Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Haravugwa icyazamuriye umujinya umugabo agafata icyemezo cyo kwisenyera inzu abamo

radiotv10by radiotv10
19/01/2024
in MU RWANDA
0
Haravugwa icyazamuriye umujinya umugabo agafata icyemezo cyo kwisenyera inzu abamo

Photo/Kigali Today

Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze, haravugwa umugabo watawe muri yombi akekwaho kwisenyera inzu abanamo n’umuryango we, wafashe iki cyemezo avuye mu Nteko y’abaturage, abitewe n’icyemezo yari afatiwe.

Uyu mugabo w’imyaka 27 y’amavuko, yafashwe nyuma y’uko afashe isuka agatangira gusenya inzu yabanagamo n’umugore we wa kabiri, dore ko uwa mbere batandukanye.

Umugore wa mbere ni na we watumye hafatwa icyemezo cyateye uyu mugabo kugira umujinya watumye ashaka gusenya inzu ye, dore ko yamureze avuga ko iyo nzu nubwo yayishakiyemo umugore wa kabiri, ariko ari we bayubakanye.

Amakuru ava mu baturage bo mu Kagari ka Buramira, avuga ko iby’iki kibazo babizi, kuko cyari cyanaganiriweho mu Nteko y’Abaturage yabaye ku wa Kabiri tariki 16 Mutarama 2024.

Bavuga ko ubwo Inteko y’abaturage yemezaga ko uyu mugabo agomba kuva muri iyo nzu yashakiyemo umugore wa kabiri, akayisigira uwo babanye bwa mbere kuko bayubakanye kandi akaba amufitiye umwana, uyu mugabo yatahanye umujinya w’umuranduranzuzi, ari na bwo yagendaga agatangira kuyisenya ahima uwo mugore ngo na we atazayibamo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, SP Jean Bosco Mwiseneza, yagize ati “Umugore wa mbere yaje avuga ko inzu bayubakanye adakwiye kuyizaniramo undi mugore kandi bafitanye umwana, ubuyobozi bukabwira uwo mugabo ko niba yarahisemo gushaka undi mugore, agomba kumushakira ahandi, Umugabo na we akavuga ati ‘aho kugira ngo musige muri iriya nzu nayisenya kuko ni njye wayiyubakiye’, nibwo uwo mugabo kubera n’inzoga yari yanyoye yafashe icyemezo, atangira gusenya inzu.”

SP Jean Bosco Mwiseneza avuga ko ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze bwahise bwiyambaza iz’umutekano zikaburizamo iki gikorwa, zigahita zinamuta muri yombi, akaba afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Muhoza.

Polisi kandi yaboneyeho kugira inama abaturage ko mu gihe ko igihe cyose hagize ugize icyo atumvikanaho n’uwo bashakanye akwiye kwiyambaza inzego, kuko hamaze kugaragara ababyitwaramo nabi bakagaragaza umujinya nk’uyu wagaragajwe n’uyu mugabo, aho bamwe batema imyaka, amatungo cyangwa se bo bakarwana bikaba byanatera impfu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 20 =

Previous Post

Bavuze urujijo bafite nyuma y’uko Gitifu ahamijwe kunyereza Miliyoni 5Frw bakusanyije

Next Post

Indwara y’amatungo yabaye inshoberamahanga imaze guhitana Inka 1.000 mu kwezi kumwe

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

by radiotv10
03/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rufunze abagabo batatu bafatanywe amahembe y’inzovu yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bayatwaye mu...

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

by radiotv10
03/11/2025
0

Mondays are hard. After a relaxing weekend, it’s easy to put off work, scroll on your phone, or tell yourself,...

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

by radiotv10
03/11/2025
0

Inzu isanzwe ari icumbi ry’abanyeshuri mu ishuri rya IWE (Institute Of Women For Excellence) Secondary School riherereye mu Karere ka...

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame yasabye Abanyarwanda gukomeza kwimakaza Ihame ntakukuka ry’Ubunyarwanda, abibutsa ko gahunda ya...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora
AMAHANGA

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

03/11/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

03/11/2025
Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Indwara y’amatungo yabaye inshoberamahanga imaze guhitana Inka 1.000 mu kwezi kumwe

Indwara y’amatungo yabaye inshoberamahanga imaze guhitana Inka 1.000 mu kwezi kumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.