• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

China: Umutingito ufite ubukana budasanzwe wahitanye abarenga 100

radiotv10by radiotv10
19/12/2023
in AMAHANGA
0
China: Umutingito ufite ubukana budasanzwe wahitanye abarenga 100
Share on FacebookShare on Twitter

Umutingito uri ku gipimo cya 6,2 wibasiye agace ko mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’u Bushinwa, wahitanye abantu 118 bamaze kumenyekana, mu gihe abarenga 400 bakomeretse.

Uyu mutingiro wibasiye igice cy’icyaro cyo mu Ntara ya Gansu, wabaye mu gicuku cy’ijoro ryacyeye, wibasira cyane ibice biri mu birometero 60 uvuye mu murwa mukuru wa Gansu ari wo Lanzhou.

Abantu 118 bahitanywe ni uyu mutingito, barimo abo muri iyi Ntara ya Gansu ndetse na Qinghai, mu gihe abandi bagera kuri 20 bataraboneka, ku buryo bishora gutuma umubare w’abahitanywe n’uyu mutingito, ushobora kwiyongera.

Ni mu gihe kandi ibikorwa byo gutabara na byo biri kugorana, kubera ubukonje bukabije buriho bwa dogere serisiyusi -13.

Nanone kandi uyu mutingito wari ufite imbaraga nyinshi, wasenye inzu zibarirwa mu bihumbi bitanu, ubu abari bazituyemo bakaba bagiye kwikinga mu biti kandi hariho n’ubu bukonje bukabije.

Mu gihe bamwe mu bakuwe mu byabo n’uyu mutingito bagiye kwikinga mu bice byiganjemo ibyo mu misozi, ndetse n’abayobozi bakaba bakomeje kuburira abaturage ko hashobora kongera kuba undi mutingito uri ku gipimo cya 5.0 mu minsi micye iri imbere.

Uyu mutingito ni wo uhitanye abantu benshi kuva muri 2014, kuko uwaherukaga muri uwo mwaka wari wahitanye abantu 600 wabaye mu gice cyo cy’amajyepfo ashyira Uburengerazuba bw’Intara ya Yunnan.

Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping yasabye ko hakoreshwa “imbaraga zose zishoboka” mu gutabara abantu bihishe mu misozi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 5 =

Previous Post

Tshisekedi yongeye kurengera avuga kuri Perezida Kagame anashimangira umugambi mubisha amaranye igihe ku Rwanda

Next Post

Ikipe ihagarariye Afurika mu cy’Isi iherutse gusezerera ikinamo ibihangange muri ruhago nayo ntibyayihiriye

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Ikipe ihagarariye Afurika mu cy’Isi iherutse gusezerera ikinamo ibihangange muri ruhago nayo ntibyayihiriye

Ikipe ihagarariye Afurika mu cy’Isi iherutse gusezerera ikinamo ibihangange muri ruhago nayo ntibyayihiriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.