Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

10 SPORTS: Milutin Sredojević “Micho” na Montero baravutse, Tottenham yakirwa mu isi y’umupira…ibyaranze uyu munsi mu mateka

radiotv10by radiotv10
02/09/2021
in SIPORO
0
10 SPORTS: Milutin Sredojević “Micho” na Montero baravutse, Tottenham yakirwa mu isi y’umupira…ibyaranze uyu munsi mu mateka
Share on FacebookShare on Twitter

Amateka adufasha kumenya aho tuva, kugira ngo tumenye uko dutegura ejo hazaza, muri iyi nkuru tugaruka ku bihe by’ingenzi byaranze itariki nk’iyi mu mateka y’imikino itandukanye ku isi:

Tumenye uyu munsi:

Uyu munsi ni kuwa gatatu w’itariki ya 01 Nzeli 2021, ni umunsi wa 244 mu minsi igize umwaka harabura iminsi 121 ngo umwaka urangire, Turi kuwa gatatu wa 35 kuva 2021 yatangira Turi mu cyumweru cya 36 mu byumweru bigize umwaka wa 2021

Ni bande bavutse ku munsi nk’uyu?

1.Milutin Sredojević “Micho”  (1969)

Milutin 'Micho' Sredojevic: Uganda took me for granted

Yujuje imyaka 52, Umutoza w’umunya-Serbia watoje amakipe atandukanye hano ku mugabane wa Afrika harimo n’u Rwanda yatoje hagati ya 2011–2013 kuri ubu ni umutoza w’ikipe y’igihugu ya Uganda yagiyemo avuye muri Zambia nyuma yo gutoza Zamalek muri 2019.

2.Jefferson Montero (1989)

Jefferson Montero: Swansea paperwork is complete for winger's loan to  Birmingham - BBC Sport

Yujuje imyaka 32, umunya – Ecuador ukina asatira aca ku mpande muri  Querétaro yo muri Mexique yagiyemo avuye gukina muri Birmingham City yakinagamo nk’intizanyo ya Swansea city, anakinira ikipe y’igihugu ya Équateur.

 3.William Troost-Ekong  (1993)

Yujuje imyaka 28, myugariro w’umunya-Nigeria ukinira Watford yagiyemo 2020 avuye muri  Udinese yo mu Butaliyani akinira kandi n’ikipe y’igihugu ya Nigeria.

4.Sergio Rico (1993)

Yujuje imyaka 28, umunyezamu w’umwespanyol ugiye kumara imyaka itatu akinira Paris Saint Germain yabanje gukinamo nk’intizanyo ya Sevilla, yazamukiyemo akanatwarana nayo ibikombe bibiri bya Europa League.

5.Munir El Haddadi (1995)

Yujuje imyaka 26, Rutahizamu w’umwespanyol ukinira Sevilla FC, n’ikipe y’igihugu ya Esipanye.

Uyu muhungu yanyuze mu ishuli ry’umupira w’amaguru rya Atletico Madrid, arivamo ajya muri Barcelona, imutiza muri Valencia na Villarreal agurwa na Sevilla muri 2019.

Amaze gukinira ikipe y’igihugu ya Esipanye umukino umwe abakinira no mwikipe zabo zabato ariko 2021 yahisemo gukinira Marrocco amaze kuhakina imikino ine amaze kuhatsinda igitego kimwe.

6.Mario Lemina (1993)

Mario Lemina (@LeminaM_13) | Twitter

Yujuje imyaka 28, myugariro w’umunya-Gabon ukinira nice yo mu bufaransa yagiyemo muri uyu mwaka akinira n’ikipe y’igihugu ya Gabon.

Uyu mugabo yanyuze mu makipe nka Lorient, Marseille, Juventus na Southampton, mu ikipe y’igihugu ya Gabon amaze gukina imikino 19 yayitsindiye ibitego bitatu.

7.Hakan Şükür (1971)

Yujuje imyaka 50, umunya uwahoze ari Rutahizamu wa Galatasaray yatwaranye nayo ibikombe 14, n’ikipe y’igihugu ya Turkey.

Mu ikipe y’igihugu ya Turkiya yabakiniye imikino 112 abatsindira ibitego 51 bimugira umukinnyi watsindiye Turkiya ibitego byinshi.

8.José Antonio Reyes ( 1983)

Jose Antonio Reyes: Arsene Wenger speaks out on sad day for football as  ex-Arsenal ace passes - football.london

Iyaza kuba akiriho aba yujuje imyaka 38,Rutahizamu wamamaye muri Real Madrid na Arsenal n’ikipe y’igihugu ya Esipanye.

Yazamukiye muri Sevilla, yerekeza muri Arsenal, ayimaramo imyaka ibiri ajya muri Real Madrid, ayivamo ajya muri Atlético Madrid, imutiza muri Benfica, ayivamo agaruka muri Sevilla ayifasha gutwara Europa League eshatu.

Mu ikipe y’igihugu yabakiniye imikino 21, ayitsindira ibitego bine

Yitabye Imana tariki ya 01 Kamena 2019 azize impanuka y imodoka.

9.Ruud Gullit (1962)

Yujuje imyaka 59, Umuholandi wari kapiteni w’ikipe y’igihugu cyabo batwara igikombe cy’Uburayi cyo mu 1988.

Uyu mugabo wari uzwi cyane ku ma dreads n’ubwana bwinshi yibukwa cyane mu busatirizi bw’amateka bwa Milan AC we na Marco van Basten na Frank Rijkaard.

Gullit yatwaranye na Milan AC shampiyona eshatu na champions league ebyiri, mu 1996 yasinyiye Chelsea nk’umukinnyI n’umutoza ayifasha gutwara FA cup akaba aricyo gikombe gikomeye Chelsea yari itwaye nyuma y’imyaka 26.

Gullit yatwaye Ballon d’or y’1987, yanahembwe nk’umukinnyi mwiza ku isi inshuro ebyiri 198 & 1989.

Ikipe y’igihugu yayikiniye imikino 66 ayitsindira ibitego 17.

10.Daniel Sturridge(1989)

Whispers & Rumours Of Daniel Sturridge To MLS Is Exciting

Yujuje imyaka 32, Rutahizamu w’umwongereza ukinira Trabzonspor yo mu cyiciro cya mbere muri Turkiya.

Yanyuze mu makipe nka Manchester City, Chelsea, Bolton Wanderers, Liverpool na West Bromwich Albion.

Mu ikipe y’igihugu y’u Bwongereza yayikiniye mu byiciro byose uhereye mu batarengeje imyaka 16,mu ikipe y’igihugu nkuru yabakiniye imikino 26 abatsindira ibitego umunani.

Ibihe by’ingenzi byaranze itariki nk’iyi mu mateka:

1891: akanama k’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Bwongereza kemeje ko hazajya haterwa penaliti mu gihe amakipe yananiwe gutsindana mu minota yagenwe y’umukino

1908 : Tottenham yakinnye umukino wayo wa mbere muri shampiyona y’u Bwongereza, umukino yahuragamo n’a Wolves kuri  White Hart Lane.

Umukino. Warangiye Tottenham itsinze Wolves ibitego 3-0

1925 :  Pierre de Coubertin yeguye ku mirimo yo kuyobora komite mpuzamahanga Olempike.

1934: Arsenal yanyagiye Liverpool ibitego 8-1 mu mukino wo gutaha Highbury (sitade Arsenal yahoze yakirira ho imikino yayo), iyi stade yafunzwe kuya 07 Gicurasi 2006, Arsenal yimukira kuri Emirates stadium.

What Everton star Richarlison said about the Emirates Stadium before  Brazil's win over Uruguay - football.london

1973: umunyamerika George Foreman yisubije imikandara yo ku rwego rw’isi mu iteramakofe ry’abafite ibiro byinshi, nyuma yo gukubita ahwereje umunya-Pueto Rico Jose “King” Roman, mu gace ka mbere k’umukino wabereye i Tokyo mu Buyapani.

1977: ku myaka 14 amezi umunani n’iminsi 20,Tracy Austin yabaye umukinnyi w’igitsina Gore ukiri muto kurusha abandi ugaragaye muri us open.

Aha hari mu mukino uyu mwangavu yatsinzemo umudage kazi Heidi Eisterlehner amaseti 3-1.

1987: umunyamerika Michael Chang ku myaka ye 15 yabaye umukinnyi ukiri muto kurusha abandi ubashije gutsinda umukino mu irushanwa rya Tennis rikinirwa muri Amerika (US open)

2004:  ibirego byo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato, byaregwaga Kobe Bryant byakuweho.

Kobe Bryant merchandise in big demand after his death - Los Angeles Times

2006: ikipe y’igihugu ya Leta zunze ubumwe za Amerika y’umukino wa Basketball yatunguwe n’iy’u Bugeleki muri ½ cy’imikino y’igikombe cy’isi yaberaga Saitama mu Buyapani.,itsindwa amanota 101-95.

2013: umunya – Wales Gareth Bale, yerekeje muri Real Madrid avuye muri Tottenham kuri miliyoni 85.3 z’amapawundi.

Byateguwe na Esther Fifi Uwizera/RadioTV10 ku bufatanya na DSTV

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − eight =

Previous Post

Raporo y’imikoreshereze y’inguzanyo za IMF igeze he?

Next Post

Busanza: Isoko bizejwe na Minisitiri Gatabazi ryaheze mu ntangiriro

Related Posts

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

by radiotv10
08/05/2025
0

Ikipe ya AS Muhanga yaherukaga mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda muri 2014 na Gicumbi FC yagiherukagamo muri...

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

by radiotv10
08/05/2025
0

Ubuyozi bw’Umujyi wa Kigali, bugiye gukuraho inkunga bwahaga andi makipe azwi muri ruhago nyarwanda nka Kiyovu Sports na Gasogi United,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na Rayon Sports, Ombolenga Fitina yandikiye iyi kipe iherutse kumugura, ayisaba ko basesa amasezerano kubera kutubahiriza...

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

by radiotv10
07/05/2025
0

Ndayishimiye Thierry wakinaga mu bwugarizi bw’ikipe ya AS Kigali, yahagaritse gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, aho yerecyeje ku Mugabane w’u...

Volleyball: Amakipe aherutse guhagararira u Rwanda mu mikino nyafurika agiye guhurira mikino y’ishiraniro

Volleyball: Amakipe aherutse guhagararira u Rwanda mu mikino nyafurika agiye guhurira mikino y’ishiraniro

by radiotv10
02/05/2025
0

Mu mikino ya kamarampaka (Playoffs) yo gushaka ikipe izegukana igikombe cya Shampiyona ya 2024-2025 muri Volleyball, mu cyiciro cy’abakobwa, ikipe...

IZIHERUKA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa
MU RWANDA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Busanza: Isoko bizejwe na Minisitiri Gatabazi ryaheze mu ntangiriro

Busanza: Isoko bizejwe na Minisitiri Gatabazi ryaheze mu ntangiriro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.