuryango w’Abibumbye wavuze ko Ibihugu 32 birimo n’u Rwanda; bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro, bikwiye koroherezwa...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

by radiotv10
06/08/2025
0

Itsinda ry’intumwa z’Ingabo z’Igihugu cya Sri Lanka ziri mu ruzinduko mu Rwanda, ryakiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh...

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

by radiotv10
06/08/2025
0

Umwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Nyakabwende mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusisi, arashinja umuyobozi w’iri shuri ubuhemu...

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

by radiotv10
06/08/2025
0

The United Nations has reported that 32 countries, including Rwanda, possess wealth but lack the capacity to fully exploit it,...

IZIHERUKA

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka
MU RWANDA

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

06/08/2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

06/08/2025
Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Eng.-General Muhoozi sheds light on the enemies who recently entered the country

06/08/2025
Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

06/08/2025
U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi

U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi

06/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Abagore bahishuye icyatumye bahaguruka bakiyemeza gukora icyo batamenyereweho

Kayonza: Abagore bahishuye icyatumye bahaguruka bakiyemeza gukora icyo batamenyereweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.