Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abadepite bagaragaje igiteye urujijo ku bimaze iminsi byumvikana by’ibirombe bigwira abantu

radiotv10by radiotv10
10/01/2024
in MU RWANDA
0
Abadepite bagaragaje igiteye urujijo ku bimaze iminsi byumvikana by’ibirombe bigwira abantu
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite bavuga ko bitumvikana uburyo hari abaturage bacukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko, ariko bikamenyekana ari uko ibirombe byabagwiriye, nyamara aho biba biri haba hari Inzego z’Ibanze zibana na bo umunsi ku wundi.

Ibi byagarutsweho n’Abadepite bagize Komisiyo ya politike, uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore mu iterambere ry’Igihugu, bashingiye kuri raporo y’Urwego rw’Umuvunyi ya 2022-2023 igaragaza urusobe rw’ibibazo biri mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri.

Kimwe muri ibyo ngo ni ibirombe bihitana ubuzima bw’abaturage; bikavugwa ko babikoraga mu buryo butazwi iyo byamenyekanye ko byabagwiriye.

Abadepite bavuga ko bitumvikana uburyo iki gikorwa gishoboka mu bice bibamo abayobozi b’inzego z’ibanze babana n’abaturage umunsi ku wundi.

Umwe mu Badepite yagize ati “Amategeko ariho ndetse n’abashinzwe kubikora barahari, ariko ugasanga ahantu runaka bacukuye umwaka ugashira, ibiri igashira noneho havuka ikibazo cy’impanuka akaba ari bwo bimenyekana ko hacukurwa.”

Yakomeje agira ati “Urebye muri iyi raporo hari ahantu hakorwa ubucukuzi butemewe ugasanga n’ababukora biyise amazina. Mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Mayange, muri Kanazi, abantu bacukura mu buryo butemewe biyise inkoko. Muri Kayonza, Rukara mu Kagali kitwa Rwimishinya; ngo biyise Imparata.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana yemera ko hakiri ibyuho mu nzira zinyurwamo n’abakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Ati “Ubucukuzi butemewe bwo burahari nk’uko nabivuze buturuka ku bibazo byinshi. Uyu munsi ahantu amabuye ari hose ntihazwi. Ahantu byatangiriye hose byatangiye bitubahirije amategeko, nyuma biza gukorwa mu buryo bwemewe, ariko hari aho byakomeje gukorwa mu buryo butemewe, hari n’aho amabuye ashiramo bakahafunga, bahava, abantu bakajya gucukura bareba ko hari ibyasigayemo. Hari n’abantu babona amabuye ahantu bigoye gukurikirana kubera ko wenda hihishe, bakabikora mu buryo butemewe.”

Kimwe mu birombe byagarutsweho cyane nyuma yo kugaragaraho iki kibazo, ni icyabonetse mu Karere ka Huye cyaguyemo abantu batandatu bakanabura burundu, nyuma bikavugwa ko cyacukurwagamo amabuye y’agaciro mu buryo butazwi, ndetse na nyiracyo akabanza kubura.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 4 =

Previous Post

Umwami wa Jordanie yashimiye Perezida Kagame urugwiro yamwakiranye nawe ahita amusubiza

Next Post

M23 yagereranyije Radio yo muri Congo nka RTLM yabayeho mu Rwanda

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yaramutse ikora ikindi gikorwa kigaragaza ko igikomeye imbere ya FARDC

M23 yagereranyije Radio yo muri Congo nka RTLM yabayeho mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.