Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe amakuru mashya ku gushakira Kabuga Igihugu azerecyezamo nyuma yo kutaburanishwa

radiotv10by radiotv10
14/12/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hagaragajwe amakuru mashya ku gushakira Kabuga Igihugu azerecyezamo nyuma yo kutaburanishwa
Share on FacebookShare on Twitter

Felicien Kabuga uregwa kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba aherutse gufatirwa icyemezo cyo guhagarika Urubanza rwe no kurekurwa by’agateganyo, hagaragajwe aho kumushakira Igihugu kizamwakira bigeze.

Ni nyuma y’uko muri Kamena uyu mwaka, Urugereko rwashyiriweho imirimo y’insigarira y’Inkiko Mpuzamahanga, rufashe icyemezo ko Kabuga adafite ubushobozi bwo gukurikirana urubanza rwe kubera ibibazo birimo iby’ubuzima bwe butifashe neza.

Iki cyemezo cyashingiye kuri raporo y’impuguke zo mu buzima bwo mu mutwe, yagaragazaga ko ubushobozi bw’ibitekerezo ndetse n’ubw’umubiri bya Kabuga, byagabanutse ku kigero cyo hejuru ku buryo atabasha gukurikirana iburanisha rye.

Nyuma y’uko Urukiko ruburanisha uyu musaza ukekwaho kugira uruhare runini muri Jenoside ruhagaritse uru rubanza mu gihe kitazwi, muri Nzeri rwanafashe icyemezo ko ruzamurekura by’agateganyo.

Ni icyemezo kitanyuze benshi biganjemo abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi, banashingira ku kuba ibyo cyashingiweho ubwabyo bitaravugwagaho rumwe yaba mu bagize Inteko y’urukiko ndetse n’Ubushinjacyaha.

Nyuma y’iki cyemezo, abunganira Kabuga Felicien basabwe gushaka Igihugu cyazamwakira igihe azaba arekuwe, ndetse kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Ukuboza 2023 hagaragajwe aho iyi gahunda igeze.

Iki gikorwa cyabereye ku cyicaro cy’Urukiko i La Haye mu Buholandi, nticyagaragayemo uyu musaza Kabuga, aho Umunyamategeko Me Emmanuel Alti ukuriye itsinda ry’abamwunganira, yasobanuriye Urukiko ko hamaze guterwa intambwe ishimishije mu gushaka icyo Gihugu kizamwakira.

Ni igikorwa cyabereye mu muhezo, cyari kiyobowe na Perezida w’uru Rugereko Iain Bonomy wemeje ko bibera mu muhezo nyuma y’uko bisabwe na Me Emmanuel Alti, wavugaga ko gushaka icyo Gihugu byababereye igikorwa cy’ingorabahizi.

Nyuma y’iki gikorwa, Iain Bonomy yatangaje ko Urukiko rwagaragarijwe uko urugendo rwo gushaka Igihugu kizoherezwamo Kabuga ruteye.

Uyu Mucamanza yavuze ko Urukiko rwagaragarijwe ko intambwe imaze guterwa muri iki gikorwa ishimishije, ndetse ko mu gihe kiri hagati y’icyumweru kimwe na bibiri biri imbere, uyu munyamategeko ukuriye itsinda ry’abunganira Kabuga, azaba yagaragaje indi ntambwe y’Igihugu kizoherezamo umukiliya wabo.

Nanone kandi uruhande rwunganira Kabuga, rwabajijwe uko ubuzima bw’umukiliya warwo buhagaze, aho Me Altit yavuze ko “afite imbaraga nke z’umubiri ndetse n’iz’ibitekerezo” ku buryo uko iminsi ishira, birushaho kuba bibi.

Gusa uyu munyamategeko yavuze ko we n’umuryango wa Kabuga, bishimira kuba uyu mukambwe ari kwitabwaho n’abaganga mu buryo bifuza.

Kabuga Felicien ni umwe mu baza ku isonga mu gukekwaho kugira uruhare runini mu gucura no kunoza umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kuyishyira mu bikorwa, by’umwihariko akaba umwe mu bashinze Radiyo rutwitsi ya RTLM yakanguriye abantu gukora Jenoside.

Aza ku isonga kandi mu bakekwaho kuba barashyigikiye Jenoside, abinyujije mu bufasha akekwaho gutanga bw’intwaro zifashishijwe.

Kabuga Felicien wari umwe mu bantu bazaga ku isonga bashakishwa ku Isi, ndetse akaba ari umwe mu bari barashyiriweho intego na Leta Zunze Ubumwe za America ku bazatanga amakuru yatuma afatwa, yafatiwe i Paris mu Bufaransa muri Gicurasi 2020, nyuma y’imyaka 26 ashakishwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Ishyamba si ryeru hagati y’umuhanzi n’Umu-Dj bazwi mu Rwanda…Menya icyabiteye

Next Post

Karongi: Umuyobozi wegujwe nyuma yo kubaza ikibazo Mayor yahishuye ikindi kibyihishe inyuma

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Karongi: Umuyobozi wegujwe nyuma yo kubaza ikibazo Mayor yahishuye ikindi kibyihishe inyuma

Karongi: Umuyobozi wegujwe nyuma yo kubaza ikibazo Mayor yahishuye ikindi kibyihishe inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.