Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Gen.Bunyoni wabaye PM uregwa ibirimo gushaka kwica Perezida yasabiwe gufungwa burundu

radiotv10by radiotv10
09/11/2023
in AMAHANGA
0
Amakuru mashya ku rubanza rwa General Bunyoni ukurikiranyweho ibyaha bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

General Alain Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi uregwa ibyaha birimo gushaka kwica Umukuru w’Igihugu akoresheje uburozi, yasabiwe gufungwa burundu, mu gihe we asaba kugirwa umwere.

Ni nyuma y’urubanza rumaze iminsi ine rubera mu Rukiko rwa Gitega, aho yaburanaga hamwe n’abandi bantu batandatu.

Bunyoni uregwa ibyaha icyenda, birimo icyo kugerageza kwica Perezida w’Igihugu, Evariste Ndayishimiye ndetse no gushaka kumuhirika ku butegetsi.

Mu gupfundikira uru rubanza, kuri uyu wa Kane, Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko guhamya ibyaha byose bishinjwa General Bunyoni, rukamukatira gufungwa burundu.

General Alain Guillaume Bunyoni we waburanye ahakana ibyaha byose akurikiranyweho, yasabye Urukiko kumuhanaguraho ibyaha byose.

Ni mu gihe abandi bagenzi be baregwa hamwe na General Bunyoni, bo basabiwe gufungwa imyaka 30 muri Gereza.

Urukiko rwaburanishije uru rubanza, rugomba gusoma icyemezo cyarwo nyuma y’iminsi mirongo itatu (30) nyuma yo kwiherera rugasubira mu byavugiwe mu maburanisha n’ibimenyetso byatanzwe.

Muri uru rubanza, rwari rumaze iminsi ine, ubwo bageraga ku cyaha cyo kugerageza kwica Umukuru w’Igihugu, rwashyizwe mu muhezo, aho Ubushinjacyaha bwavugaga ko yari agiye gukoresha amarozi mu kwivugana Perezida, mu gihe we agihakana yivuye inyuma.

Aregwaga kandi ibindi byaha birimo gutuka Umukuru w’Igihugu, gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko n’icyaha cyo kudasobanuro inkomoko y’umutungo w’amafaranga menshi yasanganywe iwe mu rugo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Israel&Hamas: Ibihugu n’imiryango bikomeye ku Isi byashashe inzobe ku cyakorwa

Next Post

Afurika yibiwe ibanga ry’uko yakwigobotora ikibazo cyazonze abaturage bayo

Related Posts

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

by radiotv10
29/07/2025
0

Abantu 34 bo muri Lokarite ya Kiraku muri Teritwari ya Walikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagize ibibazo birimo...

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

by radiotv10
28/07/2025
0

Mu biganiro byahuje Guverinoma y’Igihugu cya Thailand n’iy’icya Cambodia biherutse kwinjira mu mirwano ikarishye, zemeranyijwe ko ibi Bihugu bihagarika imirwano...

Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

by radiotv10
28/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riranenga Radio Okapi iterwa inkunga n’Umuryango w’Abibumbye, riyishinja kubogama no kutariha umwanya mu byo iritangazaho biryibasira, rikavuga ko...

AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

by radiotv10
28/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye ubwicanyi bwakozwe n’umutwe w’iterabwoba wa ADF/NALU bwakorewe abaturage b’abasivile 47 biciwe muri Kiliziya ya Komanda iherereye muri...

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

by radiotv10
25/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko umuntu wese ukorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u...

IZIHERUKA

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje
IMIBEREHO MYIZA

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

by radiotv10
29/07/2025
0

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

29/07/2025
Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

29/07/2025
Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika yibiwe ibanga ry’uko yakwigobotora ikibazo cyazonze abaturage bayo

Afurika yibiwe ibanga ry'uko yakwigobotora ikibazo cyazonze abaturage bayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.