Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Busanza: Isoko bizejwe na Minisitiri Gatabazi ryaheze mu ntangiriro

radiotv10by radiotv10
02/09/2021
in MU RWANDA
0
Busanza: Isoko bizejwe na Minisitiri Gatabazi ryaheze mu ntangiriro
Share on FacebookShare on Twitter

Abimuwe muri Kangondo na Kibiraro bagatuzwa mu Busanza bongeye gusaba ababishinzwe gukurikirana impamvu isoko bemerewe na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihuhu rikomeje kudindira kuzura.

Ubwo Radio TV10 yageraga aho iri soko ryari ryatangiye kubakwa mu kagari ka Karama mu murenge wa Kanombe yasanze iri soko ritaruzura.

Ni inyubako bigaragara ko hari imirimo itari micye imaze gukorwa icyakora ubwo twahageraga twasanze hari umukozi umwe gusa wacukuranga igisa n’umugende uyobora amazi.

Bamwe mu batuye muri uyu mudugudu baganiriye na RadioTV10 bavuze ko batazi impamvu iri soko rituzura mu gihe ngo mu kwezi kwa Gatanu ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwari bwiyemeje ko kwari kurangira barishyikirijwe.

Umuturage umwe yagize ati”Mu kwezi kwa Gatanu ubwo Minisitiri yadusuraga umuyobozi w’umujyi wa Kigali yavuze ko mu minsi cumi n’itanu twari kuba dufite isoko none amezi ashize ni menshi, turasaba ababishinzwe ko badufasha ntirikomeze kudindira”

Undi yagize ati”Kubera ko tudafite isoko ibi ducururiza mu rugo nta kamaro bifite kandi bari baritangiye nyuma barahagarara turasaba ko barikomeza rikuzura.”

RadioTV10 yavuganye na Uwera Ana umunyamabanaganshingwabikorwa w’akagari ka Karama mu murenge wa Kanombe aho uyu mudugudu wubatse ukurikirana umunsi ku wundi imibereho y’aba baturage, adutangariza ko kuba iri soko ritaruzuye mu gihe ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwari bwihaye ngo byatewe n’uko muri ibi bihe hagiye habaho ihagarara ry’ibikorwa bitandukanye kubera icyorezo cya COVID-19.

Ati”Nibyo koko igihe igihe bari batanze cyararenze ariko byatewe n’uko hakunze kubaho guma mu rugo abakozi bagahagarara ariko twizeye ko aho imirimo igeze hatagize ikindi kibazo kiba mu kwa cyenda ryaba rirangiye”

Byitezwe ko mu gihe iri soko rizaba ryuzuye rizifashishwa by’umwihariko n’imiryango isaga igihumbi izaba ituye muri uyu mudugudu ukomeje kwagurwa.

Inkuru ya Ntakirutimana Pacifique/RadioTV10 Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 13 =

Previous Post

10 SPORTS: Milutin Sredojević “Micho” na Montero baravutse, Tottenham yakirwa mu isi y’umupira…ibyaranze uyu munsi mu mateka

Next Post

Muhanga: Abakora ubucuruzi buciriritse bavuga ko batumva uburyo bazakoresha

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhanga: Abakora ubucuruzi buciriritse bavuga ko batumva uburyo bazakoresha

Muhanga: Abakora ubucuruzi buciriritse bavuga ko batumva uburyo bazakoresha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.