Wednesday, May 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kohereza abimukira: Urwego rukomeye mu Bwongereza rwatoye icyemezo kinyuranye n’icyo Abadepite bari bemeje

radiotv10by radiotv10
23/01/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kohereza abimukira: Urwego rukomeye mu Bwongereza rwatoye icyemezo kinyuranye n’icyo Abadepite bari bemeje
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite mu Bwongereza batoye umushinga wo kohereza abimukira mu Rwanda, umutwe wa ‘House of Lords’ [ugereranywa n’Abasenateri] watoye ko iyi gahunda iba ihagaze hakagira ibibanza gusobanurwa.

Ni itora ryabaye kuri uyu wa Mbere, aho 214 ku 171 batoye ko aya masezerano ya Guverinoma y’u Bwongereza n’iy’u Rwanda, aba yitondewe kugeza igihe Guverinoma yabo izagaragariza ko u Rwanda ari Igihugu gitekanye gikwiye koherezwamo abasaba ubuhungiro.

Nubwo uyu mutwe ugereranywa n’Abasenateri watoye iki cyemezo, ntushobora guhagarika iyi gahunda mu buryo bwa burundu, gusa ushobora kuwutinza kugeza mu gihe cy’umwaka.

Uyu mutwe wa ‘House of Lords’ watoye icyemezo cyo kuba hahagaritswe iyi gahunda nyuma y’uko umutwe wa ‘House of Commons’ wo wari wawemeje ku wa Gatatu w’icyumweru gishize.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak we akomeje kuvuga ko iyi gahunda ntakigomba kuyihagarika ndetse ko azakora ibishoboka byose ngo abimukira ba mbere bazoherezwe mu Rwanda muri uyu mwaka.

Sunak yatangije uyu mugambi nyuma y’uko umwaka ushize, Urukiko rw’Ikirenga rw’u Bwongereza rutesheje agaciro amasezerano ya mbere, aho rwavuze ko u Rwanda atari Igihugu gitekanye cyakoherezwamo abimukira bava muri kiriya Gihugu.

Gusa u Rwanda rwamaganye iyi ngingo yari mu cyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga ko rudatekanye, ruvuga ko ibipimo bishyirwa hanze n’imiryango mpuzamahanga iteka bigaragaza ko u Rwanda ari Igihugu gitekanye kandi gifata neza impunzi n’abakigana bose.

Iki cyemezo cyakurikiwe no kuvugurura aya masezerano, ari na yo ari kuganirwaho mu Nteko y’u Bwongereza, aho Guverinoma zombi zari zasubije impungenge zose zagaragajwe n’Urukiko rw’Ikirenga.

Mu cyumweru gishize ubwo Perezida Paul Kagame yari i Davos mu Busuwisi, yabwiye BBC ko igihe abimukira batakoherezwa, u Rwanda rushobora kuzasubiza amafaranga rwahawe n’u Bwongereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

America igiye kongera kuguyaguya Afurika nyuma yo kubona ko ikomeje kuyipakurura

Next Post

Nushaka ko turwana tuzarwana-Perezida Kagame yasubije abazana ku Rwanda amategeko yabo

Related Posts

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

by radiotv10
14/05/2025
0

Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Leo XIV yakiriye i Vatican umukinnyi wa mbere ku Isi mu mukino...

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

by radiotv10
14/05/2025
0

Hategerejwe inama izahuriramo Perezida wa Ukrayine, Volodymyr Zelenskyy, na mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin bagomba guhurira i Ankara muri...

Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

by radiotv10
14/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko bukomeje umukwabu wo guhiga bukware no gufata abarwanyi ba FDLR, aba Wazalendo n’aba FARDC bakihishe...

AFC/M23 yagaragaje ko yababajwe n’urupfu rw’uwo iherutse guha inshingano

AFC/M23 yagaragaje ko yababajwe n’urupfu rw’uwo iherutse guha inshingano

by radiotv10
14/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwatangaje ko bwababajwe n’urupfu rwa Gasinzira Gishinge Juvenal wari uherutse kugirwa Guverineri Wungirije w’Intara ya Kivu y’Epfo...

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

by radiotv10
12/05/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rivuga ko igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gikomeje gukorana n’imitwe irimo uwa FDLR ugambiriye guhungabanya...

IZIHERUKA

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV
AMAHANGA

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

by radiotv10
14/05/2025
0

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

14/05/2025
Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

14/05/2025
Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

14/05/2025
Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

14/05/2025
NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

14/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nushaka ko turwana tuzarwana-Perezida Kagame yasubije abazana ku Rwanda amategeko yabo

Nushaka ko turwana tuzarwana-Perezida Kagame yasubije abazana ku Rwanda amategeko yabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.