• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Gen.Bunyoni wabaye PM uregwa ibirimo gushaka kwica Perezida yasabiwe gufungwa burundu

radiotv10by radiotv10
09/11/2023
in AMAHANGA
0
Amakuru mashya ku rubanza rwa General Bunyoni ukurikiranyweho ibyaha bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

General Alain Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi uregwa ibyaha birimo gushaka kwica Umukuru w’Igihugu akoresheje uburozi, yasabiwe gufungwa burundu, mu gihe we asaba kugirwa umwere.

Ni nyuma y’urubanza rumaze iminsi ine rubera mu Rukiko rwa Gitega, aho yaburanaga hamwe n’abandi bantu batandatu.

Bunyoni uregwa ibyaha icyenda, birimo icyo kugerageza kwica Perezida w’Igihugu, Evariste Ndayishimiye ndetse no gushaka kumuhirika ku butegetsi.

Mu gupfundikira uru rubanza, kuri uyu wa Kane, Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko guhamya ibyaha byose bishinjwa General Bunyoni, rukamukatira gufungwa burundu.

General Alain Guillaume Bunyoni we waburanye ahakana ibyaha byose akurikiranyweho, yasabye Urukiko kumuhanaguraho ibyaha byose.

Ni mu gihe abandi bagenzi be baregwa hamwe na General Bunyoni, bo basabiwe gufungwa imyaka 30 muri Gereza.

Urukiko rwaburanishije uru rubanza, rugomba gusoma icyemezo cyarwo nyuma y’iminsi mirongo itatu (30) nyuma yo kwiherera rugasubira mu byavugiwe mu maburanisha n’ibimenyetso byatanzwe.

Muri uru rubanza, rwari rumaze iminsi ine, ubwo bageraga ku cyaha cyo kugerageza kwica Umukuru w’Igihugu, rwashyizwe mu muhezo, aho Ubushinjacyaha bwavugaga ko yari agiye gukoresha amarozi mu kwivugana Perezida, mu gihe we agihakana yivuye inyuma.

Aregwaga kandi ibindi byaha birimo gutuka Umukuru w’Igihugu, gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko n’icyaha cyo kudasobanuro inkomoko y’umutungo w’amafaranga menshi yasanganywe iwe mu rugo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Israel&Hamas: Ibihugu n’imiryango bikomeye ku Isi byashashe inzobe ku cyakorwa

Next Post

Afurika yibiwe ibanga ry’uko yakwigobotora ikibazo cyazonze abaturage bayo

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Afurika yibiwe ibanga ry’uko yakwigobotora ikibazo cyazonze abaturage bayo

Afurika yibiwe ibanga ry'uko yakwigobotora ikibazo cyazonze abaturage bayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.