Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Abakora ubucuruzi buciriritse bavuga ko batumva uburyo bazakoresha

radiotv10by radiotv10
02/09/2021
in MU RWANDA
0
Muhanga: Abakora ubucuruzi buciriritse bavuga ko batumva uburyo bazakoresha
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu karere ka Muhanga bakora ubucuruzi buciriritse bavuga ko batumva uburyo bazakoresha EBM kandi ibikoresho bisabwa binaruta igishoro bafite.

Bamwe mu bakorera bakorera ubucuruzi buciriritse mu mujyi wa Muhanga bavuga ko babangamiwe no kuba barabwiwe ko bagomba gutangira gutanga inyemezabwishyu za EBM bitarenze icyumweru kimwe nyamara ngo hari ibikoresho nkenerwa birimo computer cyangwa telefoni igezweho utanga iyo  nyemezabwishyu agomba kuba afite, ibyo ushobora gusanga binafite agaciro karuta kure igishoro cy’umucuruzi.

Abaganiriye na RadioTV10 batashatse ko imyirondoro yabo itangazwa bagaragazaga ko bibakomereye ndetse batumva uko bazabihuza n’igishoro kidahagije baba bafite.

Umwe yagize ati” Icyatubangamiye twumvisemo n’uko gukoresha EBM bisaba gukoresha telefoni igezweho cyangwa mudasobwa, nyamara niba ntunze telefoni nto igura ibihumbi icumi si uko nari nanze iyo nini, ugasanga rero ni imbogamizi kuko n’ibyo ncuruza ntibifitemo ibyo bihumbi ijana ku buryo nahita mbibona mu minsi irindwi.’’

Undi we yavuze ko baje bababwira ko uburyo bwo gukoresha EBM busaba kuba umuntu afite mudasobwa cyangwa telefoni zigezweho. Uyu akomeza avuga ko harimo imbogamizi kuko hari abadafite n’ubushobozi bwo kugura iyo telefoni zihenze .

Aba bacuruzi bavuga ko bamwe bashobora no kuzakinga bagataha, gusa bakifuza ko hashyirwaho uburyo buborohereza kandi n’ufite telefoni nto yakwisangamo.

Ku murongo wa Telefoni, Jean Paulain Uwitonze, Komiseri mu kigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro yabwiye umunyamakuru wa RadioTV10 ko kugeza ubu nta buryo bwo gukoresha telefoni nto mu gutanga inyemezabwishyu ya EBM ihari, gusa akavuga ko mu minsi iri imbere nabwo bushobora kuzashyirwaho.

Ku kibazo cy’utazabona ubushobozi bwo guhita agura Telefoni igezweho kandi uburyo bwo gukoresha into butari bwashyirwaho, Jean Paulain Uwitonze yavuze ko intego yabo atari ugukura abacuruzi bato mu bucuruzi na cyane ko byumvikana ko uwabuze ubushoboozi bugura smartphone atari mu basoreshwa umusoro ku nyungu,  gusa ntiyeruye ngo avuge niba bo bazaba bihanganiwe kujyeza babonye ubushobozi cyangwa bagategereza ko hashyirwaho uburyo bujyanye n’amikoro yabo bwo gutanga inyemezabwishyu ya EBM.

Inkuru ya: Sindiheba Yussuf/RadioTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + eighteen =

Previous Post

Busanza: Isoko bizejwe na Minisitiri Gatabazi ryaheze mu ntangiriro

Next Post

KIGALI: Muri iyi minsi amata yabaye macye ku isoko n’igiciro kirazamuka

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
KIGALI: Muri iyi minsi amata yabaye macye ku isoko n’igiciro kirazamuka

KIGALI: Muri iyi minsi amata yabaye macye ku isoko n’igiciro kirazamuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.