• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Abakora ubucuruzi buciriritse bavuga ko batumva uburyo bazakoresha

radiotv10by radiotv10
02/09/2021
in MU RWANDA
0
Muhanga: Abakora ubucuruzi buciriritse bavuga ko batumva uburyo bazakoresha
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu karere ka Muhanga bakora ubucuruzi buciriritse bavuga ko batumva uburyo bazakoresha EBM kandi ibikoresho bisabwa binaruta igishoro bafite.

Bamwe mu bakorera bakorera ubucuruzi buciriritse mu mujyi wa Muhanga bavuga ko babangamiwe no kuba barabwiwe ko bagomba gutangira gutanga inyemezabwishyu za EBM bitarenze icyumweru kimwe nyamara ngo hari ibikoresho nkenerwa birimo computer cyangwa telefoni igezweho utanga iyo  nyemezabwishyu agomba kuba afite, ibyo ushobora gusanga binafite agaciro karuta kure igishoro cy’umucuruzi.

Abaganiriye na RadioTV10 batashatse ko imyirondoro yabo itangazwa bagaragazaga ko bibakomereye ndetse batumva uko bazabihuza n’igishoro kidahagije baba bafite.

Umwe yagize ati” Icyatubangamiye twumvisemo n’uko gukoresha EBM bisaba gukoresha telefoni igezweho cyangwa mudasobwa, nyamara niba ntunze telefoni nto igura ibihumbi icumi si uko nari nanze iyo nini, ugasanga rero ni imbogamizi kuko n’ibyo ncuruza ntibifitemo ibyo bihumbi ijana ku buryo nahita mbibona mu minsi irindwi.’’

Undi we yavuze ko baje bababwira ko uburyo bwo gukoresha EBM busaba kuba umuntu afite mudasobwa cyangwa telefoni zigezweho. Uyu akomeza avuga ko harimo imbogamizi kuko hari abadafite n’ubushobozi bwo kugura iyo telefoni zihenze .

Aba bacuruzi bavuga ko bamwe bashobora no kuzakinga bagataha, gusa bakifuza ko hashyirwaho uburyo buborohereza kandi n’ufite telefoni nto yakwisangamo.

Ku murongo wa Telefoni, Jean Paulain Uwitonze, Komiseri mu kigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro yabwiye umunyamakuru wa RadioTV10 ko kugeza ubu nta buryo bwo gukoresha telefoni nto mu gutanga inyemezabwishyu ya EBM ihari, gusa akavuga ko mu minsi iri imbere nabwo bushobora kuzashyirwaho.

Ku kibazo cy’utazabona ubushobozi bwo guhita agura Telefoni igezweho kandi uburyo bwo gukoresha into butari bwashyirwaho, Jean Paulain Uwitonze yavuze ko intego yabo atari ugukura abacuruzi bato mu bucuruzi na cyane ko byumvikana ko uwabuze ubushoboozi bugura smartphone atari mu basoreshwa umusoro ku nyungu,  gusa ntiyeruye ngo avuge niba bo bazaba bihanganiwe kujyeza babonye ubushobozi cyangwa bagategereza ko hashyirwaho uburyo bujyanye n’amikoro yabo bwo gutanga inyemezabwishyu ya EBM.

Inkuru ya: Sindiheba Yussuf/RadioTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 9 =

Previous Post

Busanza: Isoko bizejwe na Minisitiri Gatabazi ryaheze mu ntangiriro

Next Post

KIGALI: Muri iyi minsi amata yabaye macye ku isoko n’igiciro kirazamuka

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
KIGALI: Muri iyi minsi amata yabaye macye ku isoko n’igiciro kirazamuka

KIGALI: Muri iyi minsi amata yabaye macye ku isoko n’igiciro kirazamuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.