Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umusaza umaranye umwaka ubumuga yatewe n’inkoni za Gitifu n’Umu-DASSO arasaba ubutabera

radiotv10by radiotv10
14/11/2023
in MU RWANDA
0
Umusaza umaranye umwaka ubumuga yatewe n’inkoni za Gitifu n’Umu-DASSO arasaba ubutabera
Share on FacebookShare on Twitter

Umusaza w’imyaka 60 wo mu Kagari ka Rugogwe mu Murenge wa Ruhashya mu Karere ka Huye, uvuga ko amaze umwaka afite ubumuga bwatewe n’inkoni yakubiswe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari n’umukozi wa DASSO, avuga ko ubuyobozi bwakomeje kumurangarana none akaba atarahabwa ubutabera.

Nizeyimana Anicet utuye mu Mudugudu w’Umurambi mu Kagari Rugogwe, avuga ko nta kintu na kimwe abasha gukora kubera ubu bumuga yatewe n’inkoni yakubiswe n’abo bayobozi bamutegeye mu nzira ubwo yari avuye ku gasantere.

Agaruka kuri aka karengane yakorewe, yagize ati “Barandyamishije barankubita, ndavunagurika binamviramo ubumuga.”

Avuga ko iki kibazo yakomeje kukigeza mu buyobozi, ariko umwaka ukaba wihiritse atararenganurwa, ngo abamukubise bakamumugaza ngo babiryozwe.

Ati “Ndasaba kurenganurwa kuko maze umwaka ikibazo cyanjye nkikurikirana mu buyobozi ntigikemuke, nkaba nsaba kurenganurwa kigakemuka, abankubise bakabibazwa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruhashya, Mutabaruka Jean Baptiste avuga ko ikibazo cy’uyu muturage kizwi ndetse ko kiri mu nzira zo gukemuka kuko cyagejejwe mu nkiko.

Ati “Ni ibintu bimaze igihe kinini, nari ntaragera muri uyu Murenge wa Ruhashya, ariko aho ikibazo cye kigeze yareze mu rukiko, baraburanye, yakwihangana agategereza imyanzuro y’urukiko.”

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 2 =

Previous Post

Ubuzima bwabaye nk’ubwahagaze muri Gaza kubera ibibombe biri kuharaswa ubutitsa

Next Post

Umugabo aratungwaho agatoki guhindura urugo urusengero rw’abagore akanabakorera ibitanezeza Imana

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo aratungwaho agatoki guhindura urugo urusengero rw’abagore akanabakorera ibitanezeza Imana

Umugabo aratungwaho agatoki guhindura urugo urusengero rw’abagore akanabakorera ibitanezeza Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.