Sunday, February 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Abakora ubucuruzi buciriritse bavuga ko batumva uburyo bazakoresha

radiotv10by radiotv10
02/09/2021
in MU RWANDA
0
Muhanga: Abakora ubucuruzi buciriritse bavuga ko batumva uburyo bazakoresha
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu karere ka Muhanga bakora ubucuruzi buciriritse bavuga ko batumva uburyo bazakoresha EBM kandi ibikoresho bisabwa binaruta igishoro bafite.

Bamwe mu bakorera bakorera ubucuruzi buciriritse mu mujyi wa Muhanga bavuga ko babangamiwe no kuba barabwiwe ko bagomba gutangira gutanga inyemezabwishyu za EBM bitarenze icyumweru kimwe nyamara ngo hari ibikoresho nkenerwa birimo computer cyangwa telefoni igezweho utanga iyo  nyemezabwishyu agomba kuba afite, ibyo ushobora gusanga binafite agaciro karuta kure igishoro cy’umucuruzi.

Abaganiriye na RadioTV10 batashatse ko imyirondoro yabo itangazwa bagaragazaga ko bibakomereye ndetse batumva uko bazabihuza n’igishoro kidahagije baba bafite.

Umwe yagize ati” Icyatubangamiye twumvisemo n’uko gukoresha EBM bisaba gukoresha telefoni igezweho cyangwa mudasobwa, nyamara niba ntunze telefoni nto igura ibihumbi icumi si uko nari nanze iyo nini, ugasanga rero ni imbogamizi kuko n’ibyo ncuruza ntibifitemo ibyo bihumbi ijana ku buryo nahita mbibona mu minsi irindwi.’’

Undi we yavuze ko baje bababwira ko uburyo bwo gukoresha EBM busaba kuba umuntu afite mudasobwa cyangwa telefoni zigezweho. Uyu akomeza avuga ko harimo imbogamizi kuko hari abadafite n’ubushobozi bwo kugura iyo telefoni zihenze .

Aba bacuruzi bavuga ko bamwe bashobora no kuzakinga bagataha, gusa bakifuza ko hashyirwaho uburyo buborohereza kandi n’ufite telefoni nto yakwisangamo.

Ku murongo wa Telefoni, Jean Paulain Uwitonze, Komiseri mu kigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro yabwiye umunyamakuru wa RadioTV10 ko kugeza ubu nta buryo bwo gukoresha telefoni nto mu gutanga inyemezabwishyu ya EBM ihari, gusa akavuga ko mu minsi iri imbere nabwo bushobora kuzashyirwaho.

Ku kibazo cy’utazabona ubushobozi bwo guhita agura Telefoni igezweho kandi uburyo bwo gukoresha into butari bwashyirwaho, Jean Paulain Uwitonze yavuze ko intego yabo atari ugukura abacuruzi bato mu bucuruzi na cyane ko byumvikana ko uwabuze ubushoboozi bugura smartphone atari mu basoreshwa umusoro ku nyungu,  gusa ntiyeruye ngo avuge niba bo bazaba bihanganiwe kujyeza babonye ubushobozi cyangwa bagategereza ko hashyirwaho uburyo bujyanye n’amikoro yabo bwo gutanga inyemezabwishyu ya EBM.

Inkuru ya: Sindiheba Yussuf/RadioTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + twenty =

Previous Post

Busanza: Isoko bizejwe na Minisitiri Gatabazi ryaheze mu ntangiriro

Next Post

KIGALI: Muri iyi minsi amata yabaye macye ku isoko n’igiciro kirazamuka

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

by radiotv10
01/02/2026
1

Umunyarwanda aho yicaye hose uyu munsi, ntakindi kimuri mu bitekerezo uretse Intwari z'u Rwanda n'ubutwari bwaziranze, dukesha umusingi w'ibyo Abanyarwanda...

Umuyobozi mu Karere ka Nyamasheke yirukaniwe impamvu yumvikanamo kunyuranya n’imyitwarire mbonezamurimo

Nyamasheke: Akurikiranyweho kwica umwana we wari ufite uburwayi bwo mu mutwe

by radiotv10
01/02/2026
0

Kayiranga Azalie wo mu kagari Gitwa mu murenge wa Gihombo akurikiranyweho kwica umuhungu we witwaga Habyalimana Michel wari umaze igihe...

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

by radiotv10
01/02/2026
0

Ku mugoroba ubanziriza umunsi wo kwizihiza Intwari z'u Rwanda, mu Karere ka Ruhango habereye igitaramo cyihariye cyari kigamije gusingiza no...

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

by radiotv10
01/02/2026
1

Umuyobozi mu Karere ka Nyamasheke yirukaniwe impamvu yumvikanamo kunyuranya n’imyitwarire mbonezamurimo

Nyamasheke: Akurikiranyweho kwica umwana we wari ufite uburwayi bwo mu mutwe

01/02/2026
Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

01/02/2026
Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

31/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
KIGALI: Muri iyi minsi amata yabaye macye ku isoko n’igiciro kirazamuka

KIGALI: Muri iyi minsi amata yabaye macye ku isoko n’igiciro kirazamuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

Nyamasheke: Akurikiranyweho kwica umwana we wari ufite uburwayi bwo mu mutwe

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.