Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Mu ikipe y’i Burayi iri mu zikunzwe mu Rwanda haravugwa ibishoboza kunezeza abakunzi bayo

radiotv10by radiotv10
26/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Mu ikipe y’i Burayi iri mu zikunzwe mu Rwanda haravugwa ibishoboza kunezeza abakunzi bayo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amezi atatu (3) ikipe ya Manchester United itandukanye n’umunyezamu wari uyimazemo igihe kinini David De Gea, hari gutekerezwa uburyo yagarurwa muri iyi kipe. Ibintu bishobora gushimisha abakunzi b’iyi kipe, banababajwe n’igenda rye.

De Gea wari umaze imyaka 12 muri Manchester United, biravugwa ko yayigarurwamo nyuma y’uko Andre Onana usanzwe ari umuzamu wa mbere w’iyi kipe ashobora kuzabura imikino 8 mu gihe yaba yitabiriye igikombe cya Afurika.

Ibinyamakuru bitandukanye by’i Burayi cyane cyane ibyo mu Bwongereza, byatangaje ko uyu De Gea utarabona ikipe kugeza ubu ashobora kugarurwa muri Manchester United agahabwa amasezerano y’igihe gito byibura kugira ngo azasigarane inshingano ubwo Onana azaba adahari.

Bisa nk’aho Manchester United igiye kubyitwaza kugira ngo agarurwe kuko Andre Onana atatangiye neza uyu mwaka w’imikino, kuko yagiye akora amakosa menshi, atanga ibitego ndetse abafana bakajya bavuga ko bakumbuye De Gea.

Manchester United isanganywe abandi banyezamu babiri biyongera kuri Onana barimo Altay Bayindir ndetse na Tom Heaton, ariko bigaragara ko umutoza ataragirira n’umwe agirira icyizere cyo kuba yasigara arinze izamu ry’iyi kipe mu gihe cy’ukwezi kumwe Onana yamara mu gikombe cya Afurika.

Ubundi Manchester United yifuzaga kugumana De Gea na mbere y’uko agera ku musozo w’amasezerano ye, ariko we ubwe yanga kugabanya umushahara munini yahembwaga ugera ku bihumbi 375 by’Ama-Paunds buri cyumweru.

Mu minsi ishize hagiye hagaragara amafoto ya De Gea n’abandi bakinnyi ba Manchester United bari kumwe byerekana ko umubano ukiri mwiza hagati yabo.

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 1 =

Previous Post

Kazungu ukekwaho kwica abantu 14 yasabiwe gufatirwa ikindi cyemezo

Next Post

Bwa mbere umuhanzi Sintex yavuze uko yahuye n’umugore we baherutse gusezerana

Related Posts

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Muhammed Kagawa Ssenoga, rutahizamu uca ku ruhande wakiniraga Express yo muri Uganda na Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa ukomoka...

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

IZIHERUKA

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World
IMIBEREHO MYIZA

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

by radiotv10
18/12/2025
0

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

18/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

18/12/2025
Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere umuhanzi Sintex yavuze uko yahuye n’umugore we baherutse gusezerana

Bwa mbere umuhanzi Sintex yavuze uko yahuye n’umugore we baherutse gusezerana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why young adults should embrace short courses in today’s fast-changing World

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.