• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyemezo ku kirego cyarezwemo u Rwanda mu Rukiko rukorera muri Tanzania

radiotv10by radiotv10
18/03/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hamenyekanye icyemezo ku kirego cyarezwemo u Rwanda mu Rukiko rukorera muri Tanzania
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba-EACJ, rwari rwaregewe ikirego cy’Umunyarwanda ushinja Guverinoma y’u Rwanda kumugurishiriza umutungo adahari, rwatesheje agaciro iki kirego.

Uru rukiko rwa EAC- EACJ (East African Court of Justice) rusanzwe rufite icyicaro i Arusha muri Tanzania, rwari rwaregewe ikirego cya Dr. Alfred Rurangwa, wavugaga ko Guverinoma y’u Rwanda yagurishije ubutaka bwe ubwo yari ari gukurikirana amasomo muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Ni ikirego yari yatanze muri 2019, aho yavugaga ko uwo mutungo we wagurishijwe na Guverinoma y’u Rwanda, uri mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, wagurishijwe uwitwa Papias Ntabareshya.

Dr. Alfred Rurangwa yavugaga ko igurishwa ry’uyu mutungo ryagendeye ku cyangombwa kigaragaza ko yapfuye, cyatanzwe n’Umunyamanga Nshingwabikorwa w’iwabo mu Murenge wa Kibangu mu Karere ka Muhanga.

Yavugaga ko icyo cyangombwa cyemejwe n’Umucamanza w’Urukiko rw’Ibanze, ari cyo cyatumye uwitwa Ntabareshya yegukana umutungo we, akavuga ko ibi bihabanye n’amasezerano y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Uru Rukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACJ) rwashyizweho muri 2001, rufite inshingano zo gusobanura amategeko, ishyirwa mu bikorwa ryayo ndeste no kubahiriza ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya EAC

Ni mu gihe Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, ubwo yasobanuraga iby’iki kirego cya Dr. Rurangwa, yavuze ko ihererekanyamutungo ry’uwo mutungo we, ryakozwe hagati y’uwawuguze n’umugore we ndetse na mushiki we.

Intumwa Nkuru ya Leta, kandi yavuze ko nta ruhare Guverinoma y’u Rwanda yagize muri iryo hererekanyamutungo, bityo ko idakwiye kubibazwa.

Byari biteganyijwe ko uru rubanza rwagombaga kuburanishwa tariki 15 Werurwe 2024 i Arusha muri Tanzania, mu gihe Dr. Rurangwa atabashije kwitaba Urukiko kandi yaramenyeshejwe mu buryo bukurikije amategeko.

Abacamanza ba EACJ, bahise bafata icyemezo cyo gushyingura iki kirego, kuri uwo munsi tariki 15 Werurwe 2024, mu gihe abanyamategeko bari bahagarariye Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, bo bari bitabye uru rukiko.

Ubwo Abacamanza ba EACJ bari baje mu cyumba cy’Urukiko
Abanyamategeko bari bahagarariye Intumwa Nkuru ya Leta

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 10 =

Previous Post

Putin nyuma yo gutsinda amatora ahise agenera ubutumwa Ibihugu by’ibihangange byahagurukiye kumurwanya

Next Post

DRCongo: Habaye impanuka y’indege itwara abagenzi hatangazwa n’igikekwa kuyitera

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
DRCongo: Habaye impanuka y’indege itwara abagenzi hatangazwa n’igikekwa kuyitera

DRCongo: Habaye impanuka y’indege itwara abagenzi hatangazwa n’igikekwa kuyitera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.