Friday, August 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

General Muhoozi, umuhungu wa Museveni yagaruwe mu buyobozi bw’Igisirikare ku mwanya ukomeye

radiotv10by radiotv10
22/03/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
General Muhoozi, umuhungu wa Museveni yagaruwe mu buyobozi bw’Igisirikare ku mwanya ukomeye
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu, nyuma y’umwaka n’igice akuwe ku mwanya w’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka.

Ni umwanya yahawe n’Umubyeyi we Perezida Museveni akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Igisirikare cya Uganda (UPDF), nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Kane tariki 21 Werurwe 2024.

General Muhoozi wahawe uyu mwanya wo kuyobora Igisirikare cya Uganda, yawusimbuyeho General Wilson Mbadi na we wahawe izindi nshingano zo kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubucuruzi muri Uganda.

Umugaba w’Ikirenga wa UPDF, Perezida Museveni, kandi yakoze izindi mpinduka mu buyobozi bukuru bw’iki Gisirikare cya Uganda, ashyiraho Umugaba Mukuru w’Ingabo Wungirije, ari we Lt Gen Sam Okiding, wasimbuye Gen Peter Elwelu na we wahawe izindi nshingano.

Uyu Gen Peter Elwelu, we yahise afata umwanya wa General Muhoozi wo kuba Umujyanama wa Perezida mu bijyanye n’igisirikare, aho uyu mwanya wari umazeho igihe General Muhoozi.

Muhoozi kandi yagize indi myanya ikomeye mu buyobozi bw’Igisirikare cya Uganda, nko kuba yarabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, umwanya yakoraga abangikanyije no kuba Umujyanama wihariye wa Perezida mu bikorwa bya gisirikare.

Izi nshingano zo kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, yazambuwe mu ntangiro z’Ukwakira 2022, nyuma yo kwandika ubutumwa ku X [yahoze ari Twitter] bwafashe nk’ubushotoranyi kuri Kenya, aho yavugaga ko yafata Nairobi mu byumweru bibiri gusa.

Icyo gihe ubwo yakurwaga kuri uyu mwanya mu kwezi k’Ukwakira 2022, ni na bwo yahise azamurwa mu mapeti, ahabwa irya General avuye ku rya Lieutenat General.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Menya iturufu u Burusiya bukoresha mu kwiyegereza Afurika itandukanye n’iy’Ibihugu by’ibihangange

Next Post

Igisubizo cyiza ku bakekaga ko izamuka ry’ibiciro by’ingendo rizagira ingaruka ku by’ibicuruzwa ku masoko

Related Posts

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

by radiotv10
08/08/2025
0

Rigathi Gachaguwa wari Visi Perezida wa Kenya, ubu akaba atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida William Ruto; yavuze ko uyu Mukuru...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

by radiotv10
08/08/2025
0

AFC/M23 coalition has strongly rejected United Nations reports accusing it of playing a role in the deaths of many civilians...

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

by radiotv10
08/08/2025
0

Umunyarwandakazi Teta Sandra ufitanye abana n’Umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel, nyuma yo gufungurwa na Polisi ya Uganda; yahise ajya gusura umugabo we...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yavuze kuri raporo ziyishinja ibyo yemeza ko ari ibinyoma inagaragaza ibibishimangira

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwamaganiye kure raporo z’Umuryango w’Abibumbye ziyishinja kugira uruhare mu mpfu z’abasivile benshi muri Teritwari ya Rutshuru, ivuga...

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

by radiotv10
07/08/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko umuhanzi w’Umunya-Uganda, Weasel ari mu Bitaro aho ari kuvurirwa imvune z’amaguru yombi bivugwa ko yagize nyuma...

IZIHERUKA

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka
MU RWANDA

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

by radiotv10
08/08/2025
0

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

08/08/2025
Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

08/08/2025
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

08/08/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

08/08/2025
Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo cyiza ku bakekaga ko izamuka ry’ibiciro by’ingendo rizagira ingaruka ku by’ibicuruzwa ku masoko

Igisubizo cyiza ku bakekaga ko izamuka ry’ibiciro by’ingendo rizagira ingaruka ku by’ibicuruzwa ku masoko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.