• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ibivungwa nyuma y’inkuru yasakaye y’ubukwe bw’abazwi muri sinema Nyarwanda ikomeje kuvugisha benshi

radiotv10by radiotv10
09/11/2023
in IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Ibivungwa nyuma y’inkuru yasakaye y’ubukwe bw’abazwi muri sinema Nyarwanda ikomeje kuvugisha benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Integuza y’ubukwe bwa Kanimba na Soleil bakinana muri Film, ikomeje kugarukwaho na benshi ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bibaza niba ari impamo cyangwa atari ukuri, mu gihe bo ubwabo bavuga ko ari ukuri, ariko abo bakorana bakavuga ko batabizi.

Kuri uyu wa Gatatu, ku mbuga nkoranyambaga habyutse hacicikana integuza y’ubukwe (Save the Date) bwa Mazimpaka Wilson wamenyekanye nka Kanimba muri Filime ya ‘Bamenya’ yerekana ko agiye kurushinga na Uwase Delphine wamamaye nka Soleil bakinana muri iyi filimi.

Iyi nteguza y’ubu bukwe bw’aba bakinnyi ba filimi bamaze kumenyekana muri sinema Nyarwanda, yerekanaga ko bazarushinga muri uku kwezi k’Ugushyingo tariki 17.

Ni integuza yabanje kwitangarizwa na Kanimba ubwe, wasabye abakunzi be n’aba Soleil kuzaza kubashyigikira muri iyi ntambwe bagiye gutera yo gushyingiranwa.

Mu butumwa buherekeje iyi Save the Date yashyizwe kuri Instagram na Kanimba, yagize ati “Kubana natwe ni inkunga ikomeye cyane ku wa 17 Ugushyingo 2023.”

Soleil yemereye Ikinyamakuru Inyarwanda cyandika ku myidagaduro ko ubu bukwe buhari koko, avuga ko nyuma y’urukundo rwabo biyemeje kubana nk’umugore n’umugabo.

Bamwe mu bagize ibitekerezo batanga kuri iyi Save the Date, barayishidikanyaho, bavuga ko ari ibyeze mu myidagaduro bamwe bita gutwika cyangwa Prank.

Umunyamakuru Irene Murindahabi, na we ari mu bagize icyo bavuga kuri iyi Save the Date, avuga ko atari iy’ukuri.

Mu butumwa yanyuije kuri Instagram, Irene Murindahabi yagize ati “Dore Rumaga na Bahali barababeshye mbarabuye bamwe murantuka, ubu nimvuga ko n’ibi bishobora kuba ataribyo murantuka ngaho mugire vuba nigendere.”

Umunyamakuru wa RADIOTV10, yabajije Benimana Ramadhan uzwi nka Bamenya, umuyobozi w’iyi filimi ikinamo aba bombi, avuga ko aya makuru atayazi. Yagize ati “Ni igihuha. Ntabwo ari inkuru ya nyayo.”

Soleil na Kanimba bavuzweho iby’ubu bukwe, uretse kuba bakinana muri Bamenya, bamaze iminsi bari no gukina muri Filime nshya yitwa Ganza, aho bakina bakundana.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + three =

Previous Post

Amb.Gatete wahawe inshingano n’Umuryango w’Abibumbye yarahijwe  n’Umunyamabanga wawo

Next Post

Israel&Hamas: Ibihugu n’imiryango bikomeye ku Isi byashashe inzobe ku cyakorwa

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Israel&Hamas: Ibihugu n’imiryango bikomeye ku Isi byashashe inzobe ku cyakorwa

Israel&Hamas: Ibihugu n’imiryango bikomeye ku Isi byashashe inzobe ku cyakorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.