Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe amakuru mashya ku gushakira Kabuga Igihugu azerecyezamo nyuma yo kutaburanishwa

radiotv10by radiotv10
14/12/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hagaragajwe amakuru mashya ku gushakira Kabuga Igihugu azerecyezamo nyuma yo kutaburanishwa
Share on FacebookShare on Twitter

Felicien Kabuga uregwa kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba aherutse gufatirwa icyemezo cyo guhagarika Urubanza rwe no kurekurwa by’agateganyo, hagaragajwe aho kumushakira Igihugu kizamwakira bigeze.

Ni nyuma y’uko muri Kamena uyu mwaka, Urugereko rwashyiriweho imirimo y’insigarira y’Inkiko Mpuzamahanga, rufashe icyemezo ko Kabuga adafite ubushobozi bwo gukurikirana urubanza rwe kubera ibibazo birimo iby’ubuzima bwe butifashe neza.

Iki cyemezo cyashingiye kuri raporo y’impuguke zo mu buzima bwo mu mutwe, yagaragazaga ko ubushobozi bw’ibitekerezo ndetse n’ubw’umubiri bya Kabuga, byagabanutse ku kigero cyo hejuru ku buryo atabasha gukurikirana iburanisha rye.

Nyuma y’uko Urukiko ruburanisha uyu musaza ukekwaho kugira uruhare runini muri Jenoside ruhagaritse uru rubanza mu gihe kitazwi, muri Nzeri rwanafashe icyemezo ko ruzamurekura by’agateganyo.

Ni icyemezo kitanyuze benshi biganjemo abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi, banashingira ku kuba ibyo cyashingiweho ubwabyo bitaravugwagaho rumwe yaba mu bagize Inteko y’urukiko ndetse n’Ubushinjacyaha.

Nyuma y’iki cyemezo, abunganira Kabuga Felicien basabwe gushaka Igihugu cyazamwakira igihe azaba arekuwe, ndetse kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Ukuboza 2023 hagaragajwe aho iyi gahunda igeze.

Iki gikorwa cyabereye ku cyicaro cy’Urukiko i La Haye mu Buholandi, nticyagaragayemo uyu musaza Kabuga, aho Umunyamategeko Me Emmanuel Alti ukuriye itsinda ry’abamwunganira, yasobanuriye Urukiko ko hamaze guterwa intambwe ishimishije mu gushaka icyo Gihugu kizamwakira.

Ni igikorwa cyabereye mu muhezo, cyari kiyobowe na Perezida w’uru Rugereko Iain Bonomy wemeje ko bibera mu muhezo nyuma y’uko bisabwe na Me Emmanuel Alti, wavugaga ko gushaka icyo Gihugu byababereye igikorwa cy’ingorabahizi.

Nyuma y’iki gikorwa, Iain Bonomy yatangaje ko Urukiko rwagaragarijwe uko urugendo rwo gushaka Igihugu kizoherezwamo Kabuga ruteye.

Uyu Mucamanza yavuze ko Urukiko rwagaragarijwe ko intambwe imaze guterwa muri iki gikorwa ishimishije, ndetse ko mu gihe kiri hagati y’icyumweru kimwe na bibiri biri imbere, uyu munyamategeko ukuriye itsinda ry’abunganira Kabuga, azaba yagaragaje indi ntambwe y’Igihugu kizoherezamo umukiliya wabo.

Nanone kandi uruhande rwunganira Kabuga, rwabajijwe uko ubuzima bw’umukiliya warwo buhagaze, aho Me Altit yavuze ko “afite imbaraga nke z’umubiri ndetse n’iz’ibitekerezo” ku buryo uko iminsi ishira, birushaho kuba bibi.

Gusa uyu munyamategeko yavuze ko we n’umuryango wa Kabuga, bishimira kuba uyu mukambwe ari kwitabwaho n’abaganga mu buryo bifuza.

Kabuga Felicien ni umwe mu baza ku isonga mu gukekwaho kugira uruhare runini mu gucura no kunoza umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kuyishyira mu bikorwa, by’umwihariko akaba umwe mu bashinze Radiyo rutwitsi ya RTLM yakanguriye abantu gukora Jenoside.

Aza ku isonga kandi mu bakekwaho kuba barashyigikiye Jenoside, abinyujije mu bufasha akekwaho gutanga bw’intwaro zifashishijwe.

Kabuga Felicien wari umwe mu bantu bazaga ku isonga bashakishwa ku Isi, ndetse akaba ari umwe mu bari barashyiriweho intego na Leta Zunze Ubumwe za America ku bazatanga amakuru yatuma afatwa, yafatiwe i Paris mu Bufaransa muri Gicurasi 2020, nyuma y’imyaka 26 ashakishwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 6 =

Previous Post

Ishyamba si ryeru hagati y’umuhanzi n’Umu-Dj bazwi mu Rwanda…Menya icyabiteye

Next Post

Karongi: Umuyobozi wegujwe nyuma yo kubaza ikibazo Mayor yahishuye ikindi kibyihishe inyuma

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Karongi: Umuyobozi wegujwe nyuma yo kubaza ikibazo Mayor yahishuye ikindi kibyihishe inyuma

Karongi: Umuyobozi wegujwe nyuma yo kubaza ikibazo Mayor yahishuye ikindi kibyihishe inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.