Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ibivungwa nyuma y’inkuru yasakaye y’ubukwe bw’abazwi muri sinema Nyarwanda ikomeje kuvugisha benshi

radiotv10by radiotv10
09/11/2023
in IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Ibivungwa nyuma y’inkuru yasakaye y’ubukwe bw’abazwi muri sinema Nyarwanda ikomeje kuvugisha benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Integuza y’ubukwe bwa Kanimba na Soleil bakinana muri Film, ikomeje kugarukwaho na benshi ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bibaza niba ari impamo cyangwa atari ukuri, mu gihe bo ubwabo bavuga ko ari ukuri, ariko abo bakorana bakavuga ko batabizi.

Kuri uyu wa Gatatu, ku mbuga nkoranyambaga habyutse hacicikana integuza y’ubukwe (Save the Date) bwa Mazimpaka Wilson wamenyekanye nka Kanimba muri Filime ya ‘Bamenya’ yerekana ko agiye kurushinga na Uwase Delphine wamamaye nka Soleil bakinana muri iyi filimi.

Iyi nteguza y’ubu bukwe bw’aba bakinnyi ba filimi bamaze kumenyekana muri sinema Nyarwanda, yerekanaga ko bazarushinga muri uku kwezi k’Ugushyingo tariki 17.

Ni integuza yabanje kwitangarizwa na Kanimba ubwe, wasabye abakunzi be n’aba Soleil kuzaza kubashyigikira muri iyi ntambwe bagiye gutera yo gushyingiranwa.

Mu butumwa buherekeje iyi Save the Date yashyizwe kuri Instagram na Kanimba, yagize ati “Kubana natwe ni inkunga ikomeye cyane ku wa 17 Ugushyingo 2023.”

Soleil yemereye Ikinyamakuru Inyarwanda cyandika ku myidagaduro ko ubu bukwe buhari koko, avuga ko nyuma y’urukundo rwabo biyemeje kubana nk’umugore n’umugabo.

Bamwe mu bagize ibitekerezo batanga kuri iyi Save the Date, barayishidikanyaho, bavuga ko ari ibyeze mu myidagaduro bamwe bita gutwika cyangwa Prank.

Umunyamakuru Irene Murindahabi, na we ari mu bagize icyo bavuga kuri iyi Save the Date, avuga ko atari iy’ukuri.

Mu butumwa yanyuije kuri Instagram, Irene Murindahabi yagize ati “Dore Rumaga na Bahali barababeshye mbarabuye bamwe murantuka, ubu nimvuga ko n’ibi bishobora kuba ataribyo murantuka ngaho mugire vuba nigendere.”

Umunyamakuru wa RADIOTV10, yabajije Benimana Ramadhan uzwi nka Bamenya, umuyobozi w’iyi filimi ikinamo aba bombi, avuga ko aya makuru atayazi. Yagize ati “Ni igihuha. Ntabwo ari inkuru ya nyayo.”

Soleil na Kanimba bavuzweho iby’ubu bukwe, uretse kuba bakinana muri Bamenya, bamaze iminsi bari no gukina muri Filime nshya yitwa Ganza, aho bakina bakundana.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + seventeen =

Previous Post

Amb.Gatete wahawe inshingano n’Umuryango w’Abibumbye yarahijwe  n’Umunyamabanga wawo

Next Post

Israel&Hamas: Ibihugu n’imiryango bikomeye ku Isi byashashe inzobe ku cyakorwa

Related Posts

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma y’amaze abiri agaragaje umukunzi we akanamwambika impeta y’urukundo amusaba ko bazashyingiranwa,umuhanzi Niyo Bosco yashyize hanze amataliki y’ubukwe. “Imana izaha...

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man, na Kalisa John uzwi nka K John, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano n’umukunzi...

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwataye muri yombi abandi bantu babiri barimo umunyamakuru Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni...

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

by radiotv10
24/11/2025
0

Dosiye iregwamo abakurikiranyweho ibifitanye isano n’isakara ry’amashusho y’urukozasoni y’Umuhanzi Yampano n’umukunzi we, yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha, ndetse hakaba haratawe muri yombi...

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

by radiotv10
22/11/2025
0

Murindahabi Irene usanzwe areberera inyungu abaririmbyi Vestine na Dorcas, yavuze ko ubutumwa buherutse gutambuka ku rubuga nkoranyambaga rw’umwe muri aba...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Israel&Hamas: Ibihugu n’imiryango bikomeye ku Isi byashashe inzobe ku cyakorwa

Israel&Hamas: Ibihugu n’imiryango bikomeye ku Isi byashashe inzobe ku cyakorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.