Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu gahinda kenshi Israel yasobanuriye u Rwanda akaga kari kuyibaho igira n’icyo irusaba

radiotv10by radiotv10
09/10/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mu gahinda kenshi Israel yasobanuriye u Rwanda akaga kari kuyibaho igira n’icyo irusaba
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Einat Weiss yamenyesheje Abanyarwanda ko Igihugu cye kiri kunyura mu bihe bikomeye kinjijwemo n’ibikorwa by’iterabwoba, bikomeje guhitana inzirakarengane nyinshi z’Abanya-Israel, asaba u Rwanda gukomeza kukiba hafi.

Ni mu ijambo ryatanzwe na Ambasaderi Einat Weiss riri ku rubuga rwa X rwa Ambasade ya Israle mu Rwanda, aho avuga ko mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, Igihugu cyabo cyisanze mu majye.

Ati “Ntakundi nabyita uretse ubwicanyi buri gukorerwa imiryango, buri gukorerwa abana, buri gukorerwa abasaza n’abakecuru, buri gukorerwa abantu b’inzirakarengane, batagize icyo bakora.”

Akomeza avuga ko izi nzirakarengane ziri kuburira ubuzima mu bikorwa by’iterabwoba by’umutwe wa Hamas w’Abanya-Palestine binjiye muri Israel bakica abaturage badafite ikintu na kimwe bazizwa.

Ati “Babyukiye ku gitero cy’iterabwoba cyateguwe na Hamas yohereje abantu benshi bakajya kwica abantu badafite icyo babahora, yewe batari banazi abantu bagabyeho igitero.”

Ambasaderi Einat Weiss muri iri jambo rye yagize aho afatwa n’ikiniga, ageze ku ngaruka zikomeje kubaho kubera ibi bitero, aho yagize ati “Mwibaze kubura inshuti yawe ya hafi cyangwa abantu bawe ba hafi b’umuryango wawe, abana bawe kubera ko gusa hari ibitero by’iterabwoba bigamije gusiba Israel ku ikarita y’Isi.”

We are going through a difficult time as a country, but we will emerge stronger!
WE ALWAYS HAVE, ALWAYS WILL!

Here’s an explainer from @AmbEinatWeiss about an extremely devastating terror attack on #Israel that has so far led to the murder of over 600 innocent Israelis.… pic.twitter.com/D0aDCO6CRz

— Israel in Rwanda (@IsraelinRwanda) October 8, 2023

Akomeza avuga ko abari gukora ibi nta ntego n’imwe bari kurwanira, uretse kwica abantu gusa ati “nta gitekerezo na kimwe kibiri inyuma, nta mpamvu n’imwe bafite barwanira uretse kwica gusa. Bamwe mu bishwe ni urubyiruko rwari ruri mu birori byo kwishima.”

Avuga kandi ko hari Abanya-Israel benshi bafashwe bunyago bakuwe mu ngo zabo bari baryamye bakaba bajyanywe i Gaza. Ati “Ntituzi uko bamerewe, ntituzi niba bafite icyo kurya cyangwa icyo kunywa. Icyo tuzi gusa ni ko harimo abana bato cyane barimo abafite imyaka ibiri, ibibondo, abakecuru n’abasaza, ibi ni ibintu Isi idashobora kwihanganira.”

Akomeza agira ati “Turasaba Abanyarwanda n’abandi bose batuye Isi baturi hafi gukora ibyo bashoboye byose, bakarwanya ibiri kuba, bakavuga mu ijwi ryo hejuru ko muri kumwe na Israel.”

Ibi bitero byatangiye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, byatumye Israel na yo itangiza urugamba mu bikorwa bya gisirikare bigamije guhangana n’uyu mutwe. Kugeza ubu habarwa Abanya-Israel 600 bamaze kuburira ubuzima muri iyi mirwano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − four =

Previous Post

Rwanda: Nyuma y’icyumweru abandi bantu bajyanywe kwa muganga igitaraganya ku mpamvu zisa

Next Post

Ibisobanuro bishidikanywaho by’ukekwaho kwica umugore we urw’agashinyaguro byamaganiwe kure

Related Posts

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

IZIHERUKA

How to Choose What Matters Most in Life
IMIBEREHO MYIZA

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari ikirego cyihutirwa cy’umugabo ukekwaho ibyumvikanamo indengakamere

Ibisobanuro bishidikanywaho by’ukekwaho kwica umugore we urw’agashinyaguro byamaganiwe kure

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Choose What Matters Most in Life

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.