Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Ibikekwa ku mwana w’umuyobozi byakekwaga ko yishwe akaza kuboneka yarambukiranyije Intara ebyiri

radiotv10by radiotv10
22/04/2024
in MU RWANDA
0
Rusizi: Ibikekwa ku mwana w’umuyobozi byakekwaga ko yishwe akaza kuboneka yarambukiranyije Intara ebyiri
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Mudugudu wa Tuwonane mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi bashinjwe n’Umuyobozi w’uyu Mudugudu kwica umwana we bugacya aboneka mu Mujyi wa Kigali bikavugwa ko yari yacitse ababyeyi kubera kutitabwaho, barasaba guhanagurwaho icyasha bari bambitswe.

Uyu mwana wiga mu mwaka wa mbere w’amashuri yisumbuye, yari yabuze mu masaha y’umugoroba, aho ababyeyi be bakekago ko yiciwe mu gishanga kiri mu Kagari ka Gatsiro ndetse bagahita batangira gushakisha.

Umwe mu bashinjwaga ko bishe uyu mwana, yagize ati “Umugore yahamagaye umugabo amubwira ko umwana yabuze kandi ko ari kumva abantu bari kumukubitira mu gishanga. Bahise batangira gukomanga kuri buri rugo bavuga ko tugomba kubaha umwana wabo kuko ngo twamwishe tukamuhamba mu gishanga.”

Abashinjwaga kwica uyu mwana, bwacyeye bajyanwa kuri Polisi ari na ko bashungerewe n’abantu, bamwe bamaze no kubafata nk’abicanyi, icyakora ubwo bendaga kubazwa ni bwo amakuru yaturutse mu Mujyi wa Kigali ko umwana abonetse Nyabugogo.

Uwitwa Rwemamo Simon ati “Tukihagera Gitifu aravuga ngo mwa ngegera mwe mwishe umwana w’umuntu muke ko bitaza kumenyekana? Abaturage baradushungera bavuga ngo turareba nk’abicanyi koko.”

Mukandekezi Daphrose na we ati “Badukureho uru rubwa banaduhe n’impozamarira yo kugira ngo badushyireho urupfu rw’umuntu narangiza aboneke ari muzima.”

Umuyobozi w’umudugudu wa Tuwonane, Sindikubwabo Theophile ari na we wari wabuze umwana bigatuma akeka ko yaba yishwe n’abaturanyi, avuga ko yari yabaketse kuko basanzwe bafitanye amakimbirane.

Ati “Ku bw’ibibazo dufitanye cyangwa se by’umwihariko, nabwiye uwitwa Nduwayo ngo uwaba yarankoreye ku mwana umuzane.”

Uyu mwana bivugwa ko yavuye iwabo mu ijoro akajya i Kigali acitse ababyeyi kubera kutamuha ibikoresho bihagije by’ishuri nk’uko bivugwa na bamwe mu baturanyi b’uyu muryango.

Mukamusa Drocela ati “Ntabwo abona ibikoresho by’ishuri nk’ko bikwiye. Umwana wiga muri segonderi kuba twakumvako yigana ikayi imwe.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gihundwe Igabire Joyeux avuga ko yamenye iby’ibura n’iboneka ry’uyu mwana akanenga kuba umuyobozi ashinja abantu urupfu rw’umuntu bataboneye umurambo.

Uyu Muyobozi w’Umudugudu unengwa n’abo ayobora banavuga ko batigeze bamutora, ahubwo ko bamushyiriweho n’ubuyobozi nyuma y’uko uwo bari baritoreye yeguye bikavugwa ko yegujwe n’Umurenge.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Ibyo wamenya ku kwagura Ibitaro bikomeye mu Rwanda bigiye gukuba gatatu ubushobozi bw’ababivurirwamo

Next Post

Hahishuwe icyajyanye mu Burundi Umujenerali w’umutwe w’inyeshyamba wo muri Congo

Related Posts

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuganda is one of Rwanda’s strongest traditions. It brings people together every last Saturday of the month to clean, build,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

IZIHERUKA

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda
MU RWANDA

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

28/11/2025
The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

28/11/2025
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

27/11/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe icyajyanye mu Burundi Umujenerali w’umutwe w’inyeshyamba wo muri Congo

Hahishuwe icyajyanye mu Burundi Umujenerali w’umutwe w’inyeshyamba wo muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.